• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ubwanditsi 05 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru yizewe agera kuri Rushyashya, aravuga ko kuri uyu wa gatatu tariki 06 Nyakanga 2022, i Luanda muri Angola hateganyijwe umubonano hagati ya Perezida w’uRwanda, Paul Kagame, mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Félix Tshisekedi Tshilombo, na Perezida Joao Lourenço wa Angola, umuhuza mu bushyamirane bwakuruwe na Kongo,ubwo yananirwaga gukemura ibibazo byayo by’ingutu, ikabigereka ku Rwanda.
Icyakora abakurikiranira hafi ibya politiki yo muri aka karere muri rusange, n’iya Kongo by’umwihariko, baribaza impamvu y’uwo mubanono ufatwa nk’imishyikirano hagati y’uRwanda na Kongo, mu gihe Kongo ihanganye n’abaturage bayo gusa, u Rwanda rwo rukagaragaza ko ntaho ruhuriye n’ ibibazo bya Kongo, kuko bireba mbere na mbere Abakongomani ubwabo, bakaba ari nabo bagomba kubishakira ibisubizo.

Basanga umubonano wa Luanda wagira akamaro gusa ari uko Tshisekedi avuye ku izima, akemerera umuhuza Joao Lourenço ko aretse gushinja u Rwanda ibinyoma, ahubwo agasaba inama y’uko yakemura ikibazo afitanye n’imitwe inyuranye y’Abanyekongo. Luanda se yaba igiye kwemeza Tshisekedi kureka gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’uRwanda?

Ubutegetsi bwa Kongo ntibwera ko umutwe wa M23 bahanganye nawo ku rugamba ari uw’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo, ahubwo Kinshasa ikavuga ko ari uRwanda rwateye Kongo. Nyamara kugeza, ubu uretse amagambo n’ibitutsi , nta kimenyetso na kimwe Tshisekedi n’ibyegera bye bari bereka isi, bigaragaza isano y’uRwanda n’iyo ntambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo na Radiyo by’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 04 Nyakanga, Perezida w’uRwanda, Paul Kagame, yongeye gushimangira ko igihe cyose Abanyekongo bazaba batarumva neza umuzi w’amadidane yabo, bizagorana kuyabonera ibisubizo birambye. Perezida Kagame yavuze ko yagiriye inama abategetsi bose ba Kongo, uko bagiye basimburana, abasaba kwita ku kibazo cy’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, bakareka gukandamizwa mu gihugu cyabo. Ikigaragara bamwimye amatwi, aho gukemura ikibazo mu nzira ya politiki n’ibiganiro, bahitamo intambara biboneka ko izabageza habi cyane.

Muri icyo kiganiro cyatambutse ejo kuwa mbere, Perezida Kagame yongeye kuvuga ko ikimuraje ishinga ari ukurinda imipaka n’ubusugire bw’uRwanda, icyakora asaba Kongo guhagarika ubushotoranyi, bitaba ibyo kwihangana bikazagira iherezo.

Ese Tshisekedi azava muri iyi nama yumvise ingaruza zishobora kumubaho mu gihe yakongera kurasa ku butaka bw’uRwanda, cyangwa guha icyuho abaza guhungabanya umutekano mu Rwanda?

Azayisohokamo se bagenzi be bashoboye kumwumvisha ko adakwiriye gukomeza kwica bamwe mu baturage be abaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda? Mu gihe Perezida Tshisekedi yazava i Luanda uko yagiyeyo, adahinduye imyumvire n’imyitwarire, iyo nama izaba yabaye imfabusa.

2022-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda

Amerika yirukanye umudiplomate wa Ambasade ya Uganda

Ubwanditsi 11 Jan 2018
P. Kagame na Museveni  bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

P. Kagame na Museveni bahuriye muri Sheraton Hotel i Addis [ Bageze kuki ? ]

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Perezida wa Repubulika , akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda arashimira Ingabo na Polisi umurava n’ubudashyikirwa mu kurengera ubusugire n’umutekano w’Abanyarwanda.

Perezida wa Repubulika , akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda arashimira Ingabo na Polisi umurava n’ubudashyikirwa mu kurengera ubusugire n’umutekano w’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 31 Dec 2020
Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya

Perezida Trump yabwiye Kim Jong un ko itisubiyeho yagira ibyago nk’ibya Gaddafi wa Libya

Ubwanditsi 19 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi
INKURU NYAMUKURU

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024
Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona
Amakuru

Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Ubwanditsi 25 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru