• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Dec 2016 Mu Mahanga

Ku cyumweru, tariki 11 Ukuboza 2016, muri Kigali Convention Center, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali habereye Inama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-INKOTANYI iyobowe na Nyakubahwa Paul KAGAME Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba na Chairman w’Umuryango FPR-INKOTANYI.

Twebwe abagize Biro Politiki y’Umuryango FPR-INKOTANYI tumaze kuganira kubyo Umuryango FPR-INKOTANYI wagezeho haba mu iterambere rusange ry’u Rwanda, guhangana n’Inzitizi zitudindiza mu iterambere ryihuse kandi rirambye, Icyerekezo 2050 n’imigambi y’Umuryango RPF-INKOTANYI kuva 2017 kugera 2024.

Twebwe abagize Biro Politiki y’Umuryango FPR-INKOTANYI, tumaze kungurana ibitekerezo kungingo zose zari ziteganyijwe;

1. Twishimiye ibimaze kugerwaho n’Umuryango FPR-INKOTANYI bishingiye kubufatanye, gukorera hamwe buri wese atanga umusanzu we kuko kubaka Igihugu ari inshingano zaburi Munyarwanda.

2. Twiyemeje gushyira imbaraga mu kunoza imikorere n’imikoranire mu nzego z’Umuryango by’umwihariko mu tugari no mu midugudu.

3. Twiyemeje gushyira imbaraga mu kunoza imikorere y’inzego z’ubucamanza.

4. Twiyemeje gukora byinshi kandi byiza mu nyungu z’umuturage kugirango imiberehoye irusheho kuba myiza kandi yigire yihesha agaciro.

5. Twiyemeje gukomeza gusigasira umutekano, uburenganzira n’ubumwe bw’Abanyarwanda umusingi w’iterambere Igihugu cyacu cyifuza.

6. Twiyemeje kubakira kubyo twagezeho no kubirinda dushingiye kumahame shingiro y’Umuryango FPR-INKOTANYI.

7. Twiyemeje kurwanya byimazeyo ruswa n’akarengane kandi dushyigikiyeko icyaha cya ruswa kidasaza.

8. Twiyemeje kurushaho kumenyekanisha mu Rwanda ndetse no mu mahanga ibikorerwa mu Gihugu hakoreshejwe uburyo bwose bushoboka (social media n’ibindi).

9. Twiyemeje gukoresha no gucunga neza umutungo w’Igihugu mu nyungu z’Abanyarwanda bose ubicunze nabi akabiryozwa.

10. Twiyemeje kongera imbaraga mu gufata umuturage nk’ishingiro ry’imiyoborere myiza ahabwa serivisi nziza kandi vuba.

11. Twiyemeje gukora ibishoboka byose kugirango imigambi y’Umuryango FPR-INKOTANYI 2017-2024 izagerweho.

12. Twiyemeje kandi gukora ibishoboka byose kugirango umushinga w’Icyerekezo cy’Igihugu 2050 uzagere kuntego zawo.

13. Twongeye gushimangira ko nta munyamuryango uri hejuru y’Umuryango FPR-INKOTANYI by’umwihariko n’Igihugu muri rusange.

Bikorewe i Kigali kuwa 11 Ukuboza 2016

2016-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Rwamagana: Hatangijwe amahugurwa ku buryo bwo gusana no kwita ku bikoresho byandika ku ntwaro nto

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Netanyahu yageze mu Rwanda

Netanyahu yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe
Amakuru

Kongera serivisi bahabwa no gukuba kabiri imiti: Impamvu imisanzu ya Mituweli yongerewe

RUSHYASHYA 24 Feb 2026
’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage
Mu Rwanda

’Army Week 2017’ mu isura nshya mu gufasha abaturage

Ubwanditsi 04 May 2017
Padiri Karumugabo yitabye Imana nyuma y’amezi abiri abuhawe
HIRYA NO HINO

Padiri Karumugabo yitabye Imana nyuma y’amezi abiri abuhawe

Ubwanditsi 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru