• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Ubwanditsi 24 Jan 2020 POLITIKI

Ku wa Gatatu nibwo abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda bazamuye impungenge “ku ifungwa n’iyicwa rikomeje” ry’abanya-Uganda mu Rwanda, basaba Guverinoma yabo kugira uruhare mu gutanga umuburo ku Banya-Uganda basura u Rwanda.

Ibyo byakurikiye iraswa ry’Umunya-Uganda winjije ibiyobyabwenge mu Rwanda (wari kumwe n’abanyarwanda babiri) n’inzego z’umutekno z’u Rwanda ku mupaka wa Uganda mu gicuku cyo ku wa Gatandatu ushize.

Aba badepite aho kuganira ku bibazo nyabyo bihari, barashaka gushakira ikibazo aho kitari, Biragaragaza ko ubushake bwo gukemura ibibazo nta buhari.

Turebe nk’irekurwa riheruka ry’abanyarwanda icyenda. Mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo bari bagiye gushyikirizwa u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yasabye u Rwanda gukora nkabo.

Umuntu yakwibaza niba yarashakaga kuvuga ngo u Rwanda rusakume abanya-Uganda mu mihanda yarwo, rubajyane muri kasho zitazwi, rubakorere iyicarubozo imyaka myinshi kandi rubime guhura n’abanyamategeko, nyuma ruhamagaze abanyamakuru ngo rubarekure ngo rukunde rugaragaze ko rwakoze nka bo.

Ni cyo kimwe, itangazamakuru rya Uganda ryihutanye inkuru zivuga ko ibi bihugu byombi, buri kimwe cyakomeje gushyigikira abarwanya ikindi.

Nta n’umwe wabashije kuvuga izina na rimwe ry’umuntu urwanya Uganda ukomeje guterwa inkunga n’u Rwanda. Nta n’umwe yaba umuntu ku giti cye cyangwa umutwe. Nyamara Uganda isa n’aho ishaka ko u Rwanda “rukora nka yo” kuri iki kibazo, nubwo idasobanura neza ibyo ishaka.

U Rwanda rwasabye abaturage barwo kutajya muri Uganda kubera ko itashoboye kubacungira umutekano, none ejo abadepite basabye guverinoma “gukora nkarwo” ngo iburire abaturage bayo ngo ntibajye mu Rwanda.

Hashingiwe ku ki? Ibikorwa by’abinjiza magendu barasiwe ku mupaka bagerageza kurwanya inzego z’umutekano n’abandi batera imbogamizi banyuze mu mayira atemewe, bagahagarikwa byemewe n’inzego z’u Rwanda zishinzwe umutekano ku mipaka.

Abadepite ba Uganda bakwiye kwita cyane ku byaha bigeza kuri uku gutakaza ubuzima kudakwiye n’ibindi bibazo.

U Rwanda ntabwo rwigeze rusaba Uganda kubembekereza ku byaha bikorwa n’Abanyarwanda. Ahubwo rwasabye icyo gihugu kubageza mu nkiko igihe gifite ibimenyetso ko bakoze ibyaha, byaba ubutasi cyangwa ibindi byaha; no kurekura abo bigaragaye ko nta bimenyetso bifatika byatuma bajyanwa mu nkiko.

Ni byo u Rwanda rwakomeje gukora ku banya-Uganda bafatiwe mu byaha mu Rwanda. Ntabwo ari uko Uganda itaneka mu Rwanda cyangwa ko nta banya-Uganda bakorera ibyaha mu Rwanda.

Ariko ntabwo rufata ngo rukorere iyicarubozo abanya-Uganda. Abanya-Uganda ku mpamvu izo arizo zose baba baragonganye n’amategeko mu Rwanda banyujije mu nzira zitagenywa n’amategeko, nk’abanyamahanga, ambasade zabo ziramenyeshwa kugira ngo bahabwe ubufasha bushoboka.

Ni kimwe n’aba binjiza magendu, iyo batarwanya inzego z’umutekano z’u Rwanda zishinzwe kubahiriza amategeko, bagombaga kunyuzwa muri izo nzira.

Ni ikintu Uganda yananiwe gukora ku Banyarwanda bakomeje gufungirwayo binyuranyije n’amategeko, muri kasho zitazwi ndetse bagakorerwa iyicarubozo muri icyo gihugu.

Umuntu yari akwiye kwitega ko abadepite ahubwo bibanda kuri ubwo buryo ibihugu byombi bidashyira mu bikorwa mu buryo bumwe, mbere yo gushaka gutara impamvu.

Ibitekerezo imvugo z’abadepite ba Uganda zishaka gushyira imbere ni uko nibura Uganda itica Abanyarwanda; ibakorera iyicarubozo gusa.

Perezida w’Inteko Ishinga Aamategeko, Rebecca Kadaga yagize ati “Abaturage bacu barishwe, bakwiye gukomeza kujya mu Rwanda? Mutange inama niba bashobora gukomeza kujya mu Rwanda cyangwa niba babihagarika. Twabirekeye abantu bakomeje kujya mu Rwanda bakicwa,”

“Mu byumweru bibiri bishize, hari abanya-Uganda twatakaje. Ntabwo twakomeza gutegereza ko twakomeza gutegereza kumva ko hari abandi Banya-Uganda biciwe mu Rwanda.”

Depite Betty Ochan we yagize ati “Hakeneye kugira igikorwa mu kubuza Abanya-Uganda kujya mu Rwanda kugira ngo n’ugiyeyo abe yiteguye kwirengera ingaruka zabyo,”

U Rwanda rwakwishimira umuburo w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda n’izindi nzego z’icyo gihugu zaba Abanya-Uganda binjiza magendu mu gihugu n’abacuruza ibiyobyabwenge, bagakangurirwa kwirinda u Rwanda cyangwa se bakubaha amategeko igihe bageze ku bashinzwe umutekano ku mupaka w’u Rwanda.

Aho ho ikiganiro ku “gukora nkabo” cyaba gifite ishingiro.

2020-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Ubwanditsi 24 Feb 2025
Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame

Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame

Ubwanditsi 10 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Netanyahu yageze mu Rwanda
Mu Mahanga

Netanyahu yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Dorothy  umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana
ITOHOZA

Dorothy umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Ubwanditsi 13 Jun 2016
2022 FIFAWCQ: Amavubi yanyagiye Seychelles, u Rwanda rwuzuza ibitego 10-0
IMIKINO

2022 FIFAWCQ: Amavubi yanyagiye Seychelles, u Rwanda rwuzuza ibitego 10-0

Ubwanditsi 11 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru