• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Ubwanditsi 03 Dec 2018 POLITIKI

Polisi yo mu karere ka Gulu muri Uganda, yaburijemo igitaramo cya Depite Robert Kyagulanyi uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine.

Ku Cyumweru nimugoroba nibwo Bobi Wine yagombaga gutaramira abafana be ahazwi nka Smiling Panda. Ni mu bitaramo yise “Kyarenga Extra”.

Ubwo abafana be barimo abambaye utugofero tw’umutuku bageraga ahari kubera iki gitaramo ntibabashije guca iryera uyu muhanzi wahindutse umunyapolitiki.

Mu kiganiro na Daily Monitor, Ezekiel Emitu uhagarariye polisi yo mu gace ka Aswa River, yavuze ko batamenyeshejwe kare iby’iki gitaramo ngo bategure itsinda riza gucunga umutekano.

Ati “ Ntabwo twigeze tubona amakuru avuye ku bari gutegura iki gikorwa ko hari igitaramo kizabera Smiling Panda, ni muri urwo rwego rero tutari kwemera ko kiba kuko tutari kubasha kubacungira umutekano. Twabagiriye inama yo kudakomeza ngo igitaramo kibe.”

Yakomeje avuga ko ubuyobozi bwa Smiling Panda hagombaga kuberamo iki gitaramo butari bwamenyeshejwe, iki kinyamakuru ariko nticyabashije kuvugana nabo ngo babyemeze.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, Bobi Wine wari wamaze kugera mu gace ka Gulu yavuze ko babujijwe gukora igitaramo, kandi nyamara bari bamaze ibyumweru bitatu bandikiye polisi.

Ati “ Na none igitaramo cyacu cyari kubera Gulu kiburijwemo! Twabandikiye mu byumweru bitatu bishize tubamenyesha iby’iki gitaramo ndetse tubabwira ko dukeneye abadufasha mu gucunga umutekano. Twubahirije amategeko yose, kandi dushora amafaranga menshi mu gutegura iki gitaramo.”

Yakomeje avuga ko bagerageje kuvugana n’ababishinzwe bakabwira ko amabwiriza yo kumubuza gukora igitaramo bayahawe n’inzego zo hejuru, ariko yizeza abaturage ba Gulu ko bidatinze azabataramira.

Igitaramo cya Bobi Wine cyaburijwemo mu gihe kuri uyu wa Mbere, biteganyijwe ko we n’abandi 34 bashinjwa ubugambanyi bitaba urukiko rw’akarere ka Gulu.

Bashinjwa kuba ku itariki ya 13 Kanama barateye amabuye imodoka ya Perezida Yoweri Museveni, igikorwa cyakurikiwe n’imyigaragambyo yaguyemo abarimo umushoferi wa Bobi Wine.

Uyu munsi Bobi Wine na bagenzi be baritaba urukiko ku byaha by’ubugambanyi bashinjwa

Abinyujije kuri Facebook Bobi Wine yavuze ko bari bamaze ibyumweru bitatu bamenyesheje polisi

2018-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Mu itorero higishirizwa byinshi byiza kandi mu bwenge buhanitse

Ubwanditsi 04 May 2017
“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Ubwanditsi 18 Apr 2025
U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Ubwanditsi 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi
POLITIKI

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere
IMIKINO

Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Karongi : Perezida Kagame yafunguye uruganda rwa KivuWatt
Mu Mahanga

Karongi : Perezida Kagame yafunguye uruganda rwa KivuWatt

Ubwanditsi 17 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru