• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC
Ignace Rusagara, bihemu wigize umusesenguzi mu mategeko na politiki

Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Ubwanditsi 25 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Abumva amahomvu avugirwa ku maradiyo y’ibigarasha, nka ITAHUKA, bamaze iminsi bumva uwitwa RUSAGARA Ignace wigize intyoza mu bitutsi, ubusesenguzi bw’amategeko n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, kandi mu by’ukuri yagombye kuba ari mu maboko y’ubutabera kubera ibyaha byanatumye ahunga u Rwanda, ahitamo kujya kurwandagariza mu mahanga.

Itohoza ryimbitse Rushyashya yakoze ryatahuye ko RUSAGARA Ignace bakunda kwita “Mariloze”, ari umujura ruharwa wajujubije abantu abamaraho utwabo abizeza ibitangaza mu bijyanye n’ubwunganizi mu mategeko cyangwa ubucuruzi. Ibyamenyekanye cyane ni igihe Rusagara yihuzaga n’abandi batekamutwe mu byamategeko bagatekera mutwe uruganda rwa Skol bakagurisha ikibanza cya Sebatware Andre ahahoze Kigali Night ku Kimihurura amafaranga asaga miliyoni y’amadorali hanyuma bakabifungirwa muri 2015.

Aba batekamutwe bari bakuriwe na Rusagara Ignace na Mulindangabo Faustin bateguye uyu mugambi bashaka abatangabuhamya ndetse n’abaregera indishyi barega Sebatware bateza cyamuna icyo kibanza, ariko kuko bari bafite umuntu muri skol witwa Geoffrey Van Runckelen, yasabye uwishyura muri SKOL ko bandika cheque kuri Mulindangabo Faustin aho kuyandika ku karere ka Gasabo nkuko bisanzwe, bityo amafaranga akigera kuri compte bahita bayabikuza, ariko nyuma bazagufatwa na Polisi. Nyuma yubwo butekamutwe Rusagara yarabyimbye agura imodoka ya Benz yirata ku bantu yumva ko ariwe mukire muri Kigali kuko yahembwe umurengera nk’umufatanyacyaha; nyamara abo bitaga abacikacumu batsindiye indishyi bakagenda babaha ibihumbi 200, ibihumbi 300, miliyoni ebyiri gutyo gutyo. Rusagara uri mu bateguye umugambi yafashe umwanya nk’umwunganizi mu mategeko kuko yumvaga kumukurikirana bitazoroha ariko nawe yarafashwe arafungwa.

Rusagara kandi yibye amafaranga ya Leta ubwo yari ashinzwe gutanga ingurane z’ubutaka, aboneza iyo za Amerika aho yirirwa asebereza abayobozi b’Igihugu cyacu. Ni bihemu utagira isoni na mba, watinyutse gutera inda umwana w’imyaka 15 amufashe ku ngufu, ibintu byashegeshe umutima w’abazi neza uwo mwana, bakaba ngo batazamubabarira ukuntu yangije ubuzima bw’uwo mwangavu.Abo mu muryango wa Rusagara Ignace twashoboye kuvugana baduhamirije aya makuru, ndetse banatubwira ko batagishaka kumva ko hari icyo bapfana kubera ukuntu yiyandarika.Baduhaye amakuru y’uburyo atoteza uwo mwana yatesheje amashuri akamushora mu mbyaro atateganyije, amucyurira ngo ni indaya, akamwicisha inzara n’ubukene. Byanatangiye kare ariko, dore ko ubwo bajyaga gusezerana mu mategeko Rusagara yanze ko bavanga umutungo, nawo bizwi neza ko yawubonye mu bujura.

Nimunyumvire namwe umuntu wigize umusesenguzi mu by’amategeko, umunyapolitiki w’akataraboneka ka Barafinda, nyamara utatinyuka kureba mu maso abo mu muryango we bamushinja ubugome,ubwambuzi,ubugambanyi,kwiyandarika no gusebya Igihugu cyamuhaye byose harimo no kumwishyurira amashuri kugeza yiyise umunyamategeko. Ikindi cyabafungishije nuko Mulindangabo na Rusagara ibyangombwa bakoresheje mu guteza cyamunara ari ibihimbano. Ubu babukoze bitwikiriye Gacaca ko yaciye imanza kandi ntazigeze zibaho .Umushinjacyaha mukuru wa Repubulika mu ibaruwa yo kuwa 15/07/2015 nimero 30/DII/A/NPPA yandikiraga perezida w’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga gufatanya bagakora iperereza.

Rusagara Ignace yize amashuri yisumbuye I Gahini nyuma ajya kwiga mucyahoze ari KIE icyo gihe kwiga yabifatanyaga no kuba umusekirite. Kwiga muri KIE yaje kubireka ajya kwiga muri ULK. Arangije muri ULK nibwo yabonye urupapuro we yise inzira y’indonke no gukira vuba, binyuze mu guhemuka. Umuryango wa Rusagara waramukarabye bavuga ko bapfushije nkuko babyiyumvira. Se umubyara aherutse kwitaba Imana naho Nyina atuye mu burasirazuba tukaba tudashatse gutangaza imyirondoro yabo kuko badasangiye ibitekerezo nawe. Abavandimwe Rusagara barumiwe ntibaba bashaka no kugaragaza ko baziranye.
Akibona impamyabushobozi akaba umunyamategeko, Rusagara yahoraga abwira abantu bafite ababo bafunze ko ashobora kubafunguza bikarangira abariye amafaranga. Nibwo kandi yatangiye gukoresha inyandiko mpimbano. Rusagara yanabwiraga urubyiruko ruba rushaka kujya hanze ko yabibafashamo, hanyuma akabaka amafaranga, ariko yabagira inama yo kuvuga ko abayobozi bari mu Rwanda bishe ababyeyi babo abo bajene bagatinya kubeshya icyo kinyoma kandi bafite ababyeyi bombi.
Rusagara si uguhemuka akoresha impapuro mpimbano anateka imitwe gusa kuko yatanyije n’imiryango; ubu hari umugore yajyanye muri Amerika acika umugabo n’umwana w’uruhinja none umugore yamwinjije muri RNC nyuma yo kumushakira abagabo. Uwo mugore azwi ku izina rya Kabaji. Ubu nawe nyuma yo guta urugo harimo n’umwana yabaye umunyamuryango wa RNC!!!!!

Mu bundi busazi bwa Rusagara Ignace yirirwa ashyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto y’abapfuye mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku isi maze akayitirira u Rwanda akirirwa amenyesha abayobozi bose batandukanye bayoboye ibihugu by’ibihangange ku isi. Ariko umuntu yibaza Rusagara impamvu atuka leta nuko yamutesheje yaramaze kuba umutekamutwe ukabije cyane.  Nkuko Rushyashya isanzwe igaragaraza ibigarasha, nta numwe muzima uba waravuye mu gihugu adahunze amakosa yakoze. Mukwandika iyi nkuru twegereye na nyirinzu Rusagara yabagamo ati ahubwo nimumubona mumubwire ampe amezi atabira y’ubukode yanyambuye. Bihemu rero niwe wirirwa ku maradiyo yo kuri murandasi ngo arasobanura politiki n’amategeko. Nta handi yakwisanga usibye mu bigarasha n’interahamwe barumbije!! Ngayo nguko.

2020-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Turaburira urubyiruko rwitegura kwerekeza mu mashyamba ya Kongo, basubire inyuma bakurikire urubanza rwa Maj (Rtd) Mudathiru bamenye Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 19 Jun 2020
Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Ubwanditsi 17 Jul 2018
Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Ubwanditsi 31 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabajijwe ku ikurikiranwa rya Kayumba Nyamwasa n’itaha rya Twagiramungu

Ubwanditsi 11 Jun 2018
FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya  Canal Olympia
Amakuru

FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya Canal Olympia

Ubwanditsi 16 Dec 2021
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru
Amakuru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Ubwanditsi 28 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru