• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Ubwanditsi 18 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyarwanda wabaga muri Afurika y’Epfo mu gace kazwi nka Philippi kamwe mu tugize Umujyi wa Cape Town, yishwe mu mpera z’icyumweru gishize atwitswe azizwa kuba yarakundanaga n’umukobwa ufite undi mugabo.

Uyu musore witwa Ndizeye Isaac yavutse tariki ya 20 Mutarama 1985 avukiye i Mwezi muri Nyakabuye mu Karere ka Rusizi. Amakuru yizewe aturuka kuri umwe mu bantu bo mu muryango we baba muri Afurika y’Epfo avuga ko kuwa Gatanu nimugoroba yagiye gusangira n’umukobwa w’inshuti ye bigeze saa munani z’ijoro abona bwije atabasha gutaha aho yari atuye ahitamo kujya kurara aho umukobwa yabaga.

Nyuma ahagana hafi saa kumi z’ijoro, abaturanyi baje kubona umuriro waka nyuma baza gusanga Ndizeye n’umukobwa bari kumwe ndetse n’umwana bahiye ku buryo n’ubu aho bari mu buruhukiro bw’ibitaro bigoye kumenya isura.

Uyu Ndizeye ngo yari asanzwe afite umwana w’umuhungu w’imyaka ine ari nawe asize, uwo yatwikanywe nawe mu nzu we akaba atari uwo yabyaye. Ubuyobozi muri Afurika y’Epfo bwasabye ko hakorwa ibizamini bya DNA kugira ngo harebwe niba uwo mwana ahuje na Ndizeye hanyuma umuryango ubone ubuhabwa umurambo.

Muri Afurika y’Epfo kuba umukobwa yagira abahungu b’inshuti barenga umwe ngo si ikintu gishya kuko bijya bibaho ko umukobwa mwiza wasanga acuditse n’abasore bagera no kuri bane.

Andi makuru avuga ko Ndizeye yari afite umukobwa bakundana wo muri Philippi noneho uwo nawe afite umugabo kavukire muri Afurika y’Epfo bari basanzwe bari inshuti. Ngo uwo mugabo yahoraga yiyama Ndizeye amubuza gukundana n’umugore we undi ntihagire icyo abikoraho.

Ngo aba bagabo bombi baje gushwana bapfa umugore biza gutuma Ndizeye ahungira mu Mujyi wa Pretoria ariko nyuma aragaruka, arongera acudika n’uwo mukobwa.

Nyuma yaho Ndizeye agarukiye muri Philippi umugabo bapfaga umugore yaje kumenya ko bongeye gukundana maze mu mpera z’icyumweru gishize azana amapine bombi abatwikira mu nzu hamwe n’umwana.

Icyaro cya Philippi muri Afurika y’Epfo ni kimwe mu birangwamo ibyaha byinshi ndetse habarurwa abantu benshi bakoresha ibiyobyabwenge n’ibindi birwanywa n’ubutegetsi.

-6094.jpg

Isaac bivugwa ko yatwikanywe n’umugore n’umwana

2017-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Ubwanditsi 06 Nov 2018
Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi  n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Ubwanditsi 29 May 2017
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abacyekwaho kuba mu mitwe yitwaza intwaro

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abacyekwaho kuba mu mitwe yitwaza intwaro

Ubwanditsi 11 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Ubwanditsi 11 Feb 2022
Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko
Mu Rwanda

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Ubwanditsi 14 Aug 2019
APR FC yagabanye amanota na Club Africain i Kigali
IMIKINO

APR FC yagabanye amanota na Club Africain i Kigali

Ubwanditsi 29 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru