• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Ubwanditsi 10 May 2017 ITOHOZA

Musangamfura Sixbert, ukomoka muri Nyamabage yahoze yitwa Gikongoro aravugwaho ibikorwa byo gushaka guhungabanya umutekano mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Musangamfura yabaye umunyamakuru mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma aza no gushinga ikinyamakuru Isibo.

Musangamfura yabanje gukora muri secretariat ya MRND ariko iza kumwirukana, ahita aba umurakare, amashyaka atangiye aba abaye umurwanashyaka w’imena wa MDR, ashinga n’ikinyamakuru Isibo cyaterwaga inkunga n’ishyaka rya MDR, cyane cyane umunyemari Karamira Froduard.

Igihe MDR icikamo ibice, Musangamfura yabanje kujya mu gice cya Karamira na Nsengiyaremye, ariko Twagiramungu aza kumwumvisha ko ataroye kure, ko igice cye nicyo gifite amahirwe yo kuzinjira muri Guverinoma maze Musangamfura aragaruka. Nuko yaje gukomezanya na Twagiramungu bagera no muri Leta y’ubumwe, aho yaje kugirwa umuyobozi mw’iperereza.

Kubera guhora agendera ku matwara atari aye, Twagiramungu yapfuye kuva muri Leta agiye undi amujya inyum aramukurikira.

Kuri ubu Musangamfura aba muri Finland akaba yari umuyoboke ukomeye wa FDU-Inkingi nyuma yaje gucikamo ibice, maze we na Nkiko hamwe na Mberabahizi bashinga iryitwa Inkubiri ubu ryiyunze na New-RNC ya Rudasingwa Theogene.

-6486.jpg

Musangamfura Sixbert

Musangamfura yahinduye amazina ye yiyita Semus Ntawuhiganayo ; Semus ikaba impine ya Sixbert Eric Musangamfura naho Ntawuhiganayo rikaba izina rya se umubyara.

Amakuru dufite atubwira ko amaze iminsi agenda mu bihugu byo mu karere akoresheje amazina Semus Ntawuhiganayo, aje mubutumwa bwa Rudasingwa, bwo guhungabanya umutekano w’akarere ndetse n’u Rwanda.

Musangamfura aherutse kwiyamamariza ubuyobozi ku rwego rwa Komini muri Finland aho atuye akoresheje aya mazina y’amahimbano Semus Ntawuhiganayo ariko ntiyatsinda kuko ataje no muri batanu ba mbere.

-6487.jpg

Sixbert Eric Musangamfura

Uyu mugabo watandukanye n’umugore we kubera ubuhehesi dore ko yabyaye umwana kuwundi mugore ajya asura muri kimwe mu bihugu byo mu karere.
Tuzakomeza kubakurikiranira iby’uyu mugabo wahinduye amazina azi ko atazamenyekana !

Cyiza Davidson

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi

Uganda: Haravugwa iyicwarubozo rya bamwe mu bayobozi nyuma y’urupfu rwa AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 Nov 2016
Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Interahamwe n’ibigarasha biba muri Mozambike byahiye ubwoba byumvise ko u Rwanda rugiye koherezayo Ingabo n’abapolisi.

Ubwanditsi 09 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada
SHOWBIZ

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada

Ubwanditsi 10 Jan 2018
CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike  ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa  byazamuwe
IMIKINO

CHAN 2016 : Ibiciro by’Amatike ku mukino w’uRwanda na congo Kinshasa byazamuwe

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar
Mu Mahanga

Perezida Museveni ni we ugiye kunga Salva Kiir na Mashar

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru