• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 16 Mar 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Lt Gen. Henry Tumukunde uri mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda kuri iki Cyumweru yakiriwe mu Bitaro bya Kampala nyuma y’uko akaguru ke kagize ikibazo cyo kubyimba.

Uyu wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda aherutse gutabwa muri yombi muri iki cyumweru gishize azira amagambo yatangarije itangazamakuru ryo muri iki gihugu yafashwe nk’ubugambanyi.

Umwe mu bo mu muryango we utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Ukuguru kwe kwabyimbye. Ndakeka ari ukubera guhagarara igihe kirekire ubwo basakaga iwe muri Kololo.”

Mu gihe cy’intambara ya NRA yo kubohoza Uganda, bivugwa ko Tumukunde yarashwe ku kaguru agakomeretswa mbere yo kuvanwa mu gihugu mu ibanga akajya kuvurizwa I Nairobi.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kibutsa ko Tumukunde wigeze no kuyobora urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) yatawe muri yombi n’Ubutasi bwa gisirikare kuwa kane ushize ashinjwa ubugambanyi.

Uko Tumukunde yafashwe n’uburwayi

Mu gitondo cyo kuwa gatandatu nibwo Tumukunde yasubijwe iwe aherekejwe n’abashinzwe umutekano bagiye kumusaka mu rwego rwo gushakisha ibimenyetso byakwifashishwa mu kurega.

Iwe mu rugo, Tumukunde yemerewe gukaraba, kurya no kufata icyo kunywa, aho yanakurikiranaga ukuntu abashinzwe umutekano bari gukoresha ikoranabuhanga ryo hejuru mu gushakisha ibimenyetso bimuhamya ubugambanyi.

Usibye mu gihe cyo gukaraba no kurya, icyo gihe Tumukunde yari yambaye amapingu. Iryo sakwa ryari riyobowe n’Umuyobozi wa CMI, Brig. Gen. Abel Kandiho ryatangiye kuwa Gatandatu saa 10:30 rirangira saa 12:30 kuri iki Cyumweru.

Iwe mu rugo hari umugore we, Stella Tumukunde n’umuhungu we w’imyaka 15 kuko abandi bahungu be babiri bakuru, Philip Tumukunde na Amanya Ndahura Tumukunde, nabo bari batawe muri yombi, ariko bakaba baje kurekurwa kuri iki cyumweru.

Nyuma yo gusaka kuwa gatandatu, Tumukunde yajyanwe ku Rwego rushinzwe iperereza ridasanzwe (SIU) ahitwa Kireka ari naho afungiye.

Mu masaha ya saa munani kuri iki Cyumweru, nibwo ubuzima bwa Tumukunde bwatangiye kumera nabi biba ngombwa ko ajyanwa ku bitaro aho arinzwe n’abakozi ba CMI.

Biravugwa ko abagerageza kumusura barimo gusakwa n’umusirikare ufite ipeti rya Captain, mu gihe ku mugoroba wo kuri iki cyumweru yari yatangiye kumererwa neza.

2020-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Ubwanditsi 10 May 2024
Afrika haguruka : Ubuhanuzi 10 bwahawe u Rwanda na Prophet  EMEKA OKOYE

Afrika haguruka : Ubuhanuzi 10 bwahawe u Rwanda na Prophet EMEKA OKOYE

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye  Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ubwanditsi 13 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo
Mu Rwanda

Iturufu ryo kumara abanyarwanda inzara Dr Frank niryo akomeje gukoresha muturere twose ajyamo

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!
Amakuru

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Ubwanditsi 13 May 2024
Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi
Mu Mahanga

Iperereza rya Polisi k’urupfu rwa Mugabo Theoneste wishwe aciwe ijosi

Ubwanditsi 22 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru