• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Ubwanditsi 04 May 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rutsiro, Superintendent of Police (SP), Jean Baptiste Mutabazi yakanguriye abagatuyemo kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibikorwa bishobora kwangiza ibidukikije.

Ibi yabibasabye mu mpera z’icyumweru gishize mu kiganiro yagiranye n’abatuye mu murenge wa Manihira bagera ku 3000, ikiganiro yagiranye na bo kikaba cyarabereye mu kagari ka Muyira.

SP Mutabazi yabwiye abo baturage ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranije n’amategeko buri mu byangiza ibidukikije mu bice bitandukanye by’aka karere.

Mu mezi ane ashize abantu batatu baguye mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranije n’amategeko mu bice bitandukanye by’aka karere, babiri babikomerekeramo, naho abatari bake barabifungirwa.

Yababwiye ko ibindi byangiza ibidukikije harimo inkongi z’imiriro, uburobyi butubahirije amategeko, kuragira amatungo ku gasozi, gusarura amashyamba ateze, gutwika amakara no gucukura amabuye yo kubakisha batabiherewe uburenganzira n’inzego zibishinzwe.

SP Mutabazi yagize ati: “Murasabwa kwirinda ibikorwa byose bishobora kwangiza ibidukikije kubera ko kwangirika kwabyo bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu no ku rusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.”

Yabasobanuriye ko kwangirika kwabyo biri mu bitera ibiza nk’inkangu, imyuzure, itemba ry’ubutaka, n’isuri, ndetse bikaba byaba intandaro yo gutuma igihugu cyaba ubutayu. Yongeyeho ko ibiza byangiza ibintu bitandukanye nko gusenyuka kw’amazu, gukomeretsa abantu ndetse no guhitana bamwe.

Yabakanguriye kwitabira gahunda za Leta zo kubungabunga ibidukikije nko gutera ibiti, kurwanya isuri, kutajugunya imyanda ahabonetse hose; ahubwo bakayishyira ahabugenewe.

SP Mutabazi yababwiye kandi kwirinda ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose, kandi abasaba kujya batanga amakuru y’ababinywa, ababitunda n’ababicuruza.

Yasabye abafite abana bavuye mu ishuri kuribasubizamo kandi bagakemura mu buryo burambye ibibazo byatumye barivamo.

Yasoje abasaba kwirinda ikintu cyose kinyuranije n’amategeko, kandi bagaha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe amakuru yatuma gikumirwa.

Mu rwego rwo gufatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije, Polisi y’u Rwanda yashyizeho agashami gashinzwe by’umwihariko kurwanya no gukumira ibyaha bibyangiza (Environmental Protection Unit-EPU).

Mu 2012, Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kubungabunga ibidukikije n’Ikigo cy’igihugu cyo kurengera ibidukikije (Rwanda Environment Management Authority-REMA).

Polisi y’u Rwanda imaze gutera ibiti kuri hegitari zigera kuri 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

RNP

2016-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Ubwanditsi 02 May 2016
Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika

Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika

Ubwanditsi 22 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka
ITOHOZA

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.
INKURU NYAMUKURU

Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Ubwanditsi 28 Nov 2019
Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema
Mu Mahanga

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Ubwanditsi 29 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru