• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gereza zarekuye abagororwa 870, barimo abahawe imbabazi na Perezida

Gereza zarekuye abagororwa 870, barimo abahawe imbabazi na Perezida

Ubwanditsi 15 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane ubuyobozi bwa za Gereza mu Rwanda bwarekuye by’agateganyo abagororwa 808 bemerewe kurekurwa by’agateganyo n’Iteka rya Minisitiri “No009/MOJ/AG/2016” ryo kuri uyu wa 14 Ukuboza 2016, n’abandi 62 baherutse guhabwa imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Abarekuwe bari bafungiye muri Gereza ya Kimironko babanje guhabwa inyigisho z’uko bagomba kubana neza n’abo bagiye gusanga hanze.
Abarekuwe bari bafungiye muri Gereza ya Kimironko babanje guhabwa inyigisho z’uko bagomba kubana neza n’abo bagiye gusanga hanze.

Abahawe imbabazi za Perezida barekuwe uko ari 62, barimo abana bakoze ibyaha bari munsi y’imyaka 16 bagera kuri 37, n’abagore bakoze ibyaha byo gukuramo inda 25; Bari bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare, Gereza y’abagore ya Ngoma, iya Nyamagabe, Muhanga, na gereza ya Nyarugenge.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, CIP Sengabo Hillary yabwiye Umuseke ko abarekuwe by’agateganyo 808 bari bafungiye muri gereza zose uko ari 14 mu gihugu.

Ati “Abarekuwe ni abakoze ibyaha bisanzwe ukuyemo Jenoside, n’ibya ruswa ntabirimo, kugambanira igihugu ntabirimo, n’ibindi byaha bimwe na bimwe.”

CIP Sengabo avuga ko aba bagororwa barekuwe by’agateganyo bari barangije bibiri bya gatatu (2/3) by’igihano cyabo, baritwaye neza kandi baranditse babisaba kandi basaba n’imbabzi.

Avuga ko iyo barekuwe nka gutya, basabwa kubana neza n’abo basanze kandi bakirinda gusubira icyaha cyangwa kongera gukora ibyaha byatuma bafungwa.

Iteka rya Minisitiri “No009/MOJ/AG/2016” ryo kuri uyu wa 14 Ukuboza 2016 riragaragaraho imyirondoro y’abarekuwe by’agateganyo na gereza bari bafungiyemo.

Muri gereza ya Nyarugenge harekuwe 62, muri gereza ya Gasabo 37, muri gereza ya Bugesera 4, muri gereza ya Rwamagana 32, muri gereza ya Gicumbi 58, muri gereza ya Musanze 64, muri gereza ya Ngoma 35, muri gereza ya Rubavu 46, muri gereza ya Muhanga 46, muri gereza ya Nyanza 26, muri gereza ya Huye 186, muri gereza ya Nyamagabe 33, naho muri gereza ya Rusizi harekurwa 46.

-5053.jpg

Iri teka rya minisitiri kandi ryemereye kurekurwa by’agateganyo abana (mineurs) bagororerwaga mu kigo ngororamuco cya Nyagatare bagera ku 133.

Source : UMUSEKE

2016-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca

Ubwanditsi 26 May 2025
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Kenya: Umunyarwandakazi yakatiwe igifungo cya burundu ahamijwe ubwicanyi

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump
ITOHOZA

Hahishuwe akayabo kagenda buri munsi ku burinzi bw’umuryango wa Perezida Trump

Ubwanditsi 22 Mar 2017
‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame  [ Igice cya 2 ]
POLITIKI

‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame [ Igice cya 2 ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru