• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 16 Mar 2020 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Lt Gen. Henry Tumukunde uri mu maboko y’inzego z’umutekano za Uganda kuri iki Cyumweru yakiriwe mu Bitaro bya Kampala nyuma y’uko akaguru ke kagize ikibazo cyo kubyimba.

Uyu wahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda aherutse gutabwa muri yombi muri iki cyumweru gishize azira amagambo yatangarije itangazamakuru ryo muri iki gihugu yafashwe nk’ubugambanyi.

Umwe mu bo mu muryango we utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Ukuguru kwe kwabyimbye. Ndakeka ari ukubera guhagarara igihe kirekire ubwo basakaga iwe muri Kololo.”

Mu gihe cy’intambara ya NRA yo kubohoza Uganda, bivugwa ko Tumukunde yarashwe ku kaguru agakomeretswa mbere yo kuvanwa mu gihugu mu ibanga akajya kuvurizwa I Nairobi.

Ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru kibutsa ko Tumukunde wigeze no kuyobora urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) yatawe muri yombi n’Ubutasi bwa gisirikare kuwa kane ushize ashinjwa ubugambanyi.

Uko Tumukunde yafashwe n’uburwayi

Mu gitondo cyo kuwa gatandatu nibwo Tumukunde yasubijwe iwe aherekejwe n’abashinzwe umutekano bagiye kumusaka mu rwego rwo gushakisha ibimenyetso byakwifashishwa mu kurega.

Iwe mu rugo, Tumukunde yemerewe gukaraba, kurya no kufata icyo kunywa, aho yanakurikiranaga ukuntu abashinzwe umutekano bari gukoresha ikoranabuhanga ryo hejuru mu gushakisha ibimenyetso bimuhamya ubugambanyi.

Usibye mu gihe cyo gukaraba no kurya, icyo gihe Tumukunde yari yambaye amapingu. Iryo sakwa ryari riyobowe n’Umuyobozi wa CMI, Brig. Gen. Abel Kandiho ryatangiye kuwa Gatandatu saa 10:30 rirangira saa 12:30 kuri iki Cyumweru.

Iwe mu rugo hari umugore we, Stella Tumukunde n’umuhungu we w’imyaka 15 kuko abandi bahungu be babiri bakuru, Philip Tumukunde na Amanya Ndahura Tumukunde, nabo bari batawe muri yombi, ariko bakaba baje kurekurwa kuri iki cyumweru.

Nyuma yo gusaka kuwa gatandatu, Tumukunde yajyanwe ku Rwego rushinzwe iperereza ridasanzwe (SIU) ahitwa Kireka ari naho afungiye.

Mu masaha ya saa munani kuri iki Cyumweru, nibwo ubuzima bwa Tumukunde bwatangiye kumera nabi biba ngombwa ko ajyanwa ku bitaro aho arinzwe n’abakozi ba CMI.

Biravugwa ko abagerageza kumusura barimo gusakwa n’umusirikare ufite ipeti rya Captain, mu gihe ku mugoroba wo kuri iki cyumweru yari yatangiye kumererwa neza.

2020-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Geneve : U Rwanda rwasabye ibihugu byafashaga Habyarimana guhishura inyandiko z’ibikorwa byazo mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Ubwanditsi 22 May 2019
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Ubwanditsi 20 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi
HIRYA NO HINO

Urugiye kera ruhinyuza intwari : Perezida Mugabe yeguye nyuma y’imyaka 37 ku butegetsi

Ubwanditsi 21 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru