• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi ku karubanda , irenga miliyali 1$

Imitungo ya Perezida Robert Mugabe benshi batari bazi ku karubanda , irenga miliyali 1$

Ubwanditsi 22 Nov 2017 Mu Mahanga

Perezida Robert Mugabe wakomeje kuvugwaho kwigwizaho imitungo y’igihugu we n’umuryango we nyamara igihugu kiri mu bibazo bikomeye by’ubukungu, kuri ubu hari amakuru avuga ko yaba afite imitungo ibarirwa muri miliyari y’amadolari isaga.

Guhera mu cyumweru gishize nibwo bamwe mu basirikare bakuru ba Zimbabwe bafashe icyemezo cyo gushyira Mugabe ku ruhande ndetse kuri ubu ibiganiro byo gutuma yareka ubutegetsi ku neza bikaba birimbanyije.

Nk’uko bitangazwa na CNN, igisirikare cya Zimbabwe kijeje Mugabe w’imyaka 93 umaze ku butegetsi imyaka 37, ubudahangarwa bwuzuye we n’umugore we, Grace Mugabe, ndetse bakanagumana imitungo yabo myinshi.

Ubu budahangarwa bukaba ari ikintu cy’ingenzi kuri Mugabe kuko ashinjwa ibyaha byinshi birimo kwigwizaho umutungo w’igihugu. Uyu mukambwe, umuryango we n’abantu bamwegereye bavuzweho gukora mu isanduku ya leta uko bashatse no gusahura ubukungu buva mu mutungo kamere w’igihugu.

Ubukungu bwa Robert Mugabe n’imitungo

Mu 2011, Wikileaks rwahishuye inyandiko yandikiwe muri ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika I Harare yavugaga ko imitungo yose ya perezida Mugabe itazwi ariko bivugwa ko yaba isaga miliyari y’amadolari uyihaye agaciro kandi ngo imyinshi ikaba yarashowe hanze ya Zimbabwe.

imwe mu nyubako zihenze za perezida Mugabe

Bivugwa ko afite imitungo ihishe kuri konti z’ibanga mu mabanki yo mu Busuwisi, mu birwa, muri Bahamas no muri Ecosse. Umuryango wa Mugabe ngo ukaba unafite inzu muri Hong Kong ifite agaciro ka miliyoni 5$.

Bivugwa ko iyi nzu yaguzwe amezi makeya mbere y’uko umukobwa wa perezida Mugabe witwa Bona Mugabe, atangira amasomo ye muri Kaminuza ya Hong Kong nk’uko byemejwe n’ikinyamakuru, South China Morning Post mu 2015.

Ikinyamakuru The Guardian nacyo kikaba cyaravuze ko hari imidugudu iri ku izina rya Mugabe muri Malaysia, Singapore ndetse ngo no muri Dubai.

Muri Zimbabwe, Wilileaks ivuga ko umuryango wa Mugabe uvugwaho kugira inzu zo kubamo 6 harimo n’indi y’akataraboneka ikiri kubakwa, hakiyongeraho n’ibikingi by’inka nyinshi hirya no hino mu gihugu.

Inyubako yiswe Blue Roof ya perezida Mugabe

Imwe mu nzu za Mugabe  muri Zimbabwe izwi nka The Blue Roof, ikinyamakuru cyo muri Zimbabwe, The Citizen, kivuga ko ifite agaciro ka miliyoni zisaga 9 z’Amadolari, ikaba ifite ibyumba byo kuraramo 25, piscine nini, ibiyaga bibiri karemano, icyumba cyo kuriramo kinini gishobora kwakira abashyitsi 30, icyumba kinini kirimo uburiri nk’ubw’umwami ndetse na radar iriho ifite agaciro ka miliyoni nyinshi z’amadolari.

Imwe mu mitungo ya perezida Mugabe

Iki kinyamakuru Citizen cyanashyize ahagaragara indi mitungo ya perezida Mugabe irimo imodoka ya Mercedes idashobora gukangwa n’amasasu ya AK-47, za mine zo mu bukaka ndetse na za grenades. Ifite kandi internet imbere ndetse n’utwuma tubuza ko hari umuntu washyiramo utundi two kumviriza ibivugirwa muri iyi modoka.

Mugabe anafite imodoka yo mu bwoko bwa Rolls Royce Phantom yihariye kuko ari imodoka 18 z’ubu bwoko zakozwe gusa.

Rolls Royce ya perezida Mugabe

Mugabe afite n’impeta y’agaciro ka miliyoni 1,35 y’Amadolari ngo yaguriwe n’umugore we ubwo yizihizaga isabukuru y’amavuko.

Ubwo perezida Mugabe yizihizaga imyaka 91 yari amaze ku Isi, abitabiriye umunsi mukuru we bagaburiwe inyama zihenze utapfa kubona z’Inzovu, Imbogo, Isha, Impala ndetse n’inyama z’Intare.

Aho Umuryango wa Mugabe ukura amafaranga

Inkomoko y’amafaranga umuryango wa perezida Robert Mugabe ntiyemezwa neza, ariko ikinyamakuru The Economist mu myaka ya za 2000, cyatangaje ko ubutegetsi bwa perezida Mugabe bwigaruriye amafamu hafi ya yose y’abazungu bo muri iki gihugu, perezida akizeza guha ubutaka abaturage ba Zimbabwe batari bafite aho guhinga, ariko ngo aho kubikora ubutaka bwinshi yabuhaye inshuti ze nazo zikize.

Nyuma y’intambara hagati y’abaturage muri Congo yamaze imyaka igera muri 5, ngo perezida Mugabe yakomeje kugirana umubano na bamwe mu bantu bakomeye bari bfite aho bahuriye n’inyungu z’ubucuruzi za Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo nk’uko byemezwa na The Economist.

Aba bantu rero bavugwaho kuba baragize uruhare rukomeye mu guha bumwe mu butunzi bwa Congo perezida Mugabe nk’uko byagaragaye mu nyandiko zavuye mu ba dipolomate zahishuwe na Wikileaks.

Havugwa kandi ikigo cyitwa Zimbabwe Consolidated Diamond Co., ikigo giherutse gushingwa mu myaka mikeya ishize na perezida Mugabe abakurikiranira hafi ibintu nka Global Witness bashinjije kuba gifitanye isano n’ubukungu bukomoka mu bucuruzi bwa diamants bwagiye buburirwa irengero. Bikaba bivugwa ko miliyari 2 z’amadolari z’aya mabuye ya diamants zaburiwe irengero mu gihe Mugabe yabaga arimo kwiyubakira imiturirwa ari nako agura imodoka zihenze.

Mu gusubiza ibibazo byavutse kuri aya mabuye ya diamants, perezida Mugabe we yatangaje ko mu by’ukuri nta mafaranga menshi bigeze bakura muri diamants kandi ko atakwizera ikigo cyigenga ngo abe ari cyo gicunga ubwo butunzi.

Umuryango wa Mugabe wakunze guhakana raporo zivuga ku butunzi bwawo

Mu 2014, umugore wa perezida Mugabe, Grace Mugabe, yabwiye ikinyamakuru The Guardian ko umugabo we ari we mukuru w’igihugu ukennye cyane ku isi, mbere yo kongeraho ariko ko nta muntu yigeze abona asaba amafaranga.

Uyu muryango unavugwaho kuba utemera ko ibyo utunze bifotorwa

Bivugwa ko ubwo umukobwa wa perezida Mugabe, Bona Mugabe yarongorwaga, abanyamakuru babujijwe kwerekana imiterere y’urugo rwabo I Harare bakabuzwa gufata amafoto.

Nubwo bimeze gutyo, abana ba perezida Mugabe bo ntibahishira ubutunzi bw’umuryango wabo, nk’aho umwe mu bahungu be aherutse kugaragara kuri snapchat ari gusuka champagne yambaye isaha y’agaciro.

Muri uyu mwaka wa 2017 utangira, urubuga rwo muri Australia, news.com.au, rwavuze ko umuhungu w’umuhererezi wa Mugabe witwa Bellarmine Chatunga Mugabe, yashyize kuri instagram ifoto y’isaha ye ayikurikiza amagambo agira ati: “60,000$ ku kaboko iyo so ayoboye igihugu cyose murabizi!!!”

Iyi foto ngo yarasibwe ariko ushobora kubona imibereho y’abana ba Mugabe unarebeye ku zindi posts yasizeho bikaguha n’ishusho y’ubutunzi uyu muryango ufite.

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Kigali : Perezida Kagame anyuze kuri Murekezi yashimiye abasora neza anenga abakwepa imisoro

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 25 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?
POLITIKI

Cyril Ramaphosa uhabwa amahirwe menshi yo kuyobora Afurika y’Epfo ni muntu ki?

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus  Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere
ITOHOZA

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Ubwanditsi 10 May 2017
Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika
POLITIKI

Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 06 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru