• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Ubwanditsi 27 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuririmbyi Nimbona Jean Pierre [Kidum Kibido] ari mu bitaro iwabo mu Burundi aho yari amaze iminsi mu rugendo rw’akazi, yemeza ko ubuzima bwe buri mu kaga.

Kidum yari amaze iminsi akorera ibitaramo mu Burundi, mu mpera z’icyumweru gishize nibwo yiteguraga gusubira mu Mujyi wa Nairobi aho abana n’umuryango we. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Werurwe 2018, yabwiye abafana be ko ubuzima bwe buri mu kaga ndetse ko yahemukiwe n’abanzi.

Uyu muhanzi yanditse kuri Facebook amagambo akomeye abwira abakunzi be ko yahemukiwe n’abanzi batifuza ko abaho. Yabanje kwandika ati “Ndi mu kaga, ndakeka ko naba nararozwe.”

Nyuma y’amasaha abiri, Kidum yongeye kwandika ati “Ndinzwe n’amaraso ya Yesu….banzi banjye! Ntabwo muzigera mutsinda. Nubwo napfa, hari ba Kidum ibihumbi bazaza bakomeze urugendo natangiye.”

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Werurwe 2018, Kidum yavuze ko nyuma yo kurogwa yagerageje gusubira iwe mu Mujyi wa Nairobi ariko uburwayi bumurusha imbaraga.

 

 

Kidum yavuze ko ubu yahawe igitanda mu bitaro mu Mujyi wa Bujumbura gusa ntiyasobanuye neza aho arwariye n’uburwayi abaganga bamusanzemo. Ibyo avuga byose, Kidum we yemeza ko abanzi be bashatse kumwivugana Imana ikamurokora.

Yagize ati “Nagerageje gusubira i Nairobi ariko ntabwo byanyoroheye kuko ndacyafite imbaraga nke. Nasubiye kuri bya bitaro, ubu nashyizwe mu bitaro muri Bujumbura.”

Muri ibi bihe by’uburwayi bwa Kidum abakunzi be by’umwihariko abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje kumwoherereza ubutumwa bumwihanganisha no kumuha imbaraga bamwizeza ko bidatinze azatera ishoti iyi ndwara.

 

 

 

Kidum yatangiye gutaka uburwayi mu mpera z’icyumweru gishize

 

 

 

Kidum akeka ko yarozwe n’abanzi be

 

Kidum ari mu bitaro mu Mujyi wa Bujumbura

 

2018-03-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Ubwanditsi 26 Feb 2021
Taliki ya 10 Mata 1994: Abasirikare ba Habyarimana bishe abarwayi kuri Faisal

Taliki ya 10 Mata 1994: Abasirikare ba Habyarimana bishe abarwayi kuri Faisal

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda

Lt Gen. Tumukunde niwe wari nyirabayazana y’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Ubwanditsi 13 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe imodoka ebyiri zipakiyemo ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 May 2024
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes
Mu Rwanda

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru