• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali
C

U Rwanda rugiye gushora Miliyari 5 Frw mu kugura camera zicunga umutekano muri Kigali

Ubwanditsi 16 May 2018 IKORANABUHANGA

Guverinoma y’u Rwanda irateganya kugura camera zicunga umutekano 124, zifite agaciro ka miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, zigashyirwa ahantu hatandukanye hahurira abantu benshi mu Mujyi wa Kigali, hagamijwe gukaza umutekano.

Iyi gahunda iri mu biteganyijwe mu ngengo y’imari y’Ikigo gishinzwe ikoranabuhanga mu Rwanda ( RISA), cyagejeje kuri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe ingengo y’Imari n’Umutungo by’igihugu mu cyumweru gishize.

Izi camera zizwi nka CCTV (Closed-Circuit Television), zikunda gukoreshwa cyane mu maduka manini, amaguriro n’ahandi hantu hahurira abantu benshi, zigafasha mu gukumira no gutahura ibyaha.

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye no guhanga udushya muri RISA, Sebera Antoine, yabwiye The New Times ko izi camera zizagurwa mu mwaka utaha w’ingengo y’imari, zizashyirwa ahantu hatandukanye muri Kigali, hibandwa ku hahurira abantu benshi.

Yavuze ko iyi gahunda iri mu murongo wo gukomeza kugira Kigali umujyi ucyeye kandi utekanye, by’umwihariko kuri ubu bikaba ari ingenzi cyane kuko wabaye ihuriro ry’aho abakomeye benshi bahurira bakaganira ku ngingo zitandukanye, kwita ku mutekano wabo bibaka biri mu bya mbere igihugu cyiyemeje.

Yagize ati “Gushyiraho camera ahantu hatandukanye bizafasha mu gukumira ibyaha kuko abantu bazaba bazi ko Polisi ibareba. Amaperereza nayo azoroha kuyakora mu gihe hakozwe ibyaha.”

Sebera yanavuze ko miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda zizatangwa mu kugura camera 124 ndetse n’ibindi bikenewe mu kuzishyiraho birimo; umuyoboro wa internet ikoresha Fibre Optique n’ibyuma byo kuzishyiraho.

Bimwe mu bice bizashyirwamo camera birimo; igice cyahariwe inganda cya Kigali (KSEZ), giherereye i Masoro-Munini na Kagarama-Musave mu Karere ka Gasabo ndetse n’ahandi hahurira imihanda minini.

Sebera avuga ko nubwo Umujyi wa Kigali usanzwe utekanye hifuzwa ko utekana kurushaho kandi ukaba koko umujyi ucyeye (Smart City).

Mu gushyira izi camera ahantu hatandukanye RISA ifite inshingano zo gushyira mu bikorwa imishinga y’iterambere ry’ikoranabuhanga izafatanya na Polisi y’Igihugu.

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP Theos Badege, yavuze ko gushyira Camera ahantu hatandukanye muri Kigali, bizatuma bagera ku ntego yo gucunga umutekano badakoresheje amafaranga menshi kuko ikoranabuhanga rituma bishoboka.

Depite Théobald Mporanyi yavuze ko iyi gahunda izashyigikirwa n’abadepite benshi kuko bumva neza ko ari intambwe y’ingenzi igihugu giteye mu iterambere.

Yagize ati “Uko igihugu cyacu gitera imbere, abajura nabo bariyongere ari nako bazana amayeri yo gukora ibyaha byabo, tugomba kuryamira amajanja. Izi camera zirakenewe cyane kandi iyi gahunda igomba gushyigikirwa, ikanashyirwamo imari bigendanye n’ubushobozi bw’igihugu.

Ibyo Abadepite basuzumye mu gutegura ingengo y’imari bizitabwaho mu gukora umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari y’igihugu ya 2018-2019, izigwa mu kwezi gutaha ikazemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

 

Zimwe muri camera ziri ku muhanda muri Kigali

 

 


2018-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ibyuma bikoreshwa basaka byaba bigira ingaruka ku buzima?

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Ubwanditsi 16 Jan 2019
U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka
SHOWBIZ

Rwanda: Bwa mbere hahembwe ‘Couple’ y’umwaka

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo
SHOWBIZ

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi
Mu Rwanda

Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Ubwanditsi 17 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru