• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»[AMAFOTO]: Mushakire hamwe ingamba zirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina-Minisitri w’Intebe Murekezi

[AMAFOTO]: Mushakire hamwe ingamba zirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina-Minisitri w’Intebe Murekezi

Ubwanditsi 29 Nov 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yasabye abitabiriye ihuriro ry’Abagore bo mu nzego zishinzwe umutekano muri Afurika gusangira ubunararibonye , isesengura ry’ibibazo biriho no gufatanya kubishakira umuti kugirango uruhare rw’abagore mu gushyigikira amahoro rwiyongere ku nzego zose.

Ni ubutumwa yatanze ejo, atangiza ku mugaragaro inama y’iminsi ibiri yabereye i Kigali, ihuza intumwa 250 zivuye mu bihugu 37 byo muri Afurika, byashyize umukono ku masezerano ya Kigali yiswe “Kigali International Conference Daclaration”(KICD).

Minisitiri w’Intebe yababwiyeko bagomba gukoresha iri huriro mu guhuriza hamwe imbaraga zizatuma bakaza umurego mu kurandura ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore.

Kugirango intego z’iri huriro zigerweho, yagize ati:”Ndabagira inama yo kugendera ku bikorwa byari byakozwe mu nama zahise, mukagaragaza imbogamizi zabayeho kugirango mutunganye neza iyi ngiyi no gufata ingamba zizatuma mugera kuri byinshi.”

Iri huriro ririmo kuba hagendewe ku byemejwe mu masezerano y’Inama mpuzamahanga ya Kigali muw’2010, ku kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa , ku nsanganyamatsiko igira iti:” Uruhare rw’abagore ku mutekano:Kongera gutekereza ku ngamba” no gushyira mu bikorwa ibyigiwe mu nama rusange y’iri huriro Alger muri Aligeriya muri Werurwe uyu mwaka.

Bwana Murekezi yavuzeko inama nk’iyi ari amahirwe y’imbonekarimwe ku bayitabiriye, aho biga byimbitse ku ruhare rw’umugore mu nzego z’umutekano.

Byahuriranye n’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bikaba biteganyijwe ko ari n’ubukangurambaga kandi hazaboneka ibikenewe mu gukomeza urugamba rwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Aha yagize ati:” Twese twongere dutekereze ku musanzu wacu mu gushakisha uburyo bushya bwazana impinduka tunashyira nu bikorwa ingamba zituma abagore batanga umusanzu mu guharanira amahoro n’umutekano birambye.”

Avuga ku bunararibonye bw’u Rwanda, yavuzeko rwiyemeje kurwanya ihohoterwa kandi rwashyize imbaraga mu kubaka inzego zibishoboye kandi zishishikajwe no gufasha abahohotewe ndetse n’uburyo bufatika mu gukurikumira.

Lamin Manneh, umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni mu Rwanda, mu ijambo rye, yavuze ko ibyagezweho n’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rubikesha Perezida Paul Kagame n’ubuyobozi bwe bwiza aho yavuze ko muri iki gihugu , kurirwanya byabaye ibya buri wese.

Manneh yagize ati:” Iri huriro ni umwanya mwiza, abagore bashinzwe umutekano bumva neza ububi bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kandi bashobora gufata iya mbere mu kurirwanya. Iyi ni impuruza yo kurirwanya kandi ni umwanya wo gushyira hamwe imbaraga ngo duhindure isi uko dushaka.”

Yakomeje ashima u Rwanda rwemeye kwakira iyi nama binaha umwanya abayitabiriye wo kurwigiraho uko rurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Commissioner of Police(CP) Kheira Messaoudene wo muri Alijeriya wari uhagarariye umuyobozi wa KICD yavuze ku buryo Afurika ihura n’ibibazo by’ihohoterwa ku bagore n’abana maze agira ati:” Nizeyeko mu ntangiro z’umwaka utaha , azaba ari igihe cyiza cyo gushyira mu bikorwa imyanzuro y’iyi nama,…kandi icyangombwa ni uko urubyiruko , rurebwa cyane n’ibi bibazo, ari na rwo ruri imbere mu kurirwanya.”

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana we yagize ati:”Iri huriro ryo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ni irya mbere kuri uru rwego kandi ni urundi rubuga rw’ Abanyafurika bashinzwe umutekano.Imbaraga zacu zihurijwe hamwe ni umusingi wo kurandura iki kibazo ku mugabane wacu, ababikora bagashyikirizwa ubutabera kandi abahohotewe bagafashwa gusubira mu muryango.”

Yagarutse kandi ku byagezweho na KICD kuva igihe yatangiriye mu myaka itandatu ishize aho yagize ati:” Hakozwe imyitozo myinshi yo gukumira no kurwanya ihohoterwa, handitswe byinshi ku ngamba zo kurirwanya, n‘ibindi byinshi.”

Ku birebana n’iyi nama, IGP Gasana yavuze ko yizeye ko intumwa zitandukanye zayitabiriye zizagera ku myanzuro ihamye izafasha ikigo cyatashywe gukorana neza n’inzego zishinzwe umutekano zikazabasha gukemura ibibazo biterwa n’ihohoterwa.

Muri iyi nama, hazagibwa impaka byimbitse ku ngamba nyazo zafatwa mu kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

-4862.jpg

-4861.jpg

-4860.jpg

-4859.jpg

-4858.jpg

Photos: RNP

2016-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Nov 2016
Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe  mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida  Kagame

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere  bamaze icyumweru  batawe  muri yombi

Abakozi barindwi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo kamere bamaze icyumweru batawe muri yombi

Ubwanditsi 08 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi
INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Estonia yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Rushyashya mu isura nshya
Mu Rwanda

Rushyashya mu isura nshya

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!
Amakuru

Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Ubwanditsi 02 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru