• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Ubwanditsi 06 Jun 2016 Mu Mahanga

Imibare itangazwa na Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zagabanutse ku buryo bugaragara mu mezi atandatu ashize ugereranyije n’umwaka ushize wa 2015.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya inkongi z’imiriro no gutabara abari mu kaga, Assistant Commissioner of Police (ACP), Jean Baptiste Seminega, yavuze ko mu 2015 habaye inkongi z’imiriro 122 mu gihugu hose.

Yagize ati:”Yego si umubare muto; ariko aho zabaye hose twaratabaye kandi tuzizimya zitarangiza ibintu byinshi; kandi ibyo byajyanye no gusobanurira abantu uko bashobora kuzirinda, ibyo bikaba ari byo byatumye zigabanuka. Kuva uyu mwaka utangiye hamaze kuba inkongi z’imiriro 30. Twizera ko uko turushaho gukangurira abaturarwanda gufata ingamba zo kuzirinda bizatuma zirushaho kugabanuka.”

Ku rundi ruhande ariko ACP Seminega avuga ko atanejejwe n’iriya mibare y’inkongi z’imiriro zabaye, aha akaba yaragize at:” Twahuguye abantu b’ingeri zinyuranye bagera ku 20,000. Ubumenyi twabahaye mu bijyanye no kwirinda inkongi z’imiriro bwakabaye butuma imibare yazo itagera kuri iriya. Twe icyo tugamije ni ukuzikumira kurusha kurwana n’ingaruka izo nkongi ziba zateje.”

Iperereza ryakozwe mu 2015 ryagaragaje ko inkongi z’imiriro zabaye muri uwo mwaka zatewe ahanini na sirikuwi yatewe no gukoresha ibikoresho by’amashanyarazi bitujuje ubuziranenge, kandi ko abantu bamwe bagize uburangare bagasiga buji zaka bakajya kure yazo ku buryo zikongeza ibindi bintu biri hafi yazo; hanyuma bigateza inkongi zangije ibintu, zikomeretsa abantu, ndetse zihitana abandi.

ACP Seminega yakomeje agira ati,”Abantu bakwiye kugura kandi bagashyira mu nyubako zabo ibikoresho by’ibanze byo kuzimya inkongi z’imiriro kugira ngo niziramuka zibaye babashe kuzizimya zitarangiza ibintu byinshi mu gihe bategereje ubutabazi bwa Polisi y’u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko kujugunya ibisigazwa by’itabi ku gasozi bishobora guteza inkongi y’umuriro, ndetse yibutsa ko kuyiteza bihanwa n’amategeko y’u Rwanda.

Yavuze ko inkongi z’imiriro zikunze kuba nyinshi muri mezi ya Nyakanga na Kanama, maze asaba abanywi b’itabi kutajugunya ibisigazwa byaryo ku gasozi, no kurangwa n’ubushishozi mu bikorwa bitandukanye nko gutwika amakara n’imyanda. Abantu barasabwa kwigengesera cyane mu bikorwa byabo muri aya mezi y’impeshyi kugira ngo bidateza inkongi z’imiriro.”

Mu bihe byo ha mbere, bamwe mu borozi cyangwa abashumba bo mu ntara y’uburasirazuba batwikaga ahantu runaka kugira ngo imvura nigwa hazaboneke ubwatsi butoshye bw’amatungo yabo. Rimwe na rimwe umuyaga watumaga iyo nkongi ifata ahantu hanini cyane.

ACP Seminega yasabye abantu bagifite iyo myumvire kuyireka abibutsa ko ari ukwangiza ibidukikije, kandi ko bihanwa n’amategeko mu Rwanda.

Yagize na none ati:”Polisi y’u Rwanda ifite imodoka zigezweho zo kuzimya inkongi z’imiriro; kandi ifite abapolisi bafite ubumenyi mu kuzikumira no kuzizimya. Kugeza ubu, muri buri ntara hari imodoka ikoreshwa mu kuzimya inkongi z’imiriro zabaye mu turere tuyigize; ariko biteganyijwe ko mu minsi iri imbere buri karere kazaba gafite iyo modoka. Ibi bikaba bizakorwa ku bufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’inzego z’ibanze.”

Yongeyeho ko Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bwo kurwanya inkongi z’imiriro, aho yigisha abantu ikizitera, uko bazirinda, ndetse n’uko bazizimya bifashishije ibikoresho by’ibanze byabugenewe (Fire Extinguishers) cyangwa bakoresheje ibikoresho bisanzwe nk’umusenyi n’amazi.

ACP Seminega yasoje agira ati:”Dufite gahunda yo guhugura abantu benshi tubaha ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro, kandi twizera ko kubaha ubwo bumenyi ari bumwe mu buryo bwo kuzikumira no kuzirwanya.”

RNP

2016-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi

Ubwanditsi 20 Oct 2017
Uganda : Umurinzi wa Museveni yatorokanye imbunda zirimo amasasu 120

Uganda : Umurinzi wa Museveni yatorokanye imbunda zirimo amasasu 120

Ubwanditsi 13 May 2018
Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika

Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ruswa ya Tshisekedi iravuza ubuhuha mu bayobozi bo mu Bubiligi ngo basebye u Rwanda cyane cyane Depute Andre Flahaut

Ubwanditsi 25 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol
IMIKINO

Ivan Minnaert yagaruye Mbondi muri 11 bagiye guhangana na Costa do Sol

Ubwanditsi 18 Apr 2018
BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira
ITOHOZA

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Abanyamakuru n’ishami ry’ubugenzacyaha bashyizeho ingamba zo kunoza imikoranire mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 21 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru