• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Ubwanditsi 12 Apr 2017 ITOHOZA

Nyuma y’imyaka ibiri habayeho igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi mu Burundi, icyegeranyo cy’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe gukumira imvururu (International Crisis Group) cyo ku wa 5 Mata 2017, kigaragaza ko igisirikare cy’u Burundi gisa n’icyigaruriwe na leta y’icyo gihugu mu rwego rwo kwirinda ko ibyo bikorwa byongera kuba.

Thierry Vircoulon, umwe mu bakoranye n’uyu muryango mu gukora icyo cyegeranyo, yemeje ko ibibazo by’amoko na politiki bivugwa mu Burundi byaciye ibice mu ngabo z’igihugu ku buryo imikorere yazo ikemangwa.

-193.png

Perezida Nkurunziza

Iki cyegeranyo gifite umutwe ugira uti “Burundi: Ingabo mu bibazo”, abashakashatsi bagikoze bibanda ku gucikamo ibice kw’izi ngabo ku buryo byageze no mu ziri mu butumwa bw’amahoro.

Thierry Vircoulon yabwiye Jeune Afrique ko mu 2015 abasirikare bashyigikiye Perezida Nkurunziza bishwe kimwe n’abatari bashyigikiye manda ya gatatu y’uyu mukuru w’igihugu. Mu kwezi kwa Gatanu, Gen Godefroid Niyombare yagerageje kumukura ku butegetsi mu gihe yari mu nama yahuzaga abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EAC) i Dar Es Salaam ariko biramupfubana ndetse kuva ubwo arahunga ku buryo aho aherereye hatazwi.

Ihirikwa ry’ubutegetsi ryaburijwemo muri 2015, ryerekanye ko ingabo zimwe zitari zishyigikiye manda ya gatatu ndetse guhera icyo gihe nazo zisanga zarijanditse muri iki kibazo gishingiye kuri politiki.

Uyu mushakashatsi avuga ko iki kibazo cyakomeje ndetse ubutegetsi busa n’ubwigarurira inzego z’ingabo kugira ngo bwizere ko zitazongera guhirika ubutegetsi.

Mu mpera za 2015, hatangijwe kandi gahunda yo kugenda bwikiza bamwe mu bamaze igihe kinini mu ngabo n’abatari bashigikiye manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza. Si abakiri mu ngabo gusa bagezweho n’ibi bikorwa kuko n’abari mu kiruhuko cy’izabukuru bashyizwe mu gatebo kamwe binyuze mu bikorwa byo kubata muri yombi no kuburirwa irengero kuri bamwe nyuma yo gufatwa ndetse no gukatirwa ibihano byo gufungwa.

Vircoulon avuga ko amasezerano ya Arusha yateganyaga ko inshingano za Guverinoma n’iz’ingabo zagombaga gusa n’izitandukana, ariko ikiriho ubu ni uko byasubiye nka kera, ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Nkurunziza ryigaruriye n’igisirikare bituma kitagikora neza.

-6293.jpg

Ingabo z’u Burundi

Uyu mushakashatsi avuga ko ibi byagezweho ku buryo nta hirikwa ry’ubutegetsi rishoboka kuri ubu, ariko akemeza ko hashobora kubaho ibikorwa byo kwigomeka kw’ingabo bigizwe no gutoroka, kugabanyuka k’ubunyamwuga n’ibindi.

Yemeza ko nihatabaho ibiganiro hagati ya Guverinoma n’abayirwanya, ikibazo kizarushaho gukomera. Uyu mushakashatsi yumva ko ingabo z’u Burundi ntacyo zikora mu butumwa bw’amahoro kuko zagombye kubanza gukemura ibibazo biri imbere mu gihugu cyazo. Avuga kandi ko ibibazo by’imishahara itaboneka ku ngabo nabyo bishobora kugira ingaruka zirimo no kwivumbagatanya.

-6294.jpg

Abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi bishimira Coup d’Etat

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye

Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ubwanditsi 05 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga
Amakuru

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024
APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze
Amakuru

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Ubwanditsi 05 Apr 2022
Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda
Mu Rwanda

Uwo bavuga ko ari umwana w’Umwami Kigeli V n’umusirikare ukomeye muri Uganda

Ubwanditsi 23 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru