• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Mar 2017 Mu Rwanda

Ibi Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 6 Werurwe 2017 ubwo yagezaga ijambo ku Badepite b’Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bagiye kumara ibyumweru bibiri mu Rwanda ari ho bakomereza akazi kabo.

Umukuru w’Igihugu avuga ko nk’uko byari bimeze mu 2007 u Rwanda rwinjira muri uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), rushyigikiye bidasubirwaho ibikorwa byawo n’icyerekezo ufite.

Yagaragaje ko ubu abaturage bagenderanirana hagati yabo mu bwisanzure mu bihugu biwugize kandi ko n’ubuhahirane bwarushijeho ndetse anavuga ko iyo urebye ibikorwa by’uyu muryango, bigaragaza ko aka karere hari aho kerekeza.

Perezida Kagame yahise akomoza ku rurimi rw’Igiswayire rumaze iminsi rwemejwe mu Rwanda nk’ururimi rwemewe mu butegetsi (official language).

Yagize ati “Ibihugu bigize uyu muryango byakomeje gukorana ngo biteze imbere ubuhahirane n’imikoranire hagati yabyo. Ibyo byinshi twagezeho tubikesha ubushake bwa politiki, bushingiye ku gusubiza ibyifuzo by’abaturage bacu.”

Yunzemo ati “Nishimiye kubamenyesha ko u Rwanda rwemeje Igiswayire nka rumwe mu ndimi zemewe n’amategeko, nk’uko byari byatowe na EALA. Gukoresha Igiswahili bizakomeza ubuvandimwe bw’abatuye ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.”

Guhagarika ikoreshwa ry’amashashi

Perezida Kagame yashimiye abagize Inteko ya EALA ko bari kwiga ku byo guhagarika ikoreshwa ry’amashashi mu karere hose, dore ko u Rwanda rwo rumaze imyaka 10 rwarayaciye.

Yagize ati “Ndabashimira akazi muri gukora, aho ubu muri gusesengura ibyo guhagarika ikoresha ry’amashashi. Turabishyigikiye. Tugira ibihugu bifite umwuka mwiza, birengera ibidukikije, ni inshingano yacu kandi yihutirwa. Guhagarika ikoreshwa ry’amashashi twabigezeho mu Rwanda kandi ni byiza.”

Umukuru w’Igihugu kandi yibukije aba badepite ko Afurika ikeneye kuvuga rumwe, ikagira ijwi rimwe kandi ryubashywe mu batuye Isi.

Yagize ati “Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya.Tugomba gukorera hamwe kuko ni byo bizaduteza imbere, bidufitiye inyungu twese. Mu gukorera hamwe hashobora kuba ibidatunganye, ariko gukorana ni byo bidufitiye akamaro.”

Yunzemo ati “Iyo dutatanije amaboko aho gukorera hamwe, twese ntawe ubyungukiramo. Mureke duhe imbaraga inzego zinyuranye bityo zikore neza akazi zishinzwe zidufashe gutera imbere.”

Umuyobozi w’Inteko ya EALA, Daniel Fred Kidega yashimiye bikomeye Perezida Kagame ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuba yaremeje Igiswayiri nk’ururimi mu butegetsi.

Mu gihe abagize iyi nteko bazarangiza manda yabo mu Kamena, Kidega yasabye Perezida Kagame ko yabagereza ubutumwa bwabo kuri Perezida Uhuru Kenyatta uyobora Kenya yitegura amatora, ngo barifuza ko bategura amatora arangwa n’amahoro.

-6035.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

2017-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 27 May 2022
APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

APR ndetse na POLICE mu mukino w’intoki wa Handball zamaze guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura amarushanwa Nyafurika.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Ubwanditsi 21 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR
Amakuru

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo
POLITIKI

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Ubwanditsi 07 Apr 2020
Leta yubitse imbehe z’abatujuje ibyangombwa
Mu Rwanda

Leta yubitse imbehe z’abatujuje ibyangombwa

Ubwanditsi 02 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru