• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Ubwanditsi 26 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Uyu mugore Kasinge Nadine Claire yari aherutse gutangaza ko ngo aziyamamariza kuba “Perezida w’u Rwanda ” mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2024. Byahe byo kajya ko bwari ubutekamutwe bugamije kwiba amafaranga y’ibigarasha n’abajenosideri bahora barota kwimika mu Rwanda ingoma y’abicanyi n’abajura nk’uko byahoze!

Kasinge Nadine usanzwe mu kiryabarezi ngo ni ishyaka “Ishema” rya wa murwayi wo mu mutwe Nahimana Thomas, yahise anashyira ahagaragara ikipe y’abantu 8 nabo babundabunda iyo mu mahanga, ngo bazamufasha kwiyamamaza, ndetse anatangaza, ashize amanga, ko azagera mu Rwanda tariki 23 Ugushyingo 2023!

Ku munsi nyirizina izo “mpirimbanyi za demokarasi” zagombaga kuba zasesekaye mu Rwagasabo, umutubuzi Kasinge yatangaje ko atakije mu Rwanda, ngo kuko” abavuga rikijyana muri politiki na dipolomasi” bamugiriye inama yo kureka urugendo rumuzana mu Rwanda!
Umunyamitwe Kasinge Nadine ntiyavuze amazina y’abo bajyanama be, cyangwa icyo bashingiyeho bamubuza kuza mu Rwanda.

Iki kinyoma ariko nticyatunguye abasanzwe basobanukiwe imikorere y’aba biyita opozisiyo nyarwanda, by’umwihariko abazi neza ubutekamutwe Kansinge na Nahimana batahwemye gukorera ababakurikira bujiji. Uretse n’ibicupuri ngo ni imishinga Nahimana Thomas n’ibyegera bye yagiye abeshyeshya abantu bakamuhundagazaho inoti, munibuke ko no muw’2016 bakusanyije imisanzu y’ibigarasha n’abajenosideri ngo baje kwiyamamaza, bakajya kwirira iraha i Nairobi, mbere yo kwisubirira i Burayi babeshya ngo bangiwe kwinjira mu Rwanda. Injijite zo muri Australia ubwazo zabahaye abarirwa mu bihumbi 100 by’amadolari( ni miliyoni zisaga 100 uvunje mu mafaranga y’uRwanda) n’ubu ziracyaririra mu myotsi.

Igitangaje ariko, ni ukuntu Nahimana na Kasinge bashobora gukomeza gukinga abantu ibikariko mu maso, nabo ntibashidikanye mu kongera kubaha amafaranga, batitaye ku binyoma bitabarika bamaze kubakubita.

Nyamara ntibisaba kuba umunyabushishozi uhambaye ngo utahure ubutekamutwe bwa Kansinge na Nahimana. Ingero ni nyinshi:

1. Ubujura bakoze mu mishinga ya baringa, harimo n’ikinyoma cyo kwiyamamaza muw’2017, bwagombye kubera isomo abaha imisanzu Nahimana na Kansinge, ntibongere gutagaguza udufaranga twakabasunitse mu buzima butoroshye bwo mu buhungiro.

2. Kasinge Nadine yivugiye ko yamenyeye u Rwanda mu makoraniro y’Abaskuti. Ese koko uretse gufatirana abantu mu bujiji, ibi birahagije ngo ugire “akayihayiho”ko kuyobora igihugu umaze imyaka 30 udakandagiramo?Ni uwuhe mushinga wa politiki azwiho, ku buryo abamuri inyuma bagira icyizere cyo gutsinda, byanamuha imbaraga zo kuza mu Rwanda kuwusobanura?

3. Iyo urebye Kansinge na bariya bantu 8 ngo bagombaga kumufasha kwiyamamaza, usanga uretse n’ubushobozi buke muri politiki, banasanganywe ibyaha n’ubusembwa bitatuma bahirahira ngo bakandagire mu Rwanda. Abadakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bakoze ibindi byaha, haba mu mvugo no mu ngiro, inkiko zabakurikiranaho baramutse baje mu Rwanda.

3. Ishyaka”Ishema” bari kunyuzamo ukwiyamamaza kwabo ntiryemewe mu Rwanda, kandi ibisabwa ngo umutwe wa politiki wandikwe ntibishoboka ko byaba byujujwe mu gihe kitageze ku mwaka ngo amatora abe.

4. Ese ubundi ko nta cumbi bari bateganyije, babwiraga ababaha amafaranga ko bazashyikira kwa nde, mu yihe hoteli cyangwa inzu bakodesheje, ko ntayo tuzi bagira mu Rwanda?

5. Ese aba” bavuga rikijyana” babagiriye inama yo kutaza mu Rwanda, bari hehe mbere yo gutangaza iriya tariki ya 23 Ugushyingo?

Ingero zigaragaza ko Kasinge Nadine n’abambari be bifatiye imphwishi ni nyinshi. Gusa guteka umutwe birongeye birabahiriye, aka wa mugani ngo ” iby’abapfu biribwa n’abapfumu! Kugeza ryari ahubwo?!

2023-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Perezida Kagame yongeye kuvuga k’uruhare rwa Uganda mu guhohotera Abanyarwanda

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Ubwanditsi 11 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahaye Mitali  ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko
Mu Rwanda

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Ubwanditsi 30 May 2017
Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze
INKURU NYAMUKURU

Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze

Ubwanditsi 22 Mar 2020
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye
Amakuru

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru