• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Amakuru ava Uganda agera ku kinyamakuru Rushyashya, aravuga ko abagize komite y’Ururembo PCIU/ADEPR (Pentecote Church International Uganda) bandikiye ubuyobozi bukuru bwa ADEPR mu Rwanda ko bwafashe icyemezo cyo gukora bigenga. Bavuga ko byakuruwe n’ibibazo byari bihari ubuyobozi bw’iri torero mu Rwanda bwagiye bwirengagiza nkana. Abandi bakavuga ko byakuruwe n’igitutu cya RNC ya Kayumba Nyamwasa na CMI k’ubufatanye na Brig. Abel Kandiho uyobora ururwego rw’iperereza rya Gisilikare muri Uganda.

Ni ibaruwa yo ku wa 13 Gicurasi 2019, ivuga ko bafashe icyemezo cyo kwigenga nyuma y’umwiherero wabaye ku wa 26 Mata 2019, wahuje abayobozi b’amatorero y’uturere, ngo ubuyobozi bukuru bwa ADEPR/Rwanda bwerekwa ibibazo bibugarije birimo n’iby’umutekano muke muri Uganda ariko ntibagira icyo babikoraho nkuko irenga.com kibivuga.

Bagize bati “Twebwe nk’abashumba b’uturere byabaye ngombwa ko duhura tugashakira hamwe icyagarura amahoro n’umutekano mu itorero, dukurikije inama z’ubuyobozi bw’igihugu cya Uganda”.

Dore ingingo eshatu bavuga ko bashingiyeho biyomora kuri ADEPR/Rwanda. Bagize bati “Dusanze mu nyandiko y’umwiherero w’abashumba b’uturere wabaye ku itariki yavuzwe haruguru ntacyo mwabikozeho, None inama ihisemo gutora umuyobozi w’inama nkuru nk’uko amabwiriza y’itorero abivuga”. Iyindi ni “Inama yemeje ko umuyobozi w’inama abaye Rev.Muhawe Théogene”.

Ingingo ya Gatatu bavuga, ngo ni ibiganiro bitandukanye byagiye biba hashakishwa ibyagarura amahoro, umutekano n’ituze mu itorero rya Uganda.

Nyuma y’iyi baruwa, ADEPR/Rwanda yamenyeshejwe ko ubu bagiye kwishakira ibyangombwa, bahindura izina bahita bitwa PCIU, kurenganura abarenganijwe n’ubuyobozi bwariho, gukurikirana imitungo y’itorero,….

Uku kwigumura kubaye mu gihe hari hashize iminsi havugwa amakuru y’ifatwa rya bamwe mu bayobozi ba ADEPR/Uganda bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda muri Uganda, mu gihe ibi bihugu byombi bitabanye neza.

Hashize iminsi ibiri, Umuvugizi wungirije wa ADEPR/ Rwanda, Pasiteri John Karangwa yemeje amakuru ya Hakizimana Bright na Nsabimana Moses, basanzwe ari abayobozi mu itorero rya ADEPR muri Uganda, bivugwa ko bashimuswe ku Cyumweru tariki ya 12 Gicurasi 2019, n’abakozi b’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI).

INKURU BIFITANYE ISANO:

CMI Na RNC Bibasiye Abayoboke B’Itorero ADEPR Muri Uganda, Banze Kuyoboka Umugambi Wa Kayumba Nyamwasa

Iri shimutwa ryabaye kandi mu gihe mu kwezi kwa Gatatu Pasiteri Ntakirutimana Theoneste na we yatawe muri yombi mu buryo nk’ubwakoreshejwe kuri Hakizimana ajyanwa ari kumwe n’undi witwa Cyusa Jean Paul. Pasiteri Ntakirutimana yaje gufungurwa ngo amaze amezi abiri akorerwa iyicarubozo ashinjwa kuba intasi y’u Rwanda.

Ku wa 15 Mutarama 2016, nibwo Abajyanama b’inteko rusange isanzwe ya ADEPR bateraniye i Kigali ku nyubako zayo ziri ku Gisozi barebera hamwe uko umwaka wa 2015 wagenze mu Ivugabutumwa, Imibereho myiza, Ubukungu n’iterambere n’Imibanire myiza n’izindi nzego bafatiramo imyanzuro itandukanye irimo no kongera indembo.

Inteko rusange yemeje ko ADEPR-PCIU (Pentecostal Church International of Uganda) ari Ururembo rwa gatandatu mu ndembo zigize Itorero ADEPR, icyo gihe rwahawe kuyoborwa na Rev. Karangwa John wari wungirijwe Rev. Nyirimpeta Anastase.

Hari hemejwe ko umukristo wa ADEPR uzajya ajya muri Uganda, kwiga cyangwa gukorerayo, azajya ahabwa urwandiko rw’Itorero rutuma yakirwa muri ADEPR ishami rya Uganda.

Aganira n’ikinyamakuru Irenga.com, Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Karuranga Ephraïm yemeje aya makuru ariko ashimangira ko ari bamwe mu bakirisito bashatse kugenda. Ati “Bariya bigumuye bashinga iryabo bava mu ryacu, twe turacyafite amatorero yacu i Bugande, nta kibazo dufite”.

Amakuru agera kuri Rushyashya avuga ko igice kini cya ADEPR -Uganda cyamaze kwigarurirwa na RNC ya Kayumba Nyamwasa, bityo bamwe mu bakristo akaba aribo bagambanira bagenzi babo mu rwego rw’ubutasi bwa gisilikare CMI, isanzwe ikorana na RNC bityo bagafatwa bakagajyanwa i Mbuya kukicaro gikuru cya CMI gukorerwa iyica rubozo.


2019-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023
Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2024

2 Ibitekerezo

  1. janvierbraver
    May 17, 20199:02 am -

    ibyobirikuvugwa mu itorero ni ibiki

    Subiza
  2. janvierbraver
    May 17, 20199:05 am -

    nonec adpr/Rwanda irabivugaho iki? eee ndumva bitoroshye

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa
Mu Rwanda

Mushikiwabo yashimangiye ko u Rwanda rurambiwe kugaraguzwa agati n’u Bufaransa

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?
Amakuru

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Abatavuga rumwe na leta  mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano
INKURU NYAMUKURU

Abatavuga rumwe na leta mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru