• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Akarimurori : Asinah avuga ko Riderman namarana igihe n’uwo bashakanye azaba agira Imana

Akarimurori : Asinah avuga ko Riderman namarana igihe n’uwo bashakanye azaba agira Imana

Ubwanditsi 14 Mar 2016 IMIKINO

Mu gitaramo cya mbere yaraye akoze, Mukasine Asinah, yiyemeje kwatura avuga ibintu byose atigeze na rimwe atangaza ku muraperi Riderman bahoze bakundana mu myaka umunani yashize ariko Rideman akamusezera amutunguje ubukwe yari yarateguye rwihishwa n’undi mukobwa.

Iki gitaramo cyiswe “Dancehall Pool Party” abereye Nyarutarama, ku mazi (Piscine) ahitwa Beirut Sky Pool hahoze hitwa Aloha, ku mugoroba wo kuri uyu wa 12 Werurwe 2016.

Aha niho Asinah yatangarije ko atizeye neza ko Riderman ashobora kurambana n’uwo baheruka gushyingiranwa, Agasaro Nadia.

Nkuko amakuru ava mu izuba rirashe abitangaza ngo mu kiganiro Mukasine Asinah yagiranye n’itangazamakuru uyu muhanzi yavuze ko kuba yari yaramaranye imyaka umunani akundana n’uyu muraperi yamuboneyeho ibishuko byinshi byugarije abahanzi, ku buryo Agasaro nabasha kubyihanganira bakamarana igihe azaba ari intwari.

-2474.jpg

Asinah akiri murukundo na Riderman

Yagize ati “Urabona Riderman ni umuntu twari tumaranye imyaka umunani, uzi icyo bisobanuye umuntu mumaranye nawe imyaka igera mu munani, ni ukuvuga we na Agasaro nibanamarana imyaka umunani, rwose, bazigurire fanta, nyizera mu byo mvuga pe!”

Yongeraho ko we hari byinshi yagiye yihanganira, agaragaza ko Agasaro azahura nabyo.

Ntiyeruye ngo avuge ibyo ari byo, ariko mu magambo ye yagize ati “Imyaka umunani ntabwo ari igihe gitoya cyane n’ubu buzima tuba tubayeho, ni ukuvuga njyewe hari byinshi nabashaga kuba nakwihanganira urabizi kubana n’abastar (abantu bazwi cyane) ntibyoroshye, urumva? Yego, rero kuri njyewe nta kintu nicuza kuba narabanye nawe icyo gihe cyose.”

Ikintu cya mbere Asinah anenga Riderman ni uko atigeze amusezera, ngo amubwire ko yifuza ko batandukana kandi bari bamaranye imyaka umunani yose bakundana.

Yabwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe ati “Twari dukundanye igihe kirekire kirenga imyaka umunani dukundanye kuko mu kwa 11 twagombaga kuba twujuje imyaka icyenda, ariko ntabwo nari mbizi ko afite ubukwe kugeza nko ku cyumweru cya nyuma cy’ubukwe bwabo njyewe nari nzi ko tukiri kumwe, we ngiye kubona mbona ubutumwa bw’ubutumire, nabwo mbubonye kuri instagram z’abanyamakuru nibwo nahise menya ko Riderman yari afite ubukwe.”

-2476.jpg

Riderman yashyingiwe na Agasaro, Asinah ataribwirwa ko yabenzwe (Ifoto/Irakoze R.)

Asinah avuga ko iki kintu cyatumye agaya cyane Riderman, avuga ko mu myaka bari bamaranye atagombaga gutinya kumubwira ko yateye undi mukobwa inda.

Yagize ati “Ku giti cyanjye numvaga yaragombaga kubimbwira akangisha inama wenda tukajya inama n’iyo bitaba ngombwa ko tubana, yagombaga kubimbwira. Ashobora kuba wenda yarankundaga cyane, kandi Emery yarankundaga cyane, yarabingaragarije cyane, ibyo bikaba byaratumye ananirwa kubimbwira ati ‘Nateye umukobwa inda kandi ngomba kubana n’uwo nateye inda.’ Wenda byaramunaniye abura uko abimbwira ariko kugira ngo bibe byiza yagombaga kubimbwira.”

Ku kijyanye n’icyo yumva yapfuye na Riderman, Asinah yabwiye Izuba Rirashe ko we akeka ko ari ibibazo bagiranye mbere gato y’uko Riderman atangaza ko afite ubukwe.

Yagize ati “Mbere gato y’uko akora ubukwe, bashyingiwe mu kwa munani, nko mu kwa Karindwi cyangwa mu kwa Gatandatu twari dufitanye ibibazo by’abantu bagiye baramvuga, ariko ibintu byose bamvuze ntabwo byari byo.”

Aha ni naho Riderman yakomoje indirimbo yitwa “Ndakabya” yaririmbanye na Christopher, aho abantu basesengura iby’umuziki bavuga ko uyu muraperi yavugaga kuri Asinah, avuga ko amuca inyuma amubeshya.

Asinah asoza agira ati “Hari impamvu yabayeho yatumye biriya byose biba.”

Muri iki kiganiro Asinah yavuze ko yari yatumiye Riderman ngo aze mu gitaramo cye, ngo anamuhe ubufasha ariko amubwira ko atamufasha ku ndirimbo imwe gusa, ahubwo ko ngo nakora Albumu yose ari bwo azamufasha.

Uyu muhanzi yavuze ko nawe icyo gihe atazaba akeneye Rideman, ati “Kuri Album yanjye nanjye ntabwo nzaba nkeneye Riderman, niba atabashije kumfasha ngitangira ntabwo nanjye nzamukenera mfite aho nageze.”

Urebye igitaramo cya Asinah cyatangijwe n’umuhanzi Sintex, nticyitabiriwe cyane, cyajemo abantu bari hagati y’ijana na Magana abiri.

Cyabanje guhagarikwaho gato kigitangira, ku bw’impamvu z’umutekano, bivugwa ko imiziki bacurangaga yasakurizaga abantu, ariko nyuma baza guhabwa iminota mike Asinah n’abazungu bakoranye indirimbo bararirimba gihita gisozwa n’itsinda rya TBB, mu minota itarenze mirongo itatu (30min).

Asinah yaririmbye indirimbo ze eshatu zirimo “Iz’Ubu”, “Strength of Woman” n’iyitwa “Do Me”.

Tariki 26 Werurwe 2016, Asinah azakora ikindi gitaramo, ariko noneho cyo cyagutse, kizabera muri Kigali Serena Hotel, aho avuga ko azaba ari kwimurika nk’umuhanzi mushya winjiye mu ruhando rwa muzika nyarwanda.

-2475.jpg

-2477.jpg

-2478.jpg

Asinah yavuze ko uyu ari wo mwanya we wo gukora ibyo yifuza byose yumva bimurimo atakoze ubwo yakundanaga na Riderman kuko ngo yabagaho yigengesera cyane

Umwanditsi wacu

Source n’ Amafoto yakoreshejwe ni Izuba rirashe

2016-03-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 09 Feb 2023
Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo

Ubwanditsi 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rikomeye muri Afurika rya ‘La Tropicale Amissa Bongo’

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu
Amakuru

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Ubwanditsi 14 Jun 2024
APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”
Amakuru

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

Ubwanditsi 13 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru