• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Ubwanditsi 28 Mar 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nibyo koko, icyegeranyo cya “Komisiyo Declert” cyambitse ubusa igihugu cy’ Ubufaransa, kigaragaza mu buryo budasubirwaho uruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Abafatanyabikorwa b’abajenosideri bashyizwe ku Karubanda, ndetse hanamaganwa abashinja ubwicanyi ingabo za FPR zahagaritse Jenoside, isi yose irebera.

Hagendewe ku nyandiko zibarirwa mu 8.000, nyuma y’imyaka 2, abanyamateka n’abanyamategeko bari bagize iyi Komisiyo basohoye icyegeranyo cy’impapuro 1.200, zishinja Perezida François Mitterrand n’ibyegera bye gushyigikira abajenosideri, haba mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu gihe yakorwaga na nyuma yayo. Abakurikiranira hafi iki kibazo kimaze imyaka 27 kigibwaho impaka, bishimiye  ubutwari bwa Perezida w’Ubufaransa muri iki gihe, Emmanuel Macron, washyizeho iyi Komisiyo yigenga, bikagaragaza ubushake bwo gushyira ukuri ahabona, guha agaciro abakorewe Jenoside no kuzahura umubano hagati y’Ubufaransa n’uRwanda. Ibi byanashimangiwe na Leta y’uRwanda, isanga iyi ari intangiriro nziza y’urugendo rushya kandi rwiza mu mibanire y’ibihugu byombi.

Icyakora rero, nubwo iki cyegeranyo kidaca ku ruhande ibikorwa bigayitse by’abanyapolitiki barangajwe imbere na Perezida Mitterrand, birimo kwitiranya ikibazo cy’amoko n’intambara hagati ya FPR-Inkotanyi na Leta ya Yuvenali Habyarimana, bikaza gutuma Abatutsi bicwa kuko bafatwaga nk’abanzi b’u Rwanda, abasesenguzi basanga hari n’inenge muri iki cyegeranyo:

1. Komisiyo Declert yirinze gushinja Ubufaransa ubugambanyi mu gutegura umugambi wa Jenoside, ngo kuko nta kimenyetso gifatika yabonye. Aha harimo kwivuguruza kuko icyegeranyo ubwacyo kivuga ko Leta ya Miterrand yafashije ubutegetsi bwariho mu Rwanda, izi neza ko Habyarimana n’akazu ke bari mu bikorwa byo gutegura umushinga munini wo gutsemba Abatutsi, u Rwanda n’Ubufaransa byafataga nk’abanzi b’Igihugu. Inyandiko nyinshi zigaragaza ko uwari Ambasaderi w’Ubufaransa mu Rwanda atahwemye kubwira ba shebuja b’I Paris ko Interahamwe zitegurwa ngo zitsembe Abatutsi n’abadahuje imyumvire nazo, ndetse n’ingabo za Loni zari mu Rwanda nta munsi zitatabaje Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi, kandi uBufaransa ni umunyamuryango wako uhoraho. Ibi ni nko kwitabira inama z’ubukwe, ugatwerera, ukanabutaha, ariko ugahakana kuba waragize uruhare mu babuteguye.

2. Mu cyegeranyo cya “Komisiyo Declert” ntaho bavuga operasiyo za gisirikari ingabo z’Abafaransa zoherejwemo mu Rwanda, nka “Opération Noroît” na “Opération Tuquoise” zose zaje gushyigikira ubutegetsi bwakoze Jenoside. Komisiyo ivuga ko itahawe impapuro zijyanye n’ibikorwa bya gisirikari by’Ubufaransa mu Rwanda. Aha, abakurikiraniye hafi imikorere y’iyi Komisiyo bavuga ko igice kirebana no gusesengura ubutumwa bwa gisirikari ingabo z’Ubufaransa zajemo mu Rwanda cyari cyashinzwe umugore witwa Julie d’Andurain waje kuva muri iyi Komisiyo, bimaze kugaragara ko abogamiye ku bajenosideri.

Aho aviriyemo rero, birakekwa ko nta wundi wahawe izi nshingano, cyangwa ibyo yari yakoze bikagirwa imfabusa kubera kubogama. Biranashoboka ariko ko kuvuga ku bikorwa bya gisirikari byaba byarirengagijwe nkana, hatinywa kuvuguruza ibinyoma byo gutagatifuza ibikorwa bya gisirikari Ubufaransa bwakoze mu Rwanda, nko kwemeza ko ‘’Opération Tuquoise’’yari  mu bikorwa by’ubugiraneza! Nyamara uwitwa Guillaume Ancel wari muri iyo operasiyo yivugira ko ubutumwa bari bahawe ntaho buhuriye n’ubutabazi cyangwa ubugiraneza, ko ahubwo bwari bugamije gusubiza mu birindiro Leta n’ingabo zariho zitsindwa, byananirana abicanyi bagafashwa guhungira muri Zayire, ari nako byagenze.

Icyegeranyo ntigisesengura byimbitse imyitwarire ya  Christophe Mitterrand, umuhungu wa Perezida Mitterrand, wari ushinzwe by’umwihariko gutabara Leta y’abajenosideri. Abasirikari b’Abafaransa bagaragaye kuri za bariyeri basaba indangamuntu ngo Umututsi yicwe, ntacyo zivugwaho, abafashije Ex-Far ku rugamba  ku manywa y’ihangu, byarengejweho uruho rw’amazi, hirengagijwe ubuhamya bw’abasirikari b’Ubufaransa bivugira ko bagize uruhare muri ibyo bikorwa,nka Adjudant Chef Prungnaud na General Vallet.Bigaragara rero nk’aho iyi Komisiyo yari ishinzwe kureba amahano ya bamwe mu banyapolitiki gusa, naho aya gisirikari ntavugwe.Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Ubufaransa muri iki gihe, François Lecointre, yari aherutse kwishongora , ubwo yavugaga ko “ari ubusazi” gushinja izo ngabo uruhare mu byabaye mu Rwanda. Kuba yarabivuze n’icyegeranyo kitarasohoka, birerekana ko yari azi neza ibikubiyemo.

3.Iki cyegeranyo ntikivuga, ku buryo butarya iminwa, ko n’ubu hari          Abajenosideri bagikingiwe ikibaba n’Ubufaransa, bakaba bakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri icyo gihugu hari Agatha Kanziga wagaragajwe nk’umwe mu bavurabwenge ba Jenoside. Uwo mugore-gito yimwe(bya nyirarureshwa) ubuhungiro mu Bufaransa ku buryo bwemewe n’amategeko, ariko icyo gihugu cyanze kumuburanisha cyangwa ngo kimwirukane, ajye aho ashobora gushyikirizwa ubucamanza. Muri make Ubufaransa ni indiri y’abajenosideri batabarika, nka Padiri Wensislas Munyeshyaka, Laurent Bucyibarura n’abandi ba ruharwa benshi cyane.

Nubwo koko iki cyegeranyo cya “Komisiyo Declert” ari urufatiro rw’ukuri uri ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bikaba bikwiye gushimirwa Perezida Emmanuel Macron, ntawabura kuvuga ko hari ibigikeneye kujya ahabona. Uru ni urufunguzo rw’ubundi bushakashatsi buzarushaho gushyira ibintu mu mucyo, ntihagire uzasigara ari”umutagatifu”kandi ari umugome mu bandi ukwiye kumenyekana. Ikindi iyi Komisiyo yaje itinze, kuko imyaka 27 yose ukuri kwarapfukiranywe yafashije abagome gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside.

Icyo kwishimira gusa ni uko nta na rimwe gukora neza bijya bikererwa. Turizera ko  ibyiza biri imbere, nko kuburanisha umuntu wese watumye Ubufaransa bwijandika muri Jenoside, kandi iki gihugu kigafasha mu guta muri yombi abajenosideri, baba abari mu Bufaransa, baba n’abakihishahisha za Mayotte no mu bindi bihugu. Ni ngombwa kandi ko habaho ubutabera budacagase.Abajenosideri nibahanwa,  abahohotewe muri Jenoside bazagenerwe indishyi, kuko ihame ry’amategeko rivuga ko “nta ndishyi, nta butabera”.

Ibindi nko kuzimya no gukoma mu nkokora abashyigikiye imitwe y’iterabwoba nka FDLR n’iyindi, tuzabyisabira Perezida Emmanuel Macron utegerejwe mu ruzinduko mu Rwanda mu minsi mike iri imbere.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

2021-03-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire  na Diane Rwigara

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire na Diane Rwigara

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Ubwanditsi 07 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze
Amakuru

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

RUSHYASHYA 28 May 2026
Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo
Mu Mahanga

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 
Amakuru

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Ubwanditsi 02 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru