• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

U Rwanda rwabyakiriza yombi Uganda isabye abaturage bayo bakora magendu kurwirinda

Ubwanditsi 24 Jan 2020 POLITIKI

Ku wa Gatatu nibwo abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda bazamuye impungenge “ku ifungwa n’iyicwa rikomeje” ry’abanya-Uganda mu Rwanda, basaba Guverinoma yabo kugira uruhare mu gutanga umuburo ku Banya-Uganda basura u Rwanda.

Ibyo byakurikiye iraswa ry’Umunya-Uganda winjije ibiyobyabwenge mu Rwanda (wari kumwe n’abanyarwanda babiri) n’inzego z’umutekno z’u Rwanda ku mupaka wa Uganda mu gicuku cyo ku wa Gatandatu ushize.

Aba badepite aho kuganira ku bibazo nyabyo bihari, barashaka gushakira ikibazo aho kitari, Biragaragaza ko ubushake bwo gukemura ibibazo nta buhari.

Turebe nk’irekurwa riheruka ry’abanyarwanda icyenda. Mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo bari bagiye gushyikirizwa u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yasabye u Rwanda gukora nkabo.

Umuntu yakwibaza niba yarashakaga kuvuga ngo u Rwanda rusakume abanya-Uganda mu mihanda yarwo, rubajyane muri kasho zitazwi, rubakorere iyicarubozo imyaka myinshi kandi rubime guhura n’abanyamategeko, nyuma ruhamagaze abanyamakuru ngo rubarekure ngo rukunde rugaragaze ko rwakoze nka bo.

Ni cyo kimwe, itangazamakuru rya Uganda ryihutanye inkuru zivuga ko ibi bihugu byombi, buri kimwe cyakomeje gushyigikira abarwanya ikindi.

Nta n’umwe wabashije kuvuga izina na rimwe ry’umuntu urwanya Uganda ukomeje guterwa inkunga n’u Rwanda. Nta n’umwe yaba umuntu ku giti cye cyangwa umutwe. Nyamara Uganda isa n’aho ishaka ko u Rwanda “rukora nka yo” kuri iki kibazo, nubwo idasobanura neza ibyo ishaka.

U Rwanda rwasabye abaturage barwo kutajya muri Uganda kubera ko itashoboye kubacungira umutekano, none ejo abadepite basabye guverinoma “gukora nkarwo” ngo iburire abaturage bayo ngo ntibajye mu Rwanda.

Hashingiwe ku ki? Ibikorwa by’abinjiza magendu barasiwe ku mupaka bagerageza kurwanya inzego z’umutekano n’abandi batera imbogamizi banyuze mu mayira atemewe, bagahagarikwa byemewe n’inzego z’u Rwanda zishinzwe umutekano ku mipaka.

Abadepite ba Uganda bakwiye kwita cyane ku byaha bigeza kuri uku gutakaza ubuzima kudakwiye n’ibindi bibazo.

U Rwanda ntabwo rwigeze rusaba Uganda kubembekereza ku byaha bikorwa n’Abanyarwanda. Ahubwo rwasabye icyo gihugu kubageza mu nkiko igihe gifite ibimenyetso ko bakoze ibyaha, byaba ubutasi cyangwa ibindi byaha; no kurekura abo bigaragaye ko nta bimenyetso bifatika byatuma bajyanwa mu nkiko.

Ni byo u Rwanda rwakomeje gukora ku banya-Uganda bafatiwe mu byaha mu Rwanda. Ntabwo ari uko Uganda itaneka mu Rwanda cyangwa ko nta banya-Uganda bakorera ibyaha mu Rwanda.

Ariko ntabwo rufata ngo rukorere iyicarubozo abanya-Uganda. Abanya-Uganda ku mpamvu izo arizo zose baba baragonganye n’amategeko mu Rwanda banyujije mu nzira zitagenywa n’amategeko, nk’abanyamahanga, ambasade zabo ziramenyeshwa kugira ngo bahabwe ubufasha bushoboka.

Ni kimwe n’aba binjiza magendu, iyo batarwanya inzego z’umutekano z’u Rwanda zishinzwe kubahiriza amategeko, bagombaga kunyuzwa muri izo nzira.

Ni ikintu Uganda yananiwe gukora ku Banyarwanda bakomeje gufungirwayo binyuranyije n’amategeko, muri kasho zitazwi ndetse bagakorerwa iyicarubozo muri icyo gihugu.

Umuntu yari akwiye kwitega ko abadepite ahubwo bibanda kuri ubwo buryo ibihugu byombi bidashyira mu bikorwa mu buryo bumwe, mbere yo gushaka gutara impamvu.

Ibitekerezo imvugo z’abadepite ba Uganda zishaka gushyira imbere ni uko nibura Uganda itica Abanyarwanda; ibakorera iyicarubozo gusa.

Perezida w’Inteko Ishinga Aamategeko, Rebecca Kadaga yagize ati “Abaturage bacu barishwe, bakwiye gukomeza kujya mu Rwanda? Mutange inama niba bashobora gukomeza kujya mu Rwanda cyangwa niba babihagarika. Twabirekeye abantu bakomeje kujya mu Rwanda bakicwa,”

“Mu byumweru bibiri bishize, hari abanya-Uganda twatakaje. Ntabwo twakomeza gutegereza ko twakomeza gutegereza kumva ko hari abandi Banya-Uganda biciwe mu Rwanda.”

Depite Betty Ochan we yagize ati “Hakeneye kugira igikorwa mu kubuza Abanya-Uganda kujya mu Rwanda kugira ngo n’ugiyeyo abe yiteguye kwirengera ingaruka zabyo,”

U Rwanda rwakwishimira umuburo w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda n’izindi nzego z’icyo gihugu zaba Abanya-Uganda binjiza magendu mu gihugu n’abacuruza ibiyobyabwenge, bagakangurirwa kwirinda u Rwanda cyangwa se bakubaha amategeko igihe bageze ku bashinzwe umutekano ku mupaka w’u Rwanda.

Aho ho ikiganiro ku “gukora nkabo” cyaba gifite ishingiro.

2020-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Washington: Kagame yavuze ko  Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Washington: Kagame yavuze ko Ibihugu 12 bimaze kwemera gutanga umusanzu wabyo muri AU [ VIDEO ]

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Minisitiri w’intebe wa Australia yasabye Papa Francis kwirukana Musenyeri wahishiriye uwasambanyije abana

Ubwanditsi 19 Jul 2018
Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare
IMIKINO

MTN yateguye igitaramo cy’imbaturamugabo yatumiyemo bamwe mu bahanzi b’ibyamamare

Ubwanditsi 01 Jun 2016
‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru