• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Afurika y’Epfo: Umunyarwanda yishwe atwikiwe mu nzu azira umugore w’abandi

Ubwanditsi 18 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyarwanda wabaga muri Afurika y’Epfo mu gace kazwi nka Philippi kamwe mu tugize Umujyi wa Cape Town, yishwe mu mpera z’icyumweru gishize atwitswe azizwa kuba yarakundanaga n’umukobwa ufite undi mugabo.

Uyu musore witwa Ndizeye Isaac yavutse tariki ya 20 Mutarama 1985 avukiye i Mwezi muri Nyakabuye mu Karere ka Rusizi. Amakuru yizewe aturuka kuri umwe mu bantu bo mu muryango we baba muri Afurika y’Epfo avuga ko kuwa Gatanu nimugoroba yagiye gusangira n’umukobwa w’inshuti ye bigeze saa munani z’ijoro abona bwije atabasha gutaha aho yari atuye ahitamo kujya kurara aho umukobwa yabaga.

Nyuma ahagana hafi saa kumi z’ijoro, abaturanyi baje kubona umuriro waka nyuma baza gusanga Ndizeye n’umukobwa bari kumwe ndetse n’umwana bahiye ku buryo n’ubu aho bari mu buruhukiro bw’ibitaro bigoye kumenya isura.

Uyu Ndizeye ngo yari asanzwe afite umwana w’umuhungu w’imyaka ine ari nawe asize, uwo yatwikanywe nawe mu nzu we akaba atari uwo yabyaye. Ubuyobozi muri Afurika y’Epfo bwasabye ko hakorwa ibizamini bya DNA kugira ngo harebwe niba uwo mwana ahuje na Ndizeye hanyuma umuryango ubone ubuhabwa umurambo.

Muri Afurika y’Epfo kuba umukobwa yagira abahungu b’inshuti barenga umwe ngo si ikintu gishya kuko bijya bibaho ko umukobwa mwiza wasanga acuditse n’abasore bagera no kuri bane.

Andi makuru avuga ko Ndizeye yari afite umukobwa bakundana wo muri Philippi noneho uwo nawe afite umugabo kavukire muri Afurika y’Epfo bari basanzwe bari inshuti. Ngo uwo mugabo yahoraga yiyama Ndizeye amubuza gukundana n’umugore we undi ntihagire icyo abikoraho.

Ngo aba bagabo bombi baje gushwana bapfa umugore biza gutuma Ndizeye ahungira mu Mujyi wa Pretoria ariko nyuma aragaruka, arongera acudika n’uwo mukobwa.

Nyuma yaho Ndizeye agarukiye muri Philippi umugabo bapfaga umugore yaje kumenya ko bongeye gukundana maze mu mpera z’icyumweru gishize azana amapine bombi abatwikira mu nzu hamwe n’umwana.

Icyaro cya Philippi muri Afurika y’Epfo ni kimwe mu birangwamo ibyaha byinshi ndetse habarurwa abantu benshi bakoresha ibiyobyabwenge n’ibindi birwanywa n’ubutegetsi.

-6094.jpg

Isaac bivugwa ko yatwikanywe n’umugore n’umwana

2017-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umufana wa APR FC yarohamye mu kivu ashira mo umwuka

Umufana wa APR FC yarohamye mu kivu ashira mo umwuka

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi

Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya  Padiri Tomas Nahimana

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya Padiri Tomas Nahimana

Ubwanditsi 13 Sep 2016
DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

Ubwanditsi 14 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika
ITOHOZA

Mu bihugu 10 byamunzwe na corruption kurusha ibindi ku isi bitatu biri muri Afurika

Ubwanditsi 14 Feb 2016
Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi
Amakuru

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko
Mu Mahanga

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ubwanditsi 30 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru