• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Ubwanditsi 04 May 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rutsiro, Superintendent of Police (SP), Jean Baptiste Mutabazi yakanguriye abagatuyemo kwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibikorwa bishobora kwangiza ibidukikije.

Ibi yabibasabye mu mpera z’icyumweru gishize mu kiganiro yagiranye n’abatuye mu murenge wa Manihira bagera ku 3000, ikiganiro yagiranye na bo kikaba cyarabereye mu kagari ka Muyira.

SP Mutabazi yabwiye abo baturage ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranije n’amategeko buri mu byangiza ibidukikije mu bice bitandukanye by’aka karere.

Mu mezi ane ashize abantu batatu baguye mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranije n’amategeko mu bice bitandukanye by’aka karere, babiri babikomerekeramo, naho abatari bake barabifungirwa.

Yababwiye ko ibindi byangiza ibidukikije harimo inkongi z’imiriro, uburobyi butubahirije amategeko, kuragira amatungo ku gasozi, gusarura amashyamba ateze, gutwika amakara no gucukura amabuye yo kubakisha batabiherewe uburenganzira n’inzego zibishinzwe.

SP Mutabazi yagize ati: “Murasabwa kwirinda ibikorwa byose bishobora kwangiza ibidukikije kubera ko kwangirika kwabyo bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu no ku rusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.”

Yabasobanuriye ko kwangirika kwabyo biri mu bitera ibiza nk’inkangu, imyuzure, itemba ry’ubutaka, n’isuri, ndetse bikaba byaba intandaro yo gutuma igihugu cyaba ubutayu. Yongeyeho ko ibiza byangiza ibintu bitandukanye nko gusenyuka kw’amazu, gukomeretsa abantu ndetse no guhitana bamwe.

Yabakanguriye kwitabira gahunda za Leta zo kubungabunga ibidukikije nko gutera ibiti, kurwanya isuri, kutajugunya imyanda ahabonetse hose; ahubwo bakayishyira ahabugenewe.

SP Mutabazi yababwiye kandi kwirinda ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose, kandi abasaba kujya batanga amakuru y’ababinywa, ababitunda n’ababicuruza.

Yasabye abafite abana bavuye mu ishuri kuribasubizamo kandi bagakemura mu buryo burambye ibibazo byatumye barivamo.

Yasoje abasaba kwirinda ikintu cyose kinyuranije n’amategeko, kandi bagaha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe amakuru yatuma gikumirwa.

Mu rwego rwo gufatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije, Polisi y’u Rwanda yashyizeho agashami gashinzwe by’umwihariko kurwanya no gukumira ibyaha bibyangiza (Environmental Protection Unit-EPU).

Mu 2012, Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kubungabunga ibidukikije n’Ikigo cy’igihugu cyo kurengera ibidukikije (Rwanda Environment Management Authority-REMA).

Polisi y’u Rwanda imaze gutera ibiti kuri hegitari zigera kuri 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

RNP

2016-05-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati:  “Eeeh! Waba uretse gato.”

Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati: “Eeeh! Waba uretse gato.”

Ubwanditsi 25 Nov 2016
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Ubwanditsi 26 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.
Amakuru

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023
Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi
POLITIKI

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 07 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru