• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ubwanditsi 19 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ubutabera, Me Evode Uwizeyimana, arashimangira ko Ingabire Victoire abeshya nyuma yo gutangaza ko nta mbabazi yasabye perezida wa repubulika ngo afungurwe.

Ni mu Kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Nzeri, ubwo yabazwaga ku byagendeweho mu gufungura  abagororwa basaga 2000 bafunguwe kuwa 14 Nzeri bivugwa ko ari ku mbabazi z’umukuru w’igihugu, barimo umunyapolitiki Ingabire Victoire n’umuhanzi Kizito Mihigo.

Me Evode Uwizeyimana yabanje gusobanura ko abafunguwe bose batafunguwe ku mbabazi za perezida wa Repubulika.

Yagize ati: “Ubundi hariya harimo abantu bahawe imbabazi z’umukuru w’igihugu, ni victoire Ingabire na Kizito Mihigo kuko byo bigendanye no kuba bo barabisabye, hanyuma hakaba n’abandi, bariya bandi barenga 2000 bose bakaba aria bantu bahawe ibyo bita ifungurwa ry’agateganyo,…ifungurwa ry’agateganyo ni ukuvuga ngo hariho ibyo amategeko ateganya ku bijyanye n’ifungurwa ry’agateganyo, ibyo bikagenwa n’iteka rya minisitiri ufite ubutabera mu nshingano, mu gihe bariya babiri bo bafunguwe hakoreshejwe iteka rya perezida wa repubulika kuko byo bishingiye ku bubasha perezida wa Repubulika ahabwa n’itegeko nshinga mu ngingo y’109.”

Me Evode Uwizeyimana rero akaba yahakanye ko abafunguwe bose bafunguwe ku mbabazi za perezida wa repubulika usibye Victoire Ingabire na Kizito Mihigo.

Nubwo Me Evode aravuga ibi mu gihe abarwanashyaka ba Ingabire Victoire muri FDU Inkingi batangaje ko atigeze asaba imbabazi perezida wa repubulika kugirango afungurwe kuko nta cyaha yakoze yari kuba yicuza ahubwo ko yasabye kurekurwa kandi ashimira perezida wa repubulika ko yafunguwe.

Me Evode Uwizeyimana yabajijwe kugira icyo avuga ku byatangajwe na Ingabire Victoire, asubiza umunyamakuru agira ati: “Eh..ibi ndabikubwira nk’umuntu uri muri guverinoma. Ndabikubwira nk’umuntu uzi izi dosiye zose mvugaho. Abo bantu inzandiko zabo nzi ikirimo uwo nguwo rero uvuga ibyo ngibyo… wazajya kumureba akaba ari we ubibaza ugakomeza ukaganira nawe kandi nta nubwo ndi hano muri contre attaque cyangwa ko ngomba kuza kwisobanura ngo kanaka yavuze ibi wowe urabivugaho iki, ndakubwira icyemezo nyakubahwa perezida wa repubulika yafashe, ndagusobanurira icyemezo cya cabinet, nkakubwira uko byagenze, nkakubwira ibyari byubahirijwe, nkakubwira ibyo amategeko ateganya, ahangaha ntabwo ndi muri speculation…n’uwo ubivuga nawe azi ko abeshya. Ariko ntabwo uyu munsi ndi kuvuga ngo ndi buzane urwandiko rwe ntabwo ari cyo ngambiriye.”

Me Evode Uwizeyimana yashimangiye ko ibyo yabwiye umunyamakuru ari ko kuri kuko azi neza kimwe ku kindi mu bigize iyi dosiye kuva yatangira kugeza aho icyemezo cyafatiwe.

Abajijwe icyo bateganya kuri iyo myitwarire, yasubije ko amategeko ahari badafite amategeko ahana kubeshya mu Rwanda, ahubwo abaza icyaba cyaragendeweho kugirango afungurwe niba atarasabye imbabazi.

2018-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda

Aba Pasiteri b’ADEPR bongeye gushimutirwa Uganda

Ubwanditsi 11 Feb 2020
Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025
Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Ubwanditsi 21 Nov 2018

4 Ibitekerezo

  1. IBANDI EVODE
    September 19, 201811:00 am -

    Evode ati u RWANDA ni mafia, ruyobowe n’agatsiko k’amabandi…..nibyo koko. Uriya mudamu nta mabazi yatse. None wumva EVODE yavuga ibindi se?avuge ukuli bamumene agatwe?

    Subiza
  2. Mme INGABIRE VICTOIRE(RWANDA)
    September 20, 201811:41 am -

    Arega nta mushinyiko. Ikindi nta mbabazi natse nkuko nabibabwiye. Niyo napfa, ejo hazaza abandi bakomereze aho nari ngejeje. Ntawe unkanga.MANDELA wa SOUTH AFRICA yahanganye n’abaungu! abazungu bashatse kumufungura nuko bamusaba ko yaka imbabazi .,akajya hanze agafunga umunywa. Nuko MANDELA arabyanga. Aravuga ngo ” A LUTA CONTINUA” bivuze ngo ” Urugamba rurakomeje” Bityo aguma mu buroko imyaka 27 kugeza afunguwe mu 1992nta mbabazi yatse. Nanjye INGABIRE niko bigomba kugenda, NTA MBABAZI NATSE zo kujya hanze ngo nceceke, mpinduke ikiragi. Oya!!, Kagame nashaka azamfunge kuko hazavuka ba INGABIRE besnhi. A LUTA CONTINUA.

    Subiza
  3. RUGENDO
    September 21, 20182:08 am -

    EVODE UWIZEYIMANA we yifitiye ikibazo!!umuntu atajya mukaruhuko gusura umuryangowe muri
    Canada!!!atagira impapuro zinzira !!
    EVODE nawe mumwandika kumuntu ukomeye mumutwe!! uko yirirwa atuka nyakubahwa president
    nabandi bayobozi ubu koko arabyibagiye !!!ese Evode ujya usubira inyuma ukumva amabi watuka
    abayobozi bacu!!NGO IBYARA IKIBI IKAKIRIGATA !!NYAKUBAHWA PRESIDENT NDAGUSHIMIRA
    NTAKO UTAGIRA narinziko Evode Atari gusubura mubantu ngo yicarane nabantu!!

    Subiza
  4. K
    September 21, 20183:20 am -

    Ahubwo nimwe murwaye niba mutarabona copie. Muri babaNdi evode yavugagA

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bugereranwa n’iseta ibagirwaho abantu, HRW irabusabira ibihano bikakaye

Ubwanditsi 18 Mar 2018
Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa
Mu Mahanga

Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?
Amakuru

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ubwanditsi 09 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru