• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Ethiopia: Perezida Kagame yagabiwe inka n’inyana yayo

Ubwanditsi 26 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed, yakiriye ku meza Perezida Kagame ndetse amugabira inka y’imbyeyi n’inyana yayo, amushimira imiyoborere ye mu Rwanda no muri Afurika muri rusange.

Kuri uyu wa Gatanu Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU, yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Ethiopia. Ni uruzinduko rwa mbere agiriye muri iki gihugu kuva Dr. Abiy Ahmed yatorerwa kuba Minisitiri w’Intebe asimbuye Hailemariam Desalegn weguye.

Dr Abiy yahaye inka Perezida Kagame amuvuga ibigwi by’uburyo ari umuyobozi mwiza ushyize imbere icyateza imbere umugabane wa Afurika.

Ati “Perezida Kagame ntabwo ari uw’u Rwanda gusa ahubwo ayoboye umugabane wose neza, mu buhanga no mu buryo butangaje bwo kuwuzanamo impinduka, kwihuza mu bukungu ndetse no kugera ku nzozi z’abakurambere bacu.”

Yakomeje agira ati “Perezida Kagame ni impirimbanyi yo kwibohora, ni impano ikomeye ku banyarwanda n’abanyafurika muri rusange. Nyuma yo guharanira kwibohora biba bikomeye gushyiraho inzego, ariko iyo ugiye mu Rwanda ubona uko uyu muyobozi yahinduye igihugu.”

Umukuru w’Igihugu yashimye impano yagenewe na mugenzi, avuga ko isobanuye byinshi mu muco ibihugu byombi bisangiye.

Yagize ati “Murakoze ku bw’impano ikomeye ikora ku mutima w’abo turi bo no kuri byinshi biri mu muco dusangiye. Iyi ni inka nziza n’inyana yayo, izongera ubushyo bwanjye kandi izagira umwanya wihariye.”

Perezida Kagame na we yageneye mugenzi we impano y’ishusho y’intore ihamiriza mu mbyino gakondo, asobanura ko iyo ufite ubushyo bw’inka cyangwa uri umuyobozi w’igihugu, ubu ufite ingabo n’ubushake bwo kuyobora ariko unakenera kwishima binyuze mu mbyino.

Dr Abiy kandi yishimiye kuba Perezida Kagame yagiriye uruzinduko mu gihugu cye, yizeza ko ubu bucuti no kugenderana bizakomeza. Perezida Kagame yamusubije ko azasubirayo kenshi mu gihe kirekire, amutumira kuzasura u Rwanda.

Aba bayobozi bombi kandi basuye agace kahariwe inganda kazwi nka ‘Hawassa Industrial Park’ gakoreramo inganda n’ibigo mpuzamahanga bigera kuri 18 bikora ibijyanye n’imyenda.

Basuye ibigo birimo PVH izwi cyane mu gukora imyenda ifite ikirango cya Calvin Klein cyangwa Tommy Hilfiger. Banasuye igice gitunganyirizwamo imyanda ituruka mu nganda, hagamijwe kurengera ibidukikije.

Abashinzwe itangazamakuru mu biro bya Minisitiri wa Ethiopia, batangaje ko kuba Perezida Kagame yasuye inganda n’ibindi bikorwa remezo muri Ethiopia, bigamije kwigira ku bunararibonye bw’iki gihugu muri uru rwego.

Banki y’Isi itangaza ko aka gace kabayeho bwa mbere muri iki gihugu, kitezweho gutanga imirimo igera ku bihumbi 60 ndetse no kuzamura ibyo Ethiopia yohereza mu mahanga ku kigero cya Miliyari imwe y’Amadolari.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu Perezida Kagame aritabira inama nyunguranabitekerezo ku mavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), ajyanye n’imiyoborere n’imikorere yawo, kwishakamo ingengo y’imari n’ibindi.

Hari kandi inama aragirana n’abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bagera kuri 15; abayobozi b’imiryango y’ubukungu y’uduce dutandukanye twa Afurika; ndetse n’izahuza abagize Inama Nyobozi y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yagabiye Perezida Kagame inka n’iyayo

Perezida Kagame yahaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy, impano y’ishusho igaragaza intore iri guhamiriza

Perezida Kagame yitegereza bumwe mu bwoko bw’amashati akorerwa muri uru ruganda

Basuye ibigo birimo PVH izwi cyane mu gukora imyenda ifite ikirango cya Calvin Klein cyangwa Tommy Hilfiger

Ubwo berekwaga imikorere ya zimwe mu nganda zikorera muri Hawasa Industrial Park

Aba bayobozi bombi kandi basuye agace kahariwe inganda kazwi nka ‘Hawassa Industrial Park’ gakoreramo inganda n’ibigo mpuzamahanga bigera kuri 18 bikora ibijyanye n’imyenda

2018-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019
”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 May 2019
Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019
IMIKINO

Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Ubwanditsi 03 Mar 2019
Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye muri Canada baravuga ko batewe ishema no kwakira perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru