• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Abafaransa boherejwe mu Rwanda ngo bahangane n’Inkotanyi nubwo batari babishoboye – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 29 Jun 2016 ITOHOZA

Umunyamateka akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ndahiro Tom, avuga ko ubwo Abafaransa boherezwaga mu Rwanda bari bahawe itegeko ryo guhiga ibirindiro by’Inkotanyi bagahangana nazo mu rwego rwo gufasha Leta y’abatabazi

Avuga ko ubwo abafaransa bageraga mu Rwanda bari barahawe umukoro wo gukorana n’ubuyobozi basanze mu gihe umuryango mpuzamahanga wari wabahaye inshingano zo gutabara.

Ati “bageze mu Rwanda mu matariki 19-20 Kamena 1994 ONU itarabyemeza ariko binjiye mu Rwanda ku buryo buzwi tariki ya 24 Kamena, abari bari Kabgayi no mu Ruhango muziko Inkotanyi zatangiye kwimura abantu zibajyana mu Bugesera kuko indege z’abafaransa zari zatangiye kujagajaga zone y’Inkotanyi cyokora ntibabone ibirindiro byazo ”.

Abafaransa ngo baza bari barahawe icyo yise mu rurimi rw’igifaransa ‘ordre d’operation’ ngo bakaba bari babwiwe ko bagenda bagakorana n’ubuyobozi basanzeho burimo abasirikari n’abasiviri

“uvuze ngo ugiye gutabara abantu ariko ukabwira abantu ngo mugende mukorane na Leta ikora Jenoside! Umuntu ashobora kwibaza ngo wenda ntibishoboka, hato mu myaka ya kera umuntu azavuga ko ari ibisazi ariko niko bababwiye, mugende muzasanga abasirikare ba Leta, n’abayobozi ba gisiviri babakire mukorane nabo!”

Akomeza avuga ko tariki ya 21-6 umuntu witwa Koushner yari yavuganye na Bruno Delaye aho yamubwiye ko bagiye bakwiye kugenda bagatabara abatutsi, ndetse akababuza gushotora Inkotanyi ahubwo ko bazakorana nazo kugira ngo bakureho amateka ya kera, ariko ngo babirenzeho.

Ndahiro akomeza avuga ko tariki ya 22 Gicurasi 1994 ubwo hari hashize umunsi umwe Inkotanyi zifashe Kanombe, Sindikubwabo yandikiye Mitterand amubwira ko amushimira ko Ubufaransa bwabashyigikiye mu buryo bwose, ibi ngo bikaba bigaragaza ko ibyo bakoze bitaje bitunguranye.

Akomeza avuga ko nyuma yo kumva ko Kanombe yafashwe hatangiye kuba inama zahuje Abanyarwanda n’imiryango (ONG) mu Bufaransa, aho babazaga icyo bakora ngo barokore abanyarwanda kandi ngo abanyarwanda bavugwaga aha abatutsi ntago bari mo kuko umunyarwanda ku bakoze Jenoside byavugaga abahutu gusa.

Kugira ngo gahunda yo gukwiza ingengabitekerezo igerweho neza ngo abafaransa baricaye bashyiraho komite y’abantu banyuranye yo kwiga uburyo bava mu kibazo.

-3094.jpg

Abafaransa

Ati “barimo bavuga bati dufite ikibazo, ishusho yacu yarahindanye turitwa abicanyi, tubigenze gute? Bakora inyandiko yavuye mu nama yabo yamaze hafi iminsi 15 bavanamo ko bagomba gukoresha abantu bamwe bakazafasha gutunganya ishusho yabo”

Aha ngo bemeje ko aho abanyamakuru babo bose bari bazakoreshwa ndetse bakanafashwa kujya mu mahanga bakabonayo akazi ariko bakora akazi ko ku kubarwanirira intambara y’ibyo nabo bemera.

Ndahiro akomeza avuga ko hari “Umunyamakuru w’Interahamwe mu bitekerezo no mu mikorere”, akaba ari umunya Canada witwa Jude River, ngo yanditse bikaza gushyigikirwa n’umuryango Human Rights, avuga ko Inkotanyi n’abatutsi ari bo nyirabayazana wa Jenoside.

Ati “Uwo munyamakuru yanditse avuga ko abakoze Jenoside bari mu kuri, kuko ngo bari bafite ubwoba bw’abashyigikiye Inkotanyi n’ibyitso byazo.”

Ndahiro avuga ko abafaransa bagerageza kwirengagiza ukuri kandi ngo mu bikorwa byose bya Leta yateguye ikanakora jenoside barabaga bafite ubufasha batanga kuko mu mwaka wa 1993 hari uwoherejwe mu Rwanda azanwe no kunga abahutu bose batumvaga igisobanuro cy’umwanzi wabo.

Tom Ndahiro yatanze ingero nyinshi ku ibibwa ry’ingengabitekerezo, avuga ko icyivugo cy’ishyaka CDR ‘Turi maso’, gihwanye n’izina ‘Imbonerakure’ ry’urubyiruko rwa CNDD-FDD ibi akaba yabyemeje abishingiye ku mateka y’itegurwa rya Jenoside yakorewe abatutsi hagati y’Abanyarwanda n’Abarundi.

Mu mu mategeko 10 y’abahutu yashyizweho mu Kuboza k’umwaka wa 1990, irya 10 ngo ryasabaga abahutu bo mu Rwanda n’abo mu mahanga gushyira hamwe no kurwanya Abatutsi, nabwo batari abo mu Rwanda gusa ahubwo ari abo mu karere ruherereyemo.

Nyuma y’imyaka ibiri ayo mategeko agiyeho, ngo ubuyobozi bw’ingabo za EX-FAR bwashyizeho igisobanuro cy’umwanzi bagomba kurwanya uwo ari we, buvuga ko ari umututsi wo mu gihugu imbere, impunzi z’abatutsi ndetse n’abatutsi bose bo mu karere u Rwanda ruherereyemo, bitwa amazina atandukanye ya Hima, Kalenjin, Masai n’abandi dore ko ikinyamakuru Kangura aya mategeko yanditswe mo cyagurishwaga mu bihugu byo mu Karere birimo Kongo n’Uburundi.

-3093.jpg

Umushakashatsi Tom Ndahiro

2016-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Ubwanditsi 09 Sep 2021
Uko CMI Yafashije Ntamuhanga Cassien Kujyera Afrika Y’epfo

Uko CMI Yafashije Ntamuhanga Cassien Kujyera Afrika Y’epfo

Ubwanditsi 05 Mar 2018
“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

“U Rwanda ni igihugu cy’Agaciro gikwiye kuyoborwa n’umugabo, inzererezi zizagume kuri Internet” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 05 Jul 2021
Inyota y’Ubutegetsi itumye abari INKOTANYI  bahinduka  POWER

Inyota y’Ubutegetsi itumye abari INKOTANYI bahinduka POWER

Ubwanditsi 17 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo
Amakuru

Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Ubwanditsi 20 Jul 2022
Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

Amafoto – APR FC isezereye Kiyovu SC isanga Rayon Sports ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 14 May 2023
Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako
Amakuru

Akaga k’abasirikari b’u Burundi bari muri Kongo, nk’uko kavugwa na ba nyirako

Ubwanditsi 23 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru