• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ese inama ya Luanda iteganyijwe tariki 06 Nyakanga 2022 yaba igiye kuvana ku izima Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo, utumva cyangwa wirengagiza imvano y’ibibazo by’igihugu cye?

Ubwanditsi 05 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru yizewe agera kuri Rushyashya, aravuga ko kuri uyu wa gatatu tariki 06 Nyakanga 2022, i Luanda muri Angola hateganyijwe umubonano hagati ya Perezida w’uRwanda, Paul Kagame, mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Félix Tshisekedi Tshilombo, na Perezida Joao Lourenço wa Angola, umuhuza mu bushyamirane bwakuruwe na Kongo,ubwo yananirwaga gukemura ibibazo byayo by’ingutu, ikabigereka ku Rwanda.
Icyakora abakurikiranira hafi ibya politiki yo muri aka karere muri rusange, n’iya Kongo by’umwihariko, baribaza impamvu y’uwo mubanono ufatwa nk’imishyikirano hagati y’uRwanda na Kongo, mu gihe Kongo ihanganye n’abaturage bayo gusa, u Rwanda rwo rukagaragaza ko ntaho ruhuriye n’ ibibazo bya Kongo, kuko bireba mbere na mbere Abakongomani ubwabo, bakaba ari nabo bagomba kubishakira ibisubizo.

Basanga umubonano wa Luanda wagira akamaro gusa ari uko Tshisekedi avuye ku izima, akemerera umuhuza Joao Lourenço ko aretse gushinja u Rwanda ibinyoma, ahubwo agasaba inama y’uko yakemura ikibazo afitanye n’imitwe inyuranye y’Abanyekongo. Luanda se yaba igiye kwemeza Tshisekedi kureka gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’uRwanda?

Ubutegetsi bwa Kongo ntibwera ko umutwe wa M23 bahanganye nawo ku rugamba ari uw’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo, ahubwo Kinshasa ikavuga ko ari uRwanda rwateye Kongo. Nyamara kugeza, ubu uretse amagambo n’ibitutsi , nta kimenyetso na kimwe Tshisekedi n’ibyegera bye bari bereka isi, bigaragaza isano y’uRwanda n’iyo ntambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo.

Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo na Radiyo by’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki 04 Nyakanga, Perezida w’uRwanda, Paul Kagame, yongeye gushimangira ko igihe cyose Abanyekongo bazaba batarumva neza umuzi w’amadidane yabo, bizagorana kuyabonera ibisubizo birambye. Perezida Kagame yavuze ko yagiriye inama abategetsi bose ba Kongo, uko bagiye basimburana, abasaba kwita ku kibazo cy’Abanyekongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda, bakareka gukandamizwa mu gihugu cyabo. Ikigaragara bamwimye amatwi, aho gukemura ikibazo mu nzira ya politiki n’ibiganiro, bahitamo intambara biboneka ko izabageza habi cyane.

Muri icyo kiganiro cyatambutse ejo kuwa mbere, Perezida Kagame yongeye kuvuga ko ikimuraje ishinga ari ukurinda imipaka n’ubusugire bw’uRwanda, icyakora asaba Kongo guhagarika ubushotoranyi, bitaba ibyo kwihangana bikazagira iherezo.

Ese Tshisekedi azava muri iyi nama yumvise ingaruza zishobora kumubaho mu gihe yakongera kurasa ku butaka bw’uRwanda, cyangwa guha icyuho abaza guhungabanya umutekano mu Rwanda?

Azayisohokamo se bagenzi be bashoboye kumwumvisha ko adakwiriye gukomeza kwica bamwe mu baturage be abaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda? Mu gihe Perezida Tshisekedi yazava i Luanda uko yagiyeyo, adahinduye imyumvire n’imyitwarire, iyo nama izaba yabaye imfabusa.

2022-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024
Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Ubwanditsi 16 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahakanye ibyo gushyirwaho igitutu ku kibazo cy’abimukira bo muri Israel
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahakanye ibyo gushyirwaho igitutu ku kibazo cy’abimukira bo muri Israel

Ubwanditsi 05 Apr 2018
U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
POLITIKI

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC  basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru