Ubwo hakinirwaga igikombe kiruta ibindi muri Basketball y’u Rwanda, APR BBC mu bagabo itwaye igikombe naho mu Bagore gitwarwa na REG WBBC.
Muri iyi mikino yabereye muri BK Aren kuri uyu wa Gatanu, hari hahuye amakipe abiri ya mbere mu mwaka ushize w’imikino mu Abagabo n’abagore.
Umukino wabimburiye iyindi, REG WBBC yari yakiriye APR WBBC niyo yegukanye igikombe itsinze ku manota 76 kuri 63.
Igice cya mbere cy’umukino wa FERWABA Super Cup mu bagore, cyarangiye APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 40-34.
Ikipe ya REG WBBC niyo yitwaye neza muri uyu mukino isoza inatwaye igikombe, iyi kipe y’ikigo gishinzwe ingufu n’amashanyari cya REG WBBC, yasoje umukino itsinze APR WBBC amanota 76-64.
Nyuma y’uyu mukino nibwo hahise hakurikiraho umukino w’amakipe y’Abagabo hahatanirwa igikombe kiruta ibindi cyari gikinwe ku nshuro ya mbere mu Rwanda.
Umukino wa FERWABA Super Cup mu bagabo agace kawo ka mbere karangiye REG BBC iyoboye n’amanota 19 kuri 18 ya APR BBC.
Muri uyu mukino hajemo impinduka kuko mu gice cya mbere cya FERWABA Super Cup cyarangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 33 kuri 30 ya REG BBC.
Ikipe y’ingabo z’igihugu yakomeje kwitwara neza muri uyu mukino aho mu gace ka gatatu karangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 53 kuri 42 ya REG BBC.
Impinduka zagaragaye mu gace ka kane kahise ikipe ya REG BBC yatsinze APR BBC amanota 73-53 yegukana FERWABA Super Cup iri gukinwa ku nshuro ya mbere.