• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Dec 2016 Mu Mahanga

Ku cyumweru, tariki 11 Ukuboza 2016, muri Kigali Convention Center, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali habereye Inama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-INKOTANYI iyobowe na Nyakubahwa Paul KAGAME Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba na Chairman w’Umuryango FPR-INKOTANYI.

Twebwe abagize Biro Politiki y’Umuryango FPR-INKOTANYI tumaze kuganira kubyo Umuryango FPR-INKOTANYI wagezeho haba mu iterambere rusange ry’u Rwanda, guhangana n’Inzitizi zitudindiza mu iterambere ryihuse kandi rirambye, Icyerekezo 2050 n’imigambi y’Umuryango RPF-INKOTANYI kuva 2017 kugera 2024.

Twebwe abagize Biro Politiki y’Umuryango FPR-INKOTANYI, tumaze kungurana ibitekerezo kungingo zose zari ziteganyijwe;

1. Twishimiye ibimaze kugerwaho n’Umuryango FPR-INKOTANYI bishingiye kubufatanye, gukorera hamwe buri wese atanga umusanzu we kuko kubaka Igihugu ari inshingano zaburi Munyarwanda.

2. Twiyemeje gushyira imbaraga mu kunoza imikorere n’imikoranire mu nzego z’Umuryango by’umwihariko mu tugari no mu midugudu.

3. Twiyemeje gushyira imbaraga mu kunoza imikorere y’inzego z’ubucamanza.

4. Twiyemeje gukora byinshi kandi byiza mu nyungu z’umuturage kugirango imiberehoye irusheho kuba myiza kandi yigire yihesha agaciro.

5. Twiyemeje gukomeza gusigasira umutekano, uburenganzira n’ubumwe bw’Abanyarwanda umusingi w’iterambere Igihugu cyacu cyifuza.

6. Twiyemeje kubakira kubyo twagezeho no kubirinda dushingiye kumahame shingiro y’Umuryango FPR-INKOTANYI.

7. Twiyemeje kurwanya byimazeyo ruswa n’akarengane kandi dushyigikiyeko icyaha cya ruswa kidasaza.

8. Twiyemeje kurushaho kumenyekanisha mu Rwanda ndetse no mu mahanga ibikorerwa mu Gihugu hakoreshejwe uburyo bwose bushoboka (social media n’ibindi).

9. Twiyemeje gukoresha no gucunga neza umutungo w’Igihugu mu nyungu z’Abanyarwanda bose ubicunze nabi akabiryozwa.

10. Twiyemeje kongera imbaraga mu gufata umuturage nk’ishingiro ry’imiyoborere myiza ahabwa serivisi nziza kandi vuba.

11. Twiyemeje gukora ibishoboka byose kugirango imigambi y’Umuryango FPR-INKOTANYI 2017-2024 izagerweho.

12. Twiyemeje kandi gukora ibishoboka byose kugirango umushinga w’Icyerekezo cy’Igihugu 2050 uzagere kuntego zawo.

13. Twongeye gushimangira ko nta munyamuryango uri hejuru y’Umuryango FPR-INKOTANYI by’umwihariko n’Igihugu muri rusange.

Bikorewe i Kigali kuwa 11 Ukuboza 2016

2016-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 18 May 2018
Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Tanzania: Umuherwe Mo Dewji wari warashimuswe yabonetse

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Ubwanditsi 25 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke
Mu Mahanga

U Rwanda rwahawe umukoro ku gukurikirana abatera inda abana ntibibagaruke

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019

Ubwanditsi 20 Dec 2019
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Ubwanditsi 23 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru