• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Akarimurori : Asinah avuga ko Riderman namarana igihe n’uwo bashakanye azaba agira Imana

Akarimurori : Asinah avuga ko Riderman namarana igihe n’uwo bashakanye azaba agira Imana

Editorial 14 Mar 2016 IMIKINO

Mu gitaramo cya mbere yaraye akoze, Mukasine Asinah, yiyemeje kwatura avuga ibintu byose atigeze na rimwe atangaza ku muraperi Riderman bahoze bakundana mu myaka umunani yashize ariko Rideman akamusezera amutunguje ubukwe yari yarateguye rwihishwa n’undi mukobwa.

Iki gitaramo cyiswe “Dancehall Pool Party” abereye Nyarutarama, ku mazi (Piscine) ahitwa Beirut Sky Pool hahoze hitwa Aloha, ku mugoroba wo kuri uyu wa 12 Werurwe 2016.

Aha niho Asinah yatangarije ko atizeye neza ko Riderman ashobora kurambana n’uwo baheruka gushyingiranwa, Agasaro Nadia.

Nkuko amakuru ava mu izuba rirashe abitangaza ngo mu kiganiro Mukasine Asinah yagiranye n’itangazamakuru uyu muhanzi yavuze ko kuba yari yaramaranye imyaka umunani akundana n’uyu muraperi yamuboneyeho ibishuko byinshi byugarije abahanzi, ku buryo Agasaro nabasha kubyihanganira bakamarana igihe azaba ari intwari.

-2474.jpg

Asinah akiri murukundo na Riderman

Yagize ati “Urabona Riderman ni umuntu twari tumaranye imyaka umunani, uzi icyo bisobanuye umuntu mumaranye nawe imyaka igera mu munani, ni ukuvuga we na Agasaro nibanamarana imyaka umunani, rwose, bazigurire fanta, nyizera mu byo mvuga pe!”

Yongeraho ko we hari byinshi yagiye yihanganira, agaragaza ko Agasaro azahura nabyo.

Ntiyeruye ngo avuge ibyo ari byo, ariko mu magambo ye yagize ati “Imyaka umunani ntabwo ari igihe gitoya cyane n’ubu buzima tuba tubayeho, ni ukuvuga njyewe hari byinshi nabashaga kuba nakwihanganira urabizi kubana n’abastar (abantu bazwi cyane) ntibyoroshye, urumva? Yego, rero kuri njyewe nta kintu nicuza kuba narabanye nawe icyo gihe cyose.”

Ikintu cya mbere Asinah anenga Riderman ni uko atigeze amusezera, ngo amubwire ko yifuza ko batandukana kandi bari bamaranye imyaka umunani yose bakundana.

Yabwiye Ikinyamakuru Izuba Rirashe ati “Twari dukundanye igihe kirekire kirenga imyaka umunani dukundanye kuko mu kwa 11 twagombaga kuba twujuje imyaka icyenda, ariko ntabwo nari mbizi ko afite ubukwe kugeza nko ku cyumweru cya nyuma cy’ubukwe bwabo njyewe nari nzi ko tukiri kumwe, we ngiye kubona mbona ubutumwa bw’ubutumire, nabwo mbubonye kuri instagram z’abanyamakuru nibwo nahise menya ko Riderman yari afite ubukwe.”

-2476.jpg

Riderman yashyingiwe na Agasaro, Asinah ataribwirwa ko yabenzwe (Ifoto/Irakoze R.)

Asinah avuga ko iki kintu cyatumye agaya cyane Riderman, avuga ko mu myaka bari bamaranye atagombaga gutinya kumubwira ko yateye undi mukobwa inda.

Yagize ati “Ku giti cyanjye numvaga yaragombaga kubimbwira akangisha inama wenda tukajya inama n’iyo bitaba ngombwa ko tubana, yagombaga kubimbwira. Ashobora kuba wenda yarankundaga cyane, kandi Emery yarankundaga cyane, yarabingaragarije cyane, ibyo bikaba byaratumye ananirwa kubimbwira ati ‘Nateye umukobwa inda kandi ngomba kubana n’uwo nateye inda.’ Wenda byaramunaniye abura uko abimbwira ariko kugira ngo bibe byiza yagombaga kubimbwira.”

Ku kijyanye n’icyo yumva yapfuye na Riderman, Asinah yabwiye Izuba Rirashe ko we akeka ko ari ibibazo bagiranye mbere gato y’uko Riderman atangaza ko afite ubukwe.

Yagize ati “Mbere gato y’uko akora ubukwe, bashyingiwe mu kwa munani, nko mu kwa Karindwi cyangwa mu kwa Gatandatu twari dufitanye ibibazo by’abantu bagiye baramvuga, ariko ibintu byose bamvuze ntabwo byari byo.”

Aha ni naho Riderman yakomoje indirimbo yitwa “Ndakabya” yaririmbanye na Christopher, aho abantu basesengura iby’umuziki bavuga ko uyu muraperi yavugaga kuri Asinah, avuga ko amuca inyuma amubeshya.

Asinah asoza agira ati “Hari impamvu yabayeho yatumye biriya byose biba.”

Muri iki kiganiro Asinah yavuze ko yari yatumiye Riderman ngo aze mu gitaramo cye, ngo anamuhe ubufasha ariko amubwira ko atamufasha ku ndirimbo imwe gusa, ahubwo ko ngo nakora Albumu yose ari bwo azamufasha.

Uyu muhanzi yavuze ko nawe icyo gihe atazaba akeneye Rideman, ati “Kuri Album yanjye nanjye ntabwo nzaba nkeneye Riderman, niba atabashije kumfasha ngitangira ntabwo nanjye nzamukenera mfite aho nageze.”

Urebye igitaramo cya Asinah cyatangijwe n’umuhanzi Sintex, nticyitabiriwe cyane, cyajemo abantu bari hagati y’ijana na Magana abiri.

Cyabanje guhagarikwaho gato kigitangira, ku bw’impamvu z’umutekano, bivugwa ko imiziki bacurangaga yasakurizaga abantu, ariko nyuma baza guhabwa iminota mike Asinah n’abazungu bakoranye indirimbo bararirimba gihita gisozwa n’itsinda rya TBB, mu minota itarenze mirongo itatu (30min).

Asinah yaririmbye indirimbo ze eshatu zirimo “Iz’Ubu”, “Strength of Woman” n’iyitwa “Do Me”.

Tariki 26 Werurwe 2016, Asinah azakora ikindi gitaramo, ariko noneho cyo cyagutse, kizabera muri Kigali Serena Hotel, aho avuga ko azaba ari kwimurika nk’umuhanzi mushya winjiye mu ruhando rwa muzika nyarwanda.

-2475.jpg

-2477.jpg

-2478.jpg

Asinah yavuze ko uyu ari wo mwanya we wo gukora ibyo yifuza byose yumva bimurimo atakoze ubwo yakundanaga na Riderman kuko ngo yabagaho yigengesera cyane

Umwanditsi wacu

Source n’ Amafoto yakoreshejwe ni Izuba rirashe

2016-03-14
Editorial

IZINDI NKURU

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

Editorial 06 Aug 2020
Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Editorial 16 May 2021
Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club

Editorial 05 Oct 2025
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Editorial 19 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw
Mu Rwanda

Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Editorial 21 Aug 2017
Igihuha cy’abarwanya Leta y’u Rwanda :  Haravugwa  y’uko Col Byabagamba, Gen Rusagara na Lt Col Rugigana batorotse Gereza
ITOHOZA

Igihuha cy’abarwanya Leta y’u Rwanda : Haravugwa y’uko Col Byabagamba, Gen Rusagara na Lt Col Rugigana batorotse Gereza

Editorial 04 Sep 2016
Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.
Amakuru

Dr. Kabera Callixte na Ngarambe Raphael bayoboye abakandida bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda FRVB.

Editorial 19 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru