• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC
Ignace Rusagara, bihemu wigize umusesenguzi mu mategeko na politiki

Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Ubwanditsi 25 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Abumva amahomvu avugirwa ku maradiyo y’ibigarasha, nka ITAHUKA, bamaze iminsi bumva uwitwa RUSAGARA Ignace wigize intyoza mu bitutsi, ubusesenguzi bw’amategeko n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, kandi mu by’ukuri yagombye kuba ari mu maboko y’ubutabera kubera ibyaha byanatumye ahunga u Rwanda, ahitamo kujya kurwandagariza mu mahanga.

Itohoza ryimbitse Rushyashya yakoze ryatahuye ko RUSAGARA Ignace bakunda kwita “Mariloze”, ari umujura ruharwa wajujubije abantu abamaraho utwabo abizeza ibitangaza mu bijyanye n’ubwunganizi mu mategeko cyangwa ubucuruzi. Ibyamenyekanye cyane ni igihe Rusagara yihuzaga n’abandi batekamutwe mu byamategeko bagatekera mutwe uruganda rwa Skol bakagurisha ikibanza cya Sebatware Andre ahahoze Kigali Night ku Kimihurura amafaranga asaga miliyoni y’amadorali hanyuma bakabifungirwa muri 2015.

Aba batekamutwe bari bakuriwe na Rusagara Ignace na Mulindangabo Faustin bateguye uyu mugambi bashaka abatangabuhamya ndetse n’abaregera indishyi barega Sebatware bateza cyamuna icyo kibanza, ariko kuko bari bafite umuntu muri skol witwa Geoffrey Van Runckelen, yasabye uwishyura muri SKOL ko bandika cheque kuri Mulindangabo Faustin aho kuyandika ku karere ka Gasabo nkuko bisanzwe, bityo amafaranga akigera kuri compte bahita bayabikuza, ariko nyuma bazagufatwa na Polisi. Nyuma yubwo butekamutwe Rusagara yarabyimbye agura imodoka ya Benz yirata ku bantu yumva ko ariwe mukire muri Kigali kuko yahembwe umurengera nk’umufatanyacyaha; nyamara abo bitaga abacikacumu batsindiye indishyi bakagenda babaha ibihumbi 200, ibihumbi 300, miliyoni ebyiri gutyo gutyo. Rusagara uri mu bateguye umugambi yafashe umwanya nk’umwunganizi mu mategeko kuko yumvaga kumukurikirana bitazoroha ariko nawe yarafashwe arafungwa.

Rusagara kandi yibye amafaranga ya Leta ubwo yari ashinzwe gutanga ingurane z’ubutaka, aboneza iyo za Amerika aho yirirwa asebereza abayobozi b’Igihugu cyacu. Ni bihemu utagira isoni na mba, watinyutse gutera inda umwana w’imyaka 15 amufashe ku ngufu, ibintu byashegeshe umutima w’abazi neza uwo mwana, bakaba ngo batazamubabarira ukuntu yangije ubuzima bw’uwo mwangavu.Abo mu muryango wa Rusagara Ignace twashoboye kuvugana baduhamirije aya makuru, ndetse banatubwira ko batagishaka kumva ko hari icyo bapfana kubera ukuntu yiyandarika.Baduhaye amakuru y’uburyo atoteza uwo mwana yatesheje amashuri akamushora mu mbyaro atateganyije, amucyurira ngo ni indaya, akamwicisha inzara n’ubukene. Byanatangiye kare ariko, dore ko ubwo bajyaga gusezerana mu mategeko Rusagara yanze ko bavanga umutungo, nawo bizwi neza ko yawubonye mu bujura.

Nimunyumvire namwe umuntu wigize umusesenguzi mu by’amategeko, umunyapolitiki w’akataraboneka ka Barafinda, nyamara utatinyuka kureba mu maso abo mu muryango we bamushinja ubugome,ubwambuzi,ubugambanyi,kwiyandarika no gusebya Igihugu cyamuhaye byose harimo no kumwishyurira amashuri kugeza yiyise umunyamategeko. Ikindi cyabafungishije nuko Mulindangabo na Rusagara ibyangombwa bakoresheje mu guteza cyamunara ari ibihimbano. Ubu babukoze bitwikiriye Gacaca ko yaciye imanza kandi ntazigeze zibaho .Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika mu ibaruwa yo kuwa 15/07/2015 nimero 30/DII/A/NPPA yandikiraga perezida w’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga gufatanya bagakora iperereza.

Rusagara Ignace yize amashuri yisumbuye I Gahini nyuma ajya kwiga mucyahoze ari KIE icyo gihe kwiga yabifatanyaga no kuba umusekirite. Kwiga muri KIE yaje kubireka ajya kwiga muri ULK. Arangije muri ULK nibwo yabonye urupapuro we yise inzira y’indonke no gukira vuba, binyuze mu guhemuka. Umuryango wa Rusagara waramukarabye bavuga ko bapfushije nkuko babyiyumvira. Se umubyara aherutse kwitaba Imana naho Nyina atuye mu burasirazuba tukaba tudashatse gutangaza imyirondoro yabo kuko badasangiye ibitekerezo nawe. Abavandimwe Rusagara barumiwe ntibaba bashaka no kugaragaza ko baziranye.
Akibona impamyabushobozi akaba umunyamategeko, Rusagara yahoraga abwira abantu bafite ababo bafunze ko ashobora kubafunguza bikarangira abariye amafaranga. Nibwo kandi yatangiye gukoresha inyandiko mpimbano. Rusagara yanabwiraga urubyiruko ruba rushaka kujya hanze ko yabibafashamo, hanyuma akabaka amafaranga, ariko yabagira inama yo kuvuga ko abayobozi bari mu Rwanda bishe ababyeyi babo abo bajene bagatinya kubeshya icyo kinyoma kandi bafite ababyeyi bombi.
Rusagara si uguhemuka akoresha impapuro mpimbano anateka imitwe gusa kuko yatanyije n’imiryango; ubu hari umugore yajyanye muri Amerika acika umugabo n’umwana w’uruhinja none umugore yamwinjije muri RNC nyuma yo kumushakira abagabo. Uwo mugore azwi ku izina rya Kabaji. Ubu nawe nyuma yo guta urugo harimo n’umwana yabaye umunyamuryango wa RNC!!!!!

Mu bundi busazi bwa Rusagara Ignace yirirwa ashyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto y’abapfuye mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku isi maze akayitirira u Rwanda akirirwa amenyesha abayobozi bose batandukanye bayoboye ibihugu by’ibihangange ku isi. Ariko umuntu yibaza Rusagara impamvu atuka leta nuko yamutesheje yaramaze kuba umutekamutwe ukabije cyane.  Nkuko Rushyashya isanzwe igaragaraza ibigarasha, nta numwe muzima uba waravuye mu gihugu adahunze amakosa yakoze. Mukwandika iyi nkuru twegereye na nyirinzu Rusagara yabagamo ati ahubwo nimumubona mumubwire ampe amezi atabira y’ubukode yanyambuye. Bihemu rero niwe wirirwa ku maradiyo yo kuri murandasi ngo arasobanura politiki n’amategeko. Nta handi yakwisanga usibye mu bigarasha n’interahamwe barumbije!! Ngayo nguko.

2020-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ubwanditsi 29 Jul 2018
Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Amnesty International na Human Rights Watch ntimwaharanira uburenganzira bwa muntu nawe ubwawe ubuhonyora, waramunzwe na ruswa n’akarengane.Ntawe utanga icyo adafite.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Se wa Rihanna arifuza ko yasubirana na Chris Brown
IMIKINO

Se wa Rihanna arifuza ko yasubirana na Chris Brown

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda
Amakuru

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura
INKURU NYAMUKURU

RNC ya Kayumba Nyamwasa ifatanyije na JMV Ndagijimana na Joseph Matata bari gutegura  imihango yo guterekera no gukeza Lt Gen Sylvestre Mudacumura

Ubwanditsi 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru