• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Ubwanditsi 12 Apr 2017 ITOHOZA

Nyuma y’imyaka ibiri habayeho igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi mu Burundi, icyegeranyo cy’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe gukumira imvururu (International Crisis Group) cyo ku wa 5 Mata 2017, kigaragaza ko igisirikare cy’u Burundi gisa n’icyigaruriwe na leta y’icyo gihugu mu rwego rwo kwirinda ko ibyo bikorwa byongera kuba.

Thierry Vircoulon, umwe mu bakoranye n’uyu muryango mu gukora icyo cyegeranyo, yemeje ko ibibazo by’amoko na politiki bivugwa mu Burundi byaciye ibice mu ngabo z’igihugu ku buryo imikorere yazo ikemangwa.

-193.png

Perezida Nkurunziza

Iki cyegeranyo gifite umutwe ugira uti “Burundi: Ingabo mu bibazo”, abashakashatsi bagikoze bibanda ku gucikamo ibice kw’izi ngabo ku buryo byageze no mu ziri mu butumwa bw’amahoro.

Thierry Vircoulon yabwiye Jeune Afrique ko mu 2015 abasirikare bashyigikiye Perezida Nkurunziza bishwe kimwe n’abatari bashyigikiye manda ya gatatu y’uyu mukuru w’igihugu. Mu kwezi kwa Gatanu, Gen Godefroid Niyombare yagerageje kumukura ku butegetsi mu gihe yari mu nama yahuzaga abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EAC) i Dar Es Salaam ariko biramupfubana ndetse kuva ubwo arahunga ku buryo aho aherereye hatazwi.

Ihirikwa ry’ubutegetsi ryaburijwemo muri 2015, ryerekanye ko ingabo zimwe zitari zishyigikiye manda ya gatatu ndetse guhera icyo gihe nazo zisanga zarijanditse muri iki kibazo gishingiye kuri politiki.

Uyu mushakashatsi avuga ko iki kibazo cyakomeje ndetse ubutegetsi busa n’ubwigarurira inzego z’ingabo kugira ngo bwizere ko zitazongera guhirika ubutegetsi.

Mu mpera za 2015, hatangijwe kandi gahunda yo kugenda bwikiza bamwe mu bamaze igihe kinini mu ngabo n’abatari bashigikiye manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza. Si abakiri mu ngabo gusa bagezweho n’ibi bikorwa kuko n’abari mu kiruhuko cy’izabukuru bashyizwe mu gatebo kamwe binyuze mu bikorwa byo kubata muri yombi no kuburirwa irengero kuri bamwe nyuma yo gufatwa ndetse no gukatirwa ibihano byo gufungwa.

Vircoulon avuga ko amasezerano ya Arusha yateganyaga ko inshingano za Guverinoma n’iz’ingabo zagombaga gusa n’izitandukana, ariko ikiriho ubu ni uko byasubiye nka kera, ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Nkurunziza ryigaruriye n’igisirikare bituma kitagikora neza.

-6293.jpg

Ingabo z’u Burundi

Uyu mushakashatsi avuga ko ibi byagezweho ku buryo nta hirikwa ry’ubutegetsi rishoboka kuri ubu, ariko akemeza ko hashobora kubaho ibikorwa byo kwigomeka kw’ingabo bigizwe no gutoroka, kugabanyuka k’ubunyamwuga n’ibindi.

Yemeza ko nihatabaho ibiganiro hagati ya Guverinoma n’abayirwanya, ikibazo kizarushaho gukomera. Uyu mushakashatsi yumva ko ingabo z’u Burundi ntacyo zikora mu butumwa bw’amahoro kuko zagombye kubanza gukemura ibibazo biri imbere mu gihugu cyazo. Avuga kandi ko ibibazo by’imishahara itaboneka ku ngabo nabyo bishobora kugira ingaruka zirimo no kwivumbagatanya.

-6294.jpg

Abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi bishimira Coup d’Etat

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Ubwanditsi 21 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !
MULTIMEDIA

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru
Mu Rwanda

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC
INKURU NYAMUKURU

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubwanditsi 15 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru