• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Ubwanditsi 24 Jan 2020 POLITIKI

Ku wa Gatatu nibwo abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda bazamuye impungenge “ku ifungwa n’iyicwa rikomeje” ry’abanya-Uganda mu Rwanda, basaba Guverinoma yabo kugira uruhare mu gutanga umuburo ku Banya-Uganda basura u Rwanda.

Ibyo byakurikiye iraswa ry’Umunya-Uganda winjije ibiyobyabwenge mu Rwanda (wari kumwe n’abanyarwanda babiri) n’inzego z’umutekno z’u Rwanda ku mupaka wa Uganda mu gicuku cyo ku wa Gatandatu ushize.

Aba badepite aho kuganira ku bibazo nyabyo bihari, barashaka gushakira ikibazo aho kitari, Biragaragaza ko ubushake bwo gukemura ibibazo nta buhari.

Turebe nk’irekurwa riheruka ry’abanyarwanda icyenda. Mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo bari bagiye gushyikirizwa u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yasabye u Rwanda gukora nkabo.

Umuntu yakwibaza niba yarashakaga kuvuga ngo u Rwanda rusakume abanya-Uganda mu mihanda yarwo, rubajyane muri kasho zitazwi, rubakorere iyicarubozo imyaka myinshi kandi rubime guhura n’abanyamategeko, nyuma ruhamagaze abanyamakuru ngo rubarekure ngo rukunde rugaragaze ko rwakoze nka bo.

Ni cyo kimwe, itangazamakuru rya Uganda ryihutanye inkuru zivuga ko ibi bihugu byombi, buri kimwe cyakomeje gushyigikira abarwanya ikindi.

Nta n’umwe wabashije kuvuga izina na rimwe ry’umuntu urwanya Uganda ukomeje guterwa inkunga n’u Rwanda. Nta n’umwe yaba umuntu ku giti cye cyangwa umutwe. Nyamara Uganda isa n’aho ishaka ko u Rwanda “rukora nka yo” kuri iki kibazo, nubwo idasobanura neza ibyo ishaka.

U Rwanda rwasabye abaturage barwo kutajya muri Uganda kubera ko itashoboye kubacungira umutekano, none ejo abadepite basabye guverinoma “gukora nkarwo” ngo iburire abaturage bayo ngo ntibajye mu Rwanda.

Hashingiwe ku ki? Ibikorwa by’abinjiza magendu barasiwe ku mupaka bagerageza kurwanya inzego z’umutekano n’abandi batera imbogamizi banyuze mu mayira atemewe, bagahagarikwa byemewe n’inzego z’u Rwanda zishinzwe umutekano ku mipaka.

Abadepite ba Uganda bakwiye kwita cyane ku byaha bigeza kuri uku gutakaza ubuzima kudakwiye n’ibindi bibazo.

U Rwanda ntabwo rwigeze rusaba Uganda kubembekereza ku byaha bikorwa n’Abanyarwanda. Ahubwo rwasabye icyo gihugu kubageza mu nkiko igihe gifite ibimenyetso ko bakoze ibyaha, byaba ubutasi cyangwa ibindi byaha; no kurekura abo bigaragaye ko nta bimenyetso bifatika byatuma bajyanwa mu nkiko.

Ni byo u Rwanda rwakomeje gukora ku banya-Uganda bafatiwe mu byaha mu Rwanda. Ntabwo ari uko Uganda itaneka mu Rwanda cyangwa ko nta banya-Uganda bakorera ibyaha mu Rwanda.

Ariko ntabwo rufata ngo rukorere iyicarubozo abanya-Uganda. Abanya-Uganda ku mpamvu izo arizo zose baba baragonganye n’amategeko mu Rwanda banyujije mu nzira zitagenywa n’amategeko, nk’abanyamahanga, ambasade zabo ziramenyeshwa kugira ngo bahabwe ubufasha bushoboka.

Ni kimwe n’aba binjiza magendu, iyo batarwanya inzego z’umutekano z’u Rwanda zishinzwe kubahiriza amategeko, bagombaga kunyuzwa muri izo nzira.

Ni ikintu Uganda yananiwe gukora ku Banyarwanda bakomeje gufungirwayo binyuranyije n’amategeko, muri kasho zitazwi ndetse bagakorerwa iyicarubozo muri icyo gihugu.

Umuntu yari akwiye kwitega ko abadepite ahubwo bibanda kuri ubwo buryo ibihugu byombi bidashyira mu bikorwa mu buryo bumwe, mbere yo gushaka gutara impamvu.

Ibitekerezo imvugo z’abadepite ba Uganda zishaka gushyira imbere ni uko nibura Uganda itica Abanyarwanda; ibakorera iyicarubozo gusa.

Perezida w’Inteko Ishinga Aamategeko, Rebecca Kadaga yagize ati “Abaturage bacu barishwe, bakwiye gukomeza kujya mu Rwanda? Mutange inama niba bashobora gukomeza kujya mu Rwanda cyangwa niba babihagarika. Twabirekeye abantu bakomeje kujya mu Rwanda bakicwa,”

“Mu byumweru bibiri bishize, hari abanya-Uganda twatakaje. Ntabwo twakomeza gutegereza ko twakomeza gutegereza kumva ko hari abandi Banya-Uganda biciwe mu Rwanda.”

Depite Betty Ochan we yagize ati “Hakeneye kugira igikorwa mu kubuza Abanya-Uganda kujya mu Rwanda kugira ngo n’ugiyeyo abe yiteguye kwirengera ingaruka zabyo,”

U Rwanda rwakwishimira umuburo w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda n’izindi nzego z’icyo gihugu zaba Abanya-Uganda binjiza magendu mu gihugu n’abacuruza ibiyobyabwenge, bagakangurirwa kwirinda u Rwanda cyangwa se bakubaha amategeko igihe bageze ku bashinzwe umutekano ku mupaka w’u Rwanda.

Aho ho ikiganiro ku “gukora nkabo” cyaba gifite ishingiro.

2020-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi

RUSHYASHYA 29 Jun 2026
Burundi: Ishyaka Sahwanya-FRODEBU ryitandukanyije n’ihuriro CNARED

Burundi: Ishyaka Sahwanya-FRODEBU ryitandukanyije n’ihuriro CNARED

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Ubwanditsi 23 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR,  mu bihuru bya Kisoro
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR, mu bihuru bya Kisoro

Ubwanditsi 10 May 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 May 2023
LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu
Amakuru

LONI irashinja Afurika y’Epfo gukingira ikibaba ruharwa Fulgence Kayishema kugeza bamuhungishije akava muri icyo gihugu

Ubwanditsi 20 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru