• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha abahoze mu kiryabarezi”Ishema Party” , Thomas Nahimana yita ishyaka, ndetse n’abo bahoranye mu ikinamico uwo murwayi wo mu mutwe yita” guverinoma yo mu buhungiro”, aravuga ko Thomas Nahimana yubuye bwa butekamutwe bwe, bwo gukusanya udufaranga tw’injiji zishukika byoroshye, ngo afite imishinga izateza imbere ibigarasha n’Interahamwe.

Nyuma yo kubeshya abarwayi bagenzi be ko leta abereye “Perezida” yabakoreye Pasiporo yo kwifashisha mu ngendo, pasiporo itazwi n’igihugu na kimwe ku isi, akabakubita ikinyoma cy’irimbi rya”online” ngo bazajya bashyingurwaho hifashishijwe ikoranabuhanga ry’IYAKURE, ariko bakaza gusanga bararohaga mu nda y’isiha rusahuzi, ubu noneho arasaba “impamba” ngo izamuherekeza ubwo azaba aje kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Rwanda mu mwaka wa 2024. Aranabizeza ashize amanga rwose ko nta kabuza azatsinda ayo matora, akaba Perezida w’u Rwanda!

Babivuze ukuri rero, iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko. Abo dukesha aya makuru baduhaye urwenya, ubwo baduhishuriraga ko hari abamaze kugwa muri uwo mutego wa Thomas Nahimana, bakongera kumuha amafaranga, biyibagije ayo yabariye mu mishinga ye ya baringa. Ibyo binyoma yanabishwaniyemo n’indindagire ngenzi ze, bamaze kunanirwa kugabana ibisahurano, zirimo Nadine Kasinge, Jean Paul Ntagara, umusazi-nshinzi Mukankiko Sylvia, n’abandi bibutse ibitereko basheshe, kuko bakangutse Nahimana yaramaze kuboreka mu manga.

Abo twashoboye kumenya bamaze guha Nahimana udufaranga twakabasunitse mu bujyahabi bwo mu buhunzi, harimo ibigarasha n’abajenosideri bo muri FDU-FDLR, imisanzu iva muri iki kiguri cy’abagome Nahimana akaba asigaye ayigabana na Ingabire Victoire, we usanzwe akusanyirizwa “impamba” buri kwezi.

Hari kandi amafaranga Nahimana agenda ahabwa n’abanyamahanga basanzwe banga u Rwanda , abayoboke ba Jambo asbl biganjemo abakomoka ku babyeyi b’abajenosideri, n’izindi nkorabusa zihora zifuriza u Rwanda inabi, ariko nazo zitiretse. Urutonde rw’abaha Nahimana imisanzu tuzarubagezaho mu minsi iri imbere.

Aba bose ngo bumva Thomas Nahimana azaba Perezida w’u Rwanda, maze abajenosideri, abajura n’abandi bagizi ba nabi bagasubirana ijambo.

Ibyo batashoboye byo gufata ubutegetsi banyuze mu nzira y’intambara, bararota kubigeraho binyuze muri Nahimana nawe utibashirije.

Si ubwa mbere Thomas Nahimana atetse umutwe akakira imisanzu y’abatareba kure, dore ko no mu mwaka wa 2016 yabashingujemo akayabo ngo aje gufata icyicaro mu Rugwiro, nyamara yagera ku kibuga cy’indege cya Nairobi muri Kenya, akisubirira gutungwa n’ibisabano mu Burayi, adakojeje n’ikirenge mu Rwanda. Aho i Nairobi yari kumwe n’ihabara rye,Nadine Kasinge, umugore gito wari wataye umuryango, akishora mu bikorwa by’urukozasoni. Byatumye umufasha wa Kansinge basigaye bamwita”Bagabobarabona”

Ariko se koko, uretse no gusahura imisanzu y’impunzi, ubundi si n’agasuzuguro gajabije ku Banyarwanda, kumva umusazi nka Nahimana, umunyamafuti kurusha ingurube, umuswa wujuje ibisabwa, atinyuka kuvuga ko yayobora u Rwanda? Mu gihe tugezemo koko bihemu warumbiye Imana n’abantu ni uwo kuyobora Igihugu? Abakristu kiliziya yamushinze se bakimwibeshyaho ngo bafite za maseseridoti, ntiyababereye shitani- muntu? Abo atasambanyije ndetse akanababyaraho abana yanze no kurera, ntiyabajujubije abasahura utwabo?

Bwana Sekikubo Barafinda Fred, wasanzwemo uburwayi bwo mu mutwe

Thomas Nahimana ntaho atandukaniye na Sekikubo Barafinda nawe wigeze kwaduka ngo arashaka kuba Perezida w’u Rwanda, ariko abavuzi bakaza kumutahuraho uburwayi bwo mu mutwe.

Nahimana rero nawe akwiye ubutabazi bwihuse, akavurwa amadayimoni amuvugisha amateshwa, ariko najya kwirogoza ntazasige abamuri inyuma ngo bamwizeyemo umucunguzi, kuko barembye kumurusha.

2023-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse

Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse

Ubwanditsi 16 Oct 2019
William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

William Gelling wari Ambasaderi w’u Bwongereza yasezeye Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019
A hospital in Rwanda unabled to discharge a Burundian because he has nowhere to go

A hospital in Rwanda unabled to discharge a Burundian because he has nowhere to go

Ubwanditsi 18 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1
Amakuru

Rayon Sports yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cy’Amahoro isezereye Musanze FC ku giteranyo cy’ibitego 3-1

Ubwanditsi 21 Apr 2022
Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga
Amakuru

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022
Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’
IKORANABUHANGA

Ibyihariye kuri TECNO Camon11, telefoni yashyize igorora abakunda ‘selfie’

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru