• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Urusha nyina w’Umwana imbabazi …..

Ubwanditsi 07 Oct 2016 ITOHOZA

Kuki ibinyamakuru byo hanze birwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda bikomeje gukwirakwiza ibinyoma no kugoreka ukuri k’urupfu rwa Senateri Mucyo J. de Dieu ndetse bidatinya no kuvuga ko ngo yaba yarishwe.

Ese ko Mucyo yakoreye igihugu, akitanga uko ashoboye kose kugirango atange umusanzu we mu gusana igihugu cyari kimaze kugushwa mu rwobo yari kugirirwa nabi ku nyungu zande ? Ibi byose nibyo abakwirakwiza ibyo binyoma bakwiye kwibaza.

Mucyo kuva mu 2003 inshingano zose yahawe yagiye azikora neza nkaho muri uwo mwaka kugera 2006, Jean de Dieu Mucyo yagizwe Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika abikora neza, kuva mu mu 2006 kugeza mu 2007 ayobora Komisiyo yakoze raporo ku ruhare rw’Abafaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi, inshingano yasoje agirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG, kugeza aba Senateri, ahohose yitwaye neza pe.

Ikindi kintu gitangaje muri ibyo binyoma by’abarwanya Leta y’u Rwanda naho bihanukira bagakora intonde z’abacitse ku icumu ngo bishwe. Iyo usesenguye uko impfu zabo bantu bavugwa zagiye zigenda usanga barishwe n’impfu zisanzwe, hari abishwe n’umutima, impanuka n’ubundi burwayi busanzwe, ese umucikacumu azajya apfa byitwe ko yishwe na Leta.

Ibi ni ugukabya no kujijisha abarokotse Jenoside yakorwe Abatutsi, bari bamaze kwiyubaka no kwigirira ikizere cyane ko nanjye wandika ibi nacitse ku icumu rya Jenoside kandi mbyandika ntawe umpagaze hejuru.

-4251.jpg

Nyakwigendera Mucyo JD

Abantu bose batanga ubuhamya kuri Nyakwigendera Senateri Mucyo J.D bavuga ko ari agahinda kageretse ku kandi ku abarokotse Jenoside Senateri Mucyo yafashije, mu kuvuga urwibutso bamufiteho, abenshi bamwita ‘umubyeyi w’umunyabuntu wahangayikishwaga no kubona abantu barangwa n’urukundo’.

Nyangezi Gaspard, yari inshuti magara ya Senateri Mucyo akaba n’umuturanyi we ku ivuko i Mbazi mu Karere ka Huye,ni na we wacungaga imitungo afite mu cyaro. Avuga ko abaturage b’i Mbazi batazibagirwa ibikorwa by’indashyikirwa Mucyo yahakoze ku giti cye.

Nk’urugero atanga avuga ko Mucyo yazaniye amazi abaturage ku giti cye, abazanira umuriro, yubakira abatishoboye hari n’umudugudu witiriwe Mucyo, abaha amatungo yo korora, n’isambu ye yari yarashyizemo amashyirahamwe y’abantu batishoboye kugirango bazamuke, yakuye benshi muri nyakatsi ku giti cye.”

Senateri Mucyo asize agahinda mu batishoboye yafashaga no kuri Leta by’umwihariko yari ageze kure umushinga wo kuzamura uburezi mu gace avukamo ndetse ngo yiteguraga gushinga ishuri ry’imyuga rifasha abatarabashije kurangiza amashuri.

Yari afite ishuri ry’incuke yashinze ku giti cye, yari afite intego yo kubaka amashuri abanza utsinze akazamuka uwo byanze yubatse ishuri ry’imyuga yiteguraga gukora neza.”

-4250.jpg

Reba Video

Mu buhamya bwumvikanagamo agahinda gakomeye, bw’abantu babanye bavuga ko yagiye afasha abantu akiri muto yahoraga abwira abantu ngo ntugapfushe igihe ubusa jya uba inyangamugayo ubane n’abantu bose amahoro kandi ukoreshe ukuri.”

Burasa Jean Gualbert

2016-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo  batawe muri yombi

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Ubwanditsi 10 May 2017
U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu

U Bufaransa: CPCR yifuje ko Barahira na Ngenzi bongera guhanishwa gufungwa burundu

Ubwanditsi 02 May 2018
Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi

Kwamagana ubugizi bwanabi uwitwa Chikuru Josefu akomeje gukorera abanyarawandakazi batuye mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi
Amakuru

Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi

Ubwanditsi 07 Jun 2025
Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC
POLITIKI

Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki
INKURU NYAMUKURU

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru