• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ubwanditsi 19 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ubutabera, Me Evode Uwizeyimana, arashimangira ko Ingabire Victoire abeshya nyuma yo gutangaza ko nta mbabazi yasabye perezida wa repubulika ngo afungurwe.

Ni mu Kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Nzeri, ubwo yabazwaga ku byagendeweho mu gufungura  abagororwa basaga 2000 bafunguwe kuwa 14 Nzeri bivugwa ko ari ku mbabazi z’umukuru w’igihugu, barimo umunyapolitiki Ingabire Victoire n’umuhanzi Kizito Mihigo.

Me Evode Uwizeyimana yabanje gusobanura ko abafunguwe bose batafunguwe ku mbabazi za perezida wa Repubulika.

Yagize ati: “Ubundi hariya harimo abantu bahawe imbabazi z’umukuru w’igihugu, ni victoire Ingabire na Kizito Mihigo kuko byo bigendanye no kuba bo barabisabye, hanyuma hakaba n’abandi, bariya bandi barenga 2000 bose bakaba aria bantu bahawe ibyo bita ifungurwa ry’agateganyo,…ifungurwa ry’agateganyo ni ukuvuga ngo hariho ibyo amategeko ateganya ku bijyanye n’ifungurwa ry’agateganyo, ibyo bikagenwa n’iteka rya minisitiri ufite ubutabera mu nshingano, mu gihe bariya babiri bo bafunguwe hakoreshejwe iteka rya perezida wa repubulika kuko byo bishingiye ku bubasha perezida wa Repubulika ahabwa n’itegeko nshinga mu ngingo y’109.”

Me Evode Uwizeyimana rero akaba yahakanye ko abafunguwe bose bafunguwe ku mbabazi za perezida wa repubulika usibye Victoire Ingabire na Kizito Mihigo.

Nubwo Me Evode aravuga ibi mu gihe abarwanashyaka ba Ingabire Victoire muri FDU Inkingi batangaje ko atigeze asaba imbabazi perezida wa repubulika kugirango afungurwe kuko nta cyaha yakoze yari kuba yicuza ahubwo ko yasabye kurekurwa kandi ashimira perezida wa repubulika ko yafunguwe.

Me Evode Uwizeyimana yabajijwe kugira icyo avuga ku byatangajwe na Ingabire Victoire, asubiza umunyamakuru agira ati: “Eh..ibi ndabikubwira nk’umuntu uri muri guverinoma. Ndabikubwira nk’umuntu uzi izi dosiye zose mvugaho. Abo bantu inzandiko zabo nzi ikirimo uwo nguwo rero uvuga ibyo ngibyo… wazajya kumureba akaba ari we ubibaza ugakomeza ukaganira nawe kandi nta nubwo ndi hano muri contre attaque cyangwa ko ngomba kuza kwisobanura ngo kanaka yavuze ibi wowe urabivugaho iki, ndakubwira icyemezo nyakubahwa perezida wa repubulika yafashe, ndagusobanurira icyemezo cya cabinet, nkakubwira uko byagenze, nkakubwira ibyari byubahirijwe, nkakubwira ibyo amategeko ateganya, ahangaha ntabwo ndi muri speculation…n’uwo ubivuga nawe azi ko abeshya. Ariko ntabwo uyu munsi ndi kuvuga ngo ndi buzane urwandiko rwe ntabwo ari cyo ngambiriye.”

Me Evode Uwizeyimana yashimangiye ko ibyo yabwiye umunyamakuru ari ko kuri kuko azi neza kimwe ku kindi mu bigize iyi dosiye kuva yatangira kugeza aho icyemezo cyafatiwe.

Abajijwe icyo bateganya kuri iyo myitwarire, yasubije ko amategeko ahari badafite amategeko ahana kubeshya mu Rwanda, ahubwo abaza icyaba cyaragendeweho kugirango afungurwe niba atarasabye imbabazi.

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 04 Apr 2024
Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Hoteli ya Jean Minani uherutse gutorerwa kuyobora CNARED, Ishyirahamwe ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yasenywe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

“Ujye wibuka guha agaciro urukundo uhabwa n’Igihugu” – Jeannette Kagame

Ubwanditsi 31 Oct 2022
Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Icyo abanyafrika bazibukira kuri Perezida Kagame wari umaze umwaka ayobora AU

Ubwanditsi 08 Feb 2019

4 Ibitekerezo

  1. IBANDI EVODE
    September 19, 201811:00 am -

    Evode ati u RWANDA ni mafia, ruyobowe n’agatsiko k’amabandi…..nibyo koko. Uriya mudamu nta mabazi yatse. None wumva EVODE yavuga ibindi se?avuge ukuli bamumene agatwe?

    Subiza
  2. Mme INGABIRE VICTOIRE(RWANDA)
    September 20, 201811:41 am -

    Arega nta mushinyiko. Ikindi nta mbabazi natse nkuko nabibabwiye. Niyo napfa, ejo hazaza abandi bakomereze aho nari ngejeje. Ntawe unkanga.MANDELA wa SOUTH AFRICA yahanganye n’abaungu! abazungu bashatse kumufungura nuko bamusaba ko yaka imbabazi .,akajya hanze agafunga umunywa. Nuko MANDELA arabyanga. Aravuga ngo ” A LUTA CONTINUA” bivuze ngo ” Urugamba rurakomeje” Bityo aguma mu buroko imyaka 27 kugeza afunguwe mu 1992nta mbabazi yatse. Nanjye INGABIRE niko bigomba kugenda, NTA MBABAZI NATSE zo kujya hanze ngo nceceke, mpinduke ikiragi. Oya!!, Kagame nashaka azamfunge kuko hazavuka ba INGABIRE besnhi. A LUTA CONTINUA.

    Subiza
  3. RUGENDO
    September 21, 20182:08 am -

    EVODE UWIZEYIMANA we yifitiye ikibazo!!umuntu atajya mukaruhuko gusura umuryangowe muri
    Canada!!!atagira impapuro zinzira !!
    EVODE nawe mumwandika kumuntu ukomeye mumutwe!! uko yirirwa atuka nyakubahwa president
    nabandi bayobozi ubu koko arabyibagiye !!!ese Evode ujya usubira inyuma ukumva amabi watuka
    abayobozi bacu!!NGO IBYARA IKIBI IKAKIRIGATA !!NYAKUBAHWA PRESIDENT NDAGUSHIMIRA
    NTAKO UTAGIRA narinziko Evode Atari gusubura mubantu ngo yicarane nabantu!!

    Subiza
  4. K
    September 21, 20183:20 am -

    Ahubwo nimwe murwaye niba mutarabona copie. Muri babaNdi evode yavugagA

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama
Amakuru

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe
INKURU NYAMUKURU

Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi
ITOHOZA

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Ubwanditsi 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru