• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Ubwanditsi 24 Jan 2020 POLITIKI

Ku wa Gatatu nibwo abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda bazamuye impungenge “ku ifungwa n’iyicwa rikomeje” ry’abanya-Uganda mu Rwanda, basaba Guverinoma yabo kugira uruhare mu gutanga umuburo ku Banya-Uganda basura u Rwanda.

Ibyo byakurikiye iraswa ry’Umunya-Uganda winjije ibiyobyabwenge mu Rwanda (wari kumwe n’abanyarwanda babiri) n’inzego z’umutekno z’u Rwanda ku mupaka wa Uganda mu gicuku cyo ku wa Gatandatu ushize.

Aba badepite aho kuganira ku bibazo nyabyo bihari, barashaka gushakira ikibazo aho kitari, Biragaragaza ko ubushake bwo gukemura ibibazo nta buhari.

Turebe nk’irekurwa riheruka ry’abanyarwanda icyenda. Mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo bari bagiye gushyikirizwa u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yasabye u Rwanda gukora nkabo.

Umuntu yakwibaza niba yarashakaga kuvuga ngo u Rwanda rusakume abanya-Uganda mu mihanda yarwo, rubajyane muri kasho zitazwi, rubakorere iyicarubozo imyaka myinshi kandi rubime guhura n’abanyamategeko, nyuma ruhamagaze abanyamakuru ngo rubarekure ngo rukunde rugaragaze ko rwakoze nka bo.

Ni cyo kimwe, itangazamakuru rya Uganda ryihutanye inkuru zivuga ko ibi bihugu byombi, buri kimwe cyakomeje gushyigikira abarwanya ikindi.

Nta n’umwe wabashije kuvuga izina na rimwe ry’umuntu urwanya Uganda ukomeje guterwa inkunga n’u Rwanda. Nta n’umwe yaba umuntu ku giti cye cyangwa umutwe. Nyamara Uganda isa n’aho ishaka ko u Rwanda “rukora nka yo” kuri iki kibazo, nubwo idasobanura neza ibyo ishaka.

U Rwanda rwasabye abaturage barwo kutajya muri Uganda kubera ko itashoboye kubacungira umutekano, none ejo abadepite basabye guverinoma “gukora nkarwo” ngo iburire abaturage bayo ngo ntibajye mu Rwanda.

Hashingiwe ku ki? Ibikorwa by’abinjiza magendu barasiwe ku mupaka bagerageza kurwanya inzego z’umutekano n’abandi batera imbogamizi banyuze mu mayira atemewe, bagahagarikwa byemewe n’inzego z’u Rwanda zishinzwe umutekano ku mipaka.

Abadepite ba Uganda bakwiye kwita cyane ku byaha bigeza kuri uku gutakaza ubuzima kudakwiye n’ibindi bibazo.

U Rwanda ntabwo rwigeze rusaba Uganda kubembekereza ku byaha bikorwa n’Abanyarwanda. Ahubwo rwasabye icyo gihugu kubageza mu nkiko igihe gifite ibimenyetso ko bakoze ibyaha, byaba ubutasi cyangwa ibindi byaha; no kurekura abo bigaragaye ko nta bimenyetso bifatika byatuma bajyanwa mu nkiko.

Ni byo u Rwanda rwakomeje gukora ku banya-Uganda bafatiwe mu byaha mu Rwanda. Ntabwo ari uko Uganda itaneka mu Rwanda cyangwa ko nta banya-Uganda bakorera ibyaha mu Rwanda.

Ariko ntabwo rufata ngo rukorere iyicarubozo abanya-Uganda. Abanya-Uganda ku mpamvu izo arizo zose baba baragonganye n’amategeko mu Rwanda banyujije mu nzira zitagenywa n’amategeko, nk’abanyamahanga, ambasade zabo ziramenyeshwa kugira ngo bahabwe ubufasha bushoboka.

Ni kimwe n’aba binjiza magendu, iyo batarwanya inzego z’umutekano z’u Rwanda zishinzwe kubahiriza amategeko, bagombaga kunyuzwa muri izo nzira.

Ni ikintu Uganda yananiwe gukora ku Banyarwanda bakomeje gufungirwayo binyuranyije n’amategeko, muri kasho zitazwi ndetse bagakorerwa iyicarubozo muri icyo gihugu.

Umuntu yari akwiye kwitega ko abadepite ahubwo bibanda kuri ubwo buryo ibihugu byombi bidashyira mu bikorwa mu buryo bumwe, mbere yo gushaka gutara impamvu.

Ibitekerezo imvugo z’abadepite ba Uganda zishaka gushyira imbere ni uko nibura Uganda itica Abanyarwanda; ibakorera iyicarubozo gusa.

Perezida w’Inteko Ishinga Aamategeko, Rebecca Kadaga yagize ati “Abaturage bacu barishwe, bakwiye gukomeza kujya mu Rwanda? Mutange inama niba bashobora gukomeza kujya mu Rwanda cyangwa niba babihagarika. Twabirekeye abantu bakomeje kujya mu Rwanda bakicwa,”

“Mu byumweru bibiri bishize, hari abanya-Uganda twatakaje. Ntabwo twakomeza gutegereza ko twakomeza gutegereza kumva ko hari abandi Banya-Uganda biciwe mu Rwanda.”

Depite Betty Ochan we yagize ati “Hakeneye kugira igikorwa mu kubuza Abanya-Uganda kujya mu Rwanda kugira ngo n’ugiyeyo abe yiteguye kwirengera ingaruka zabyo,”

U Rwanda rwakwishimira umuburo w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda n’izindi nzego z’icyo gihugu zaba Abanya-Uganda binjiza magendu mu gihugu n’abacuruza ibiyobyabwenge, bagakangurirwa kwirinda u Rwanda cyangwa se bakubaha amategeko igihe bageze ku bashinzwe umutekano ku mupaka w’u Rwanda.

Aho ho ikiganiro ku “gukora nkabo” cyaba gifite ishingiro.

2020-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Dr Bizimana yagaragaje uburyo mu ngabo z’Abafaransa zari muri Zone Turquoise hari harimo ibirara

Ubwanditsi 03 Feb 2020
Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York

Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Ubwanditsi 16 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu
Amakuru

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Ubwanditsi 28 Oct 2023
RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda
Amakuru

RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire
Amakuru

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru