• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Ubwanditsi 30 Oct 2019 IKORANABUHANGA

Perezida Paul Kagame yavuze ko ikoranabuhanga ari ingenzi cyane mu iterambere ry’imijyi, ariko ashimangira ko ibyo bitagomba kureberwa muri za mudasobwa, ahubwo ku buryo imibereho y’abaturage igenda izamuka.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri mu nama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga, yibanda cyane ku mijyi iteye imbere kandi itekanye, “safe, smart cities”.

Perezida Kagame yavuze ko amateka agaragaza ko iterambere ry’imijyi ari izingiro ry’ubukungu, umuco na siyansi, cyane ko ubuzima bwo mu mijyi buhuriza hamwe abantu banyuranye, bagira amahirwe yo kubasha kwigiranaho bityo bakabasha guhanga ibishya.

Yavuze ko kuba Afurika ikiri inyuma ku mijyi iteye imbere, ari imwe mu mpamvu zituma uyu mugabane utarabashije gutera imbere vuba uko bikwiye, kubera imbogamizi zose ufite zituruka mu mateka yayo.

Yakomeje ati “Ariko ubuzima bwa Afurika bukomeje guhinduka mu buryo bwihuta. Iterambere ry’imijyi yo muri Afurika ririmo kwihuta cyane kurusha n’igipimo rusange cyo ku rwego rw’Isi. Nk’urugero, mu Rwanda, iterambere ry’imijyi riri ku gipimo cya 6% ku mwaka, ugereranyije na 2% ibara ku rwego mpuzamahanga.”

“Mu 1962 umurwa mukuru w’u Rwanda Kigali wari utuwe n’abantu babarirwa mu 6000. Uyu munsi Kigali ituwe n’abaturage hafi miliyoni 1.5. Na none kandi munsi ya 20% by’abaturarwanda nibo baba mu mijyi. Intego yacu ni uko bazagera kuri 35% mu myaka iri imbere.”

Yakomeje avuga ko iterambere ry’imijyi rinatanga amahirwe akomeye y’ishoramari, iterambere n’izamauka ry’imibereho y’abaturage, ariko bikaba ari no kuvuga ko hakenewe ko hakorwa igenamigambi rinoze, ndetse n’ibikorwa byose bikagendera ku murongo.

Perezida Kagame yavuze ko ari amahirwe muri Afurika kuba imijyi yayo iri gutera imbere mu gihe n’ikoranabuhanga rifasha cyane imijyi iteye imbere rikomeje kwiyongera.

Ati “Muri Kigali murandasi nziramugozi yamaze gushyirwa mu modoka rusange zitwara abagenzi, ushobora kandi kwishyura ukoresheje ikarita ya ‘Tap&Go’, nta mafaranga mu ntoki. Serivisi z’ingenzi za leta nk’ibyangombwa biranga umuntu, ibyemezo by’ubutaka no kwandikisha ubucuruzi, bigerwaho umuntu anyuze muri serivisi yacu y’ikoranabuhanga, izwi nka Irembo.”

“Abanyarwanda kandi barimo gukoresha ikoranabuhanga rya telefoni mu kwishyura inyemezabwishyu z’amazi n’amashanyarazi kimwe no kwishyura imisoro. Uburyo bw’ikoranabuhanga mu kwishyurana ntabwo bworohereza abakeneye serivisi gusa, rinagabanya icyuho cya ruswa.”

Src : IGIHE

2019-10-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Konti zigera kuri miliyoni 50 kuri Facebook zagabweho igitero

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Minisitiri Nsengimana amaze amezi atandatu nta faranga rigeze mu ikofi ye

Ubwanditsi 17 Nov 2017
RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ibyishimo byasaze Iradukunda na Ngayabahunga begukanye miliyoni 20 Frw muri Airtel Yora Kashi (Amafoto)

Ubwanditsi 22 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro
UBUKUNGU

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Ubwanditsi 01 Mar 2019
Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe
INKURU NYAMUKURU

Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Ubwanditsi 13 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru