• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Ubwanditsi 12 Apr 2017 ITOHOZA

Nyuma y’imyaka ibiri habayeho igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi mu Burundi, icyegeranyo cy’Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe gukumira imvururu (International Crisis Group) cyo ku wa 5 Mata 2017, kigaragaza ko igisirikare cy’u Burundi gisa n’icyigaruriwe na leta y’icyo gihugu mu rwego rwo kwirinda ko ibyo bikorwa byongera kuba.

Thierry Vircoulon, umwe mu bakoranye n’uyu muryango mu gukora icyo cyegeranyo, yemeje ko ibibazo by’amoko na politiki bivugwa mu Burundi byaciye ibice mu ngabo z’igihugu ku buryo imikorere yazo ikemangwa.

-193.png

Perezida Nkurunziza

Iki cyegeranyo gifite umutwe ugira uti “Burundi: Ingabo mu bibazo”, abashakashatsi bagikoze bibanda ku gucikamo ibice kw’izi ngabo ku buryo byageze no mu ziri mu butumwa bw’amahoro.

Thierry Vircoulon yabwiye Jeune Afrique ko mu 2015 abasirikare bashyigikiye Perezida Nkurunziza bishwe kimwe n’abatari bashyigikiye manda ya gatatu y’uyu mukuru w’igihugu. Mu kwezi kwa Gatanu, Gen Godefroid Niyombare yagerageje kumukura ku butegetsi mu gihe yari mu nama yahuzaga abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’u Burasirazuba (EAC) i Dar Es Salaam ariko biramupfubana ndetse kuva ubwo arahunga ku buryo aho aherereye hatazwi.

Ihirikwa ry’ubutegetsi ryaburijwemo muri 2015, ryerekanye ko ingabo zimwe zitari zishyigikiye manda ya gatatu ndetse guhera icyo gihe nazo zisanga zarijanditse muri iki kibazo gishingiye kuri politiki.

Uyu mushakashatsi avuga ko iki kibazo cyakomeje ndetse ubutegetsi busa n’ubwigarurira inzego z’ingabo kugira ngo bwizere ko zitazongera guhirika ubutegetsi.

Mu mpera za 2015, hatangijwe kandi gahunda yo kugenda bwikiza bamwe mu bamaze igihe kinini mu ngabo n’abatari bashigikiye manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza. Si abakiri mu ngabo gusa bagezweho n’ibi bikorwa kuko n’abari mu kiruhuko cy’izabukuru bashyizwe mu gatebo kamwe binyuze mu bikorwa byo kubata muri yombi no kuburirwa irengero kuri bamwe nyuma yo gufatwa ndetse no gukatirwa ibihano byo gufungwa.

Vircoulon avuga ko amasezerano ya Arusha yateganyaga ko inshingano za Guverinoma n’iz’ingabo zagombaga gusa n’izitandukana, ariko ikiriho ubu ni uko byasubiye nka kera, ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Nkurunziza ryigaruriye n’igisirikare bituma kitagikora neza.

-6293.jpg

Ingabo z’u Burundi

Uyu mushakashatsi avuga ko ibi byagezweho ku buryo nta hirikwa ry’ubutegetsi rishoboka kuri ubu, ariko akemeza ko hashobora kubaho ibikorwa byo kwigomeka kw’ingabo bigizwe no gutoroka, kugabanyuka k’ubunyamwuga n’ibindi.

Yemeza ko nihatabaho ibiganiro hagati ya Guverinoma n’abayirwanya, ikibazo kizarushaho gukomera. Uyu mushakashatsi yumva ko ingabo z’u Burundi ntacyo zikora mu butumwa bw’amahoro kuko zagombye kubanza gukemura ibibazo biri imbere mu gihugu cyazo. Avuga kandi ko ibibazo by’imishahara itaboneka ku ngabo nabyo bishobora kugira ingaruka zirimo no kwivumbagatanya.

-6294.jpg

Abashatse guhirika ubutegetsi mu Burundi bishimira Coup d’Etat

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahuye n’Abahinde, anasura Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Perezida Évariste Ndayishimiye uri ku buyobozi bushya bwa AU

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Uwari Visi Meya wa Nyabihu yafunzwe akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Uwari Visi Meya wa Nyabihu yafunzwe akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 12 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye
HIRYA NO HINO

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Ubwanditsi 15 Mar 2017
Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica
IMIKINO

Champions League: PSG yasezereye Chelsea, Zenit ikurwamo na Benfica

Ubwanditsi 10 Mar 2016
General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda
Amakuru

General Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC intsinzi kuko nta rwitwazo ruhari rwo kudatsinda

Ubwanditsi 25 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru