• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016 Mu Mahanga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yasangije abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika uko yabonye imikoranire y’ingabo za Afurika zihurira mu butumwa, aho asanga ari byo bituma kugarura amahoro bigorana.

Ibi Gen. Nyamvumva yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Ugushyingo 2016 ubwo yatangizaga inama ya 10 ibera i Kigali ihuza abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika bahuriye mu muryango bise African Conference of Commandants (ACoC).

Kuva mu Nzeri 2009 kugeza muri Werurwe 2013 Gen. Nyamvumba yashinzwe kuyobora ingabo za Loni ihuriyeho n’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani.

Muri ubu butumwa yari yashinzwe, Gen. Nyamvumba yasangije aba bayobozi b’amashuri makuru ya gisikari muri Afurika ko na we ubwe yiboneye ko haburaga uguhuza mu mikorere.

Yagize ati “Tugomba kwita cyane ku mikoranire mpuzamahanga mu gukemura ibibazo by’umutekano aho twahuriye turi ibihugu byinshi. Mu gihe twita ku bibazo biriho ubu, tugomba kumva ko hari ibyagaruka. Bityo rero tugomba kwiga uburyo bushya aho ubwa mbere butatanze umuti. Ndifuza ko mwakwigira ku masomo twabonye mu bibazo byahise n’ibiriho muri Afurika mu rwego kugira ngo abazoherezwa mu butumwa mu bihe bizaza bazagende bumva inshingano zabo birushijeho, bumva ibibazo,…”

Yakomeje agira ati “Ndavuga ibi kubera ubunararibonye bwanjye hamwe n’Umuryango w’Abibumbye aho twari dufite ibihugu byo muri Afurika biri mu butumwa bwo kugarura amahoro, ariko ikibazo kimwe mu byatugoraga cyari ukuba nta guhuza guke mu byo twakoraga n’uburyo twabikoragamo. Kandi nk’Abanyafurika twaharaniraga gushakira umuti ibibazo bya Afurika umuntu yatekereza ko byari koroha, ariko mu by’ukuri siko byari bimeze. Ndifuza rero icyo kintu mukigabo.”

Yabagaragarije ko iyi nama igamije kongera imikoranire hagati y’amashuri ya gisirikari ku mugabane wa Afurika, bakigira ku masomo amwe avanwa mu mvururu zo hirya no hino muri Afurika.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt. Col. René Ngendahimana avuga ko uyu muryango ari nk’ishyirahamwe ribahuza kugira ngo buri mwaka bungurane ibitekerezo mu buryo bwo guhuza, gusangira inararibonye n’ubundi bunararibonye mu bintu bitandukanye bya gisirikari kugira bashobore kurushaho guhuza amasomo batanga mu mashuri yabo atandukanye.

Yagize ati “Ibi bifasha kugira ngo aho duhurira mu bikorwa rusange bitworohereze kuba ingabo ziturutse mu bihugu bitandukanye zishobore kuba zakorana, bigafasha mu kugira ngo habe hakemurwa ibibazo bitandukanye by’umutekano ku Isi cyangwa se muri Afurika.”

Yunga mu rya Gen. Nyamvumba ku mikoranire y’ingabo zihurira mu butumwa, Lt. Col. Ngendahimana yagize ati “Icyo ni cyo mu by’ukuri bene izi nama zigamije; kugira ngo ikintu cyo kuba nyamwigendaho cyangwa se cyo gushaka gukoresha ubushobozi cyangwa se ubunararibonye bw’igihugu ubwacyo. Ibibazo by’umutekano biri ku isi muri iki gihe bisaba ko abantu bashyira hamwe byaba mu bitekerezo, byaba mu myigishirize ndetse no kuba bashobora no kuba bakorana ibikorwa bya gisirikari hamwe kuko byagaragaye ko icyo kintu cyo kuba nyamwigendaho mu by’ukuri bitagitanga umusaruro.”

Iyi nama y’iminsi ibiri ibereye mu Rwanda ku nshuro ya mbere ihuza abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika yitabiriwe n’abagera kuri 40 baturutse mu bihugu bitandukanye byo kuri uyu mugabane.

-4563.jpg

Gen. Patrick Nyamvumba aganira n’umwe mu basirikai bitabiriye iyi nama (Ifoto/Imbabazi K.N.)

2016-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020
Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Bimwe mu bikorwa by’ubushotoranyi Perezida Museveni yakoreye u Rwanda mu myaka 10 ishize, ariko bitamuhiriye

Ubwanditsi 11 Dec 2021
Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Ubwanditsi 04 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 14 May 2026
Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Mu Mazi Abira Kubera Gen Kayihura

Ubwanditsi 04 Aug 2018
Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe
Amakuru

Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe

Ubwanditsi 26 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru