• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Ubwanditsi 07 Oct 2016 ITOHOZA

Kuki ibinyamakuru byo hanze birwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda bikomeje gukwirakwiza ibinyoma no kugoreka ukuri k’urupfu rwa Senateri Mucyo J. de Dieu ndetse bidatinya no kuvuga ko ngo yaba yarishwe.

Ese ko Mucyo yakoreye igihugu, akitanga uko ashoboye kose kugirango atange umusanzu we mu gusana igihugu cyari kimaze kugushwa mu rwobo yari kugirirwa nabi ku nyungu zande ? Ibi byose nibyo abakwirakwiza ibyo binyoma bakwiye kwibaza.

Mucyo kuva mu 2003 inshingano zose yahawe yagiye azikora neza nkaho muri uwo mwaka kugera 2006, Jean de Dieu Mucyo yagizwe Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika abikora neza, kuva mu mu 2006 kugeza mu 2007 ayobora Komisiyo yakoze raporo ku ruhare rw’Abafaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi, inshingano yasoje agirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG, kugeza aba Senateri, ahohose yitwaye neza pe.

Ikindi kintu gitangaje muri ibyo binyoma by’abarwanya Leta y’u Rwanda naho bihanukira bagakora intonde z’abacitse ku icumu ngo bishwe. Iyo usesenguye uko impfu zabo bantu bavugwa zagiye zigenda usanga barishwe n’impfu zisanzwe, hari abishwe n’umutima, impanuka n’ubundi burwayi busanzwe, ese umucikacumu azajya apfa byitwe ko yishwe na Leta.

Ibi ni ugukabya no kujijisha abarokotse Jenoside yakorwe Abatutsi, bari bamaze kwiyubaka no kwigirira ikizere cyane ko nanjye wandika ibi nacitse ku icumu rya Jenoside kandi mbyandika ntawe umpagaze hejuru.

-4251.jpg

Nyakwigendera Mucyo JD

Abantu bose batanga ubuhamya kuri Nyakwigendera Senateri Mucyo J.D bavuga ko ari agahinda kageretse ku kandi ku abarokotse Jenoside Senateri Mucyo yafashije, mu kuvuga urwibutso bamufiteho, abenshi bamwita ‘umubyeyi w’umunyabuntu wahangayikishwaga no kubona abantu barangwa n’urukundo’.

Nyangezi Gaspard, yari inshuti magara ya Senateri Mucyo akaba n’umuturanyi we ku ivuko i Mbazi mu Karere ka Huye,ni na we wacungaga imitungo afite mu cyaro. Avuga ko abaturage b’i Mbazi batazibagirwa ibikorwa by’indashyikirwa Mucyo yahakoze ku giti cye.

Nk’urugero atanga avuga ko Mucyo yazaniye amazi abaturage ku giti cye, abazanira umuriro, yubakira abatishoboye hari n’umudugudu witiriwe Mucyo, abaha amatungo yo korora, n’isambu ye yari yarashyizemo amashyirahamwe y’abantu batishoboye kugirango bazamuke, yakuye benshi muri nyakatsi ku giti cye.”

Senateri Mucyo asize agahinda mu batishoboye yafashaga no kuri Leta by’umwihariko yari ageze kure umushinga wo kuzamura uburezi mu gace avukamo ndetse ngo yiteguraga gushinga ishuri ry’imyuga rifasha abatarabashije kurangiza amashuri.

Yari afite ishuri ry’incuke yashinze ku giti cye, yari afite intego yo kubaka amashuri abanza utsinze akazamuka uwo byanze yubatse ishuri ry’imyuga yiteguraga gukora neza.”

-4250.jpg

Reba Video

Mu buhamya bwumvikanagamo agahinda gakomeye, bw’abantu babanye bavuga ko yagiye afasha abantu akiri muto yahoraga abwira abantu ngo ntugapfushe igihe ubusa jya uba inyangamugayo ubane n’abantu bose amahoro kandi ukoreshe ukuri.”

Burasa Jean Gualbert

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’abibumbye Eugène Gasana yahakanye ibivugwa mu cyegeranyo cy’impunguke za ONU

Ubwanditsi 08 Feb 2016
Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Ubwanditsi 05 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana
Amakuru

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Ubwanditsi 13 Jan 2021
Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura
HIRYA NO HINO

Uganda : Umuryango wa Nteireho wicanwe n’uwiswe Umunyarwandakazi wigaragambije, banga kumushyingura

Ubwanditsi 07 Sep 2019
Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]
INKURU NYAMUKURU

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Ubwanditsi 19 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru