• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Apple yamuritse iPhone nshya n’isaha ishobora gukurikirana imikorere y’umutima

Ubwanditsi 14 Sep 2018 IKORANABUHANGA

Uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple rwamuritse iPhone eshatu nshya ndetse n’isaha ifite ubushobozi bwo kugenzura uko umutima utera.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Nzeri muri Steve Jobs Theater i Cupertino muri leta ya California, niho habereye iki gikorwa cyo kumurika ibikoresho bishya by’ikoranabuhanga bya Apple.

Nk’uko byari byitezwe, hashyizwe hanze Apple Watch Series 4, yaje ifite umwihariko wo kuba ikoranye ikoranabuhanga rigenzura uko umutima utera.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Apple, Jeff Williams yavuze ko babonye uburenganzira bw’ikigo gishinzwe Ibiribwa n’Imiti, FDA, bubemerera kuba iyi saha yakoreshwa mu buvuzi.

Izajya ifasha uyambaye kuba yapima uko umutima we utera no kubona ibimenyetso by’ibibazo birimo kuba wahagarara cyangwa umwuka utageramo uko bikwiye (stroke), ku buryo wakwihutira kujya kwa muganga.

ABC News ivuga ko iyi saha ibasha kumenya niba umuntu anyereye cyangwa aguye hasi, igahamagara nimero z’abakora ubutabazi bwihuse igihe amaze umunota umwe atanyeganyega.

Apple Watch Serie 4 ifite umubyimba muto n’ikirahure kinini ugereranyije n’izayibanjirije, ikoresha akuma karanga ahantu (GPS) izajya igurishwa ku madolari 399, mu gihe ishobora gukoreshwa nka telefoni ari 499$.

Apple kandi yanashyize hanze telefoni nshya eshatu zirimo iPhone XS, iPhone XS Max na iPhone XR zose zifite ikirahure kinini kandi kigera ku mpande.

Icyo zitandukaniyeho na iPhone X yasohotse umwaka ushize ni amafoto meza, amajwi asohoka neza kandi akagera kure ndetse n’ikoranabuhanga rikorana n’isura ariko ryihuta cyane (Face ID).

Izi telefoni zizagera ku isoko tariki ya 21 Nzeri. iPhone XS Max izaba igura amadolari 1099, iPhone XS igure amadolari 999, ni mu gihe iPhone XR izatangira gucuruzwa ku wa 19 Ukwakira yo izajya igurishwa amadolari 749.

Ubwo umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Apple, Jeff Williams, yasobanuraga imikorere ya Apple Watch Series 4 muri Steve Jobs Theater kuri uyu wa 12 Nzeri 2018

Visi Perezida wa Apple ushinzwe iyamamazabikorwa ku Isi, Phil Schiller, asobanura imikorere ya Apple iPhone XS na Apple iPhone XS Max kuri uyu wa Gatatu

Apple iPhone XR yakozwe mu mabara atandukanye, yamuritswe kuri uyu wa Gatatu muri Leta ya California

2018-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ikigo gikomeye cyo mu Bwongereza, Inmarsat, cyatangiye inzira iganisha u Rwanda ku ikoranabuhanga rihambaye

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Ubwanditsi 24 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Ubwanditsi 18 Jun 2019
Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente
Mu Mahanga

Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Ubwanditsi 18 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru