• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

APR FC yanganyije na Police FC 1-1, abatoza bombi bagaya imisifurire

Ubwanditsi 11 Jun 2018 IMIKINO

Nubwo APR FC yaraye inganyije na Police FC igitego 1-1, ngo ntibyayikuye mu mwanya wa Mbere nk’uko byatangajwe ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA. Ngo itegeko ryo mu Rwanda rivuga ko iyo amakipe yombi atsindanywe harebwa ibitego buri kipe izigamye muri rusange hatitawe ku mikino yabahuje gusa.

Kunganya na Police FC ntibyavanye APR FC ku mwanya wa mbere

Kunganya na Police FC ntibyavanye APR FC ku mwanya wa mbere

Nyuma y’umukino abatoza bombi bemeje ko abasifuzi batitwaye neza buri kipe yatsinze igitego cyashoboraga kuba icya kabiri ariko abasifuzi bemeza ko habayeho kurarira.

Umutoza  Ljubomir ‘Ljupko’ Petrović  wa APR FC yakiriye Police FC itozwa n’umunya-Zambia Albert Mphande mu mukino wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe.

Ikipe zombi z’abashinzwe umutekano w’igihugu yakinnye APR FC ibura abakinnyi babiri basanzwe babanzamo; kapiteni Mugiraneza Jean Baptiste Migi wavunitse na Herve Rugwiro wujuje amakarita atatu y’umuhondo.

Byafashije Police FC yinjiye neza mu mukino ihanahana neza kandi inagerageza uburyo bwabyara ibitego. Ku munota wa gatandatu Muhadjili Hakizimana yashatse gucenga abakinnyi ba Police FC bamwaka umupira Meddy na Mostapha bahusha amahirwe ya mbere y’umukino Prince Buregeya yitwara neza arenza umupira.

Rwari rusibiye aho ruzanyura kuko ku munota wa cyenda (9) gusa Police FC yahise ifungura amazamu ku ikosa rya Aimable Nsabimana wahushije umupira ufatwa na Muzerwa Amini wahise asigarana n’umunyezamu Kimenyi awuteye umu munyezamu w’Amavubi awukuramo ariko usanga Dominique Ndayishimiye wahise atsinda igitego cya munani (8) muri shampiyona.

Igice cya mbere cyakomeje kugora APR FC yashoboraga gutsindwa igitego cya kabiri ku munota wa 20 aho Amini Muzerwa witabajwe nka rutahizamu nubwo asanzwe akina ku ruhande yarobye  Kimenyi, ariko umusifuzi wo ku ruhande Karangwa Justin avuga ko hari habayeho kurarira. Ibintu umutoza Mphande wa Police FC atemera na gato.

Nyuma yo kurangiza igice cya mbere Police FC itsinze 1-0 mu gice cya kabiri umutoza wa APR FC yakoze impinduka hinjira Savio Nshuti Dominique, na Martin Fabrice Twizerimana bafata umwanya wa Issa Bigirimana na Imran Nshimiyimana.

Byahinduye umukino APR FC itangira gusatira ariko umutoza wa Police FC akomeza kugaragaza ko atishimiye imisifurire. Byayihesheje igitego cyo kwishyura ku munora wa 72 kuri ‘corner’ yatewe na Iranzi Jean Claude gitsindwa n’umutwe wa Aimable Nsabimana.

Ku munota wa 90 APR FC yashoboraga gutsinda igitego cya kabiri cyari kuyiha intsinzi y’uyu munsi ariko umusifuzi yemeza ko Iranzi yateye free kick Nsabimana Aimable wari wongeye gutsinda yaraririye. Byatumye amakipe yombi agabana amanota gusa nyuma y’umukino abatoza bombi bemeza ko batishimiye imisifurire aho buri umwe yemeza ko igitego cy’ikipe ye cyanzwe nta kosa.

Abasifuzi bishyushya mbere y'umukino

Abasifuzi bishyushya mbere y’umukino

Uhereye ibumoso; Karangwa Justin, Uwikunda Samuel, Ngabonziza Jean Paul, Niyonkuru Zéphanie nibo bayoboye uyu mukino

Uhereye ibumoso; Karangwa Justin, Uwikunda Samuel, Ngabonziza Jean Paul, Niyonkuru Zéphanie nibo bayoboye uyu mukino

Ni umukino wahuje amakipe y'abashinzwe umutekano mu gihugu

Ni umukino wahuje amakipe y’abashinzwe umutekano mu gihugu

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku mpande zombi

Police FC: Bwanakweli Emmanuel ‘Cech’, Mpozembizi Mouhamed, Muvandimwe JMV, Fiston Munezero, Habimana Hussein ‘Eto’o’, Nizeyimana Mirafa, Eric Ngendahimana, Mushimiyimana Mouhamed ‘Meddy’, Nsengiyumva Moustapha, Antoine Dominique Ndayishimiye na Amini Muzerwa.

11 ba APR FC ntabwo barimo Herve Rugwiro na Mugiraneza JB Migi

11 ba APR FC ntabwo barimo Herve Rugwiro na Mugiraneza JB Migi

APR FC: Kimenyi Yves, Emmanuel Imanishimwe ‘Mangwende’, Ombolenga Fitina, Aimable Nsabimana, Buregeya Prince, Bizimana Djihad, Buteera Andrew, Imran Nshimiyimana, Iranzi Jean Claude, na Issa Bigirimana

Abakinnyi 11 Police FC yabanje mu kibuga bitwaye neza

Abakinnyi 11 Police FC yabanje mu kibuga bitwaye neza

Abafana ba APR FC barimo n'ingabo z'u Rwanda bashyigikiye ikipe yabo iminota myinshi y'umukino

Abafana ba APR FC barimo n’ingabo z’u Rwanda bashyigikiye ikipe yabo iminota myinshi y’umukino

Savio Nshuti uri mu bakinnyi batanga ikizere cy'ahazaza ntabwo abona umwanya ubanza mu kibuga muri APR FC

Savio Nshuti uri mu bakinnyi batanga ikizere cy’ahazaza ntabwo abona umwanya ubanza mu kibuga muri APR FC

Mbere yo gutangira umukino abakinnyi n'umutoza ba Police FC babanje gukora ikimenyetso cyo kuzunguza ikiganza hejuru y'umutwe bitangaza benshi, gusa ngo ni ugusaba imana amahirwe

Mbere yo gutangira umukino abakinnyi n’umutoza ba Police FC babanje gukora ikimenyetso cyo kuzunguza ikiganza hejuru y’umutwe bitangaza benshi, gusa ngo ni ugusaba imana amahirwe

Abafana ba Police FC bari bane nkuko bisanzwe

Abafana ba Police FC bari bane nkuko bisanzwe

Nizeyimana Mirafa wagoye cyane APR FC bageze aho bamurindisha babiri

Nizeyimana Mirafa wagoye cyane APR FC bageze aho bamurindisha babiri

Rutahizamu wa Singida Utd Danny Usengimana areba APR FC bivugwa ko azasinyira mu minsi ya vuba

Rutahizamu wa Singida Utd Danny Usengimana areba APR FC bivugwa ko azasinyira mu minsi ya vuba

Myugariro wa APR FC Aimable Nsabimana watsinze ibitego bibiri hakemerwa kimwe ari mu bitwaye neza kurusha abandi muri uyu mukino

Myugariro wa APR FC Aimable Nsabimana watsinze ibitego bibiri hakemerwa kimwe ari mu bitwaye neza kurusha abandi muri uyu mukino

Ndayishimiye Antoine Dominique yatsindiye Police FC igitego cya munani muri shampiyona

Ndayishimiye Antoine Dominique yatsindiye Police FC igitego cya munani muri shampiyona

Antoine Dominique yishimira igitego yatsindiye Police FC

Antoine Dominique yishimira igitego yatsindiye Police FC

Uburyo bwo kwishimira igitego cye

Uburyo bwo kwishimira igitego cye

Albert Mphande utishimiye imisifurire yagaragazaga uburakari

Albert Mphande utishimiye imisifurire yagaragazaga uburakari

Umutoza wa AS Kigali ihanganiye igikombe na APR FC, Eric Nshimiyimana azunguza urutoki avuga ko Police FC yangiwen igitego cyari cyo

Umutoza wa AS Kigali ihanganiye igikombe na APR FC, Eric Nshimiyimana azunguza urutoki avuga ko Police FC yangiwen igitego cyari cyo

Petrovic abwira Mulisa ati ngwino ubambwirire mu rurimi rwanyu njye ndabona batanyumva

Petrovic abwira Mulisa ati ngwino ubambwirire mu rurimi rwanyu njye ndabona batanyumva

Michel Rusheshangoga bivugwa ko yasinyiye APR FC yarebaga bagenzi be bazakinana kuva muri Nyakanga

Michel Rusheshangoga bivugwa ko yasinyiye APR FC yarebaga bagenzi be bazakinana kuva muri Nyakanga

Dr Petrovic ntabwo yishimiye imisifurire

Dr Petrovic ntabwo yishimiye imisifurire

Amiss Cedric ari mu barebye uyu mukino

Amiss Cedric ari mu barebye uyu mukino

Abayobozi ba APR FC, Gen. Jacques Musemakweli na Gen. Mubarak Muganga ntibumvaga ukuntu ikipe yabo ibuze amanota

Abayobozi ba APR FC, Gen. Jacques Musemakweli na Gen. Mubarak Muganga ntibumvaga ukuntu ikipe yabo ibuze amanota

Source :Umuseke

2018-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Ubwanditsi 29 Aug 2024
Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.

Imwe mu mikino ndetse n’amarushanwa byari biteganyijwe mu mikino y’amaboko ya Volleyball na Basketball yasubitswe by’agateganyo.

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba yatangiranye intsinzi

Ubwanditsi 22 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye
POLITIKI

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI
INKURU NYAMUKURU

Uko umwa ADEPR yahuye n’uruva gusenya yagiye kuvuga ubutumwa muri Uganda akisanga muri gereza ya CMI

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali
Mu Mahanga

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 18 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru