• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Ubwanditsi 03 Dec 2016 ITOHOZA

Ni ibintu bisa n’ibidasanzwe mu Rwanda kubona hotel yerura ikavuga ko yita ku bakiriya bayo bene aka kageni kugeza ubwo ibashakira abantu babafasha kuruhuka mu buryo bwihariye. Ibi bivuze ko umugore cyangwa umugabo uyigannye ashaka kuruhuka ariko ari wenyine, nta muntu badahuje igitsina bajyanye, bamushakira umufasha akamumara irungu.

-4896.jpg

Hanze aha, ntabwo iyi ari inkuru nshya kuko bisanzwe bivugwa ariko bikagorana kubibonera gihamya. Mu minsi ishize, hari umwe mu bakobwa bakora protocol mu birori n’inama zikomeye zibera muri Kigali, wabwiye ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru, uburyo hari bagenzi be bakorera amafaranga menshi avuye mu kuraza abakiriya baba bitabiriye ibikorwa byabereye i Kigali.

Ati “Wasangaga kenshi ugiye gukora none ho umuntu akakubwira ngo aragushaka. Njyewe umushoferi yampaye amadolari 150 ngo anjyane. Ndabyibuka hari mu nama ya … twari tugiye gusura … Uwo muntu wanshakaga yari uwo muri Senegal.”

“Baguriye umushoferi twari twajyanye, arambwira ngo bakuntumye. Njye naramubwiye nti I am not that chick [ntabwo ndi bene uwo mukobwa], nti shaka undi dusa ujyana. Njyewe yambuze gutyo, hari abo nzi twajyaga dukorana, ubu barakize bafite imodoka.”

Ku bibera muri Hotel, uyu mukobwa yabwiye iki kinyamakuru ati “Iyi hotel… urabona ko iri mu ziyubashye mu gihugu, ijyamo abantu bakomeye. Hariyo umuntu, afite nimero z’indaya. Baramubwira bati dushakire umuntu,agahita ahamagara. Hari n’ukuntu nka protocol iba irangiye ugasanga bamwe mu bayikoze bahise bishyiraho maquillage bakajya kwicara bategereje abantu.”

Kandi bene ubu buraya abenshi mu babukora ni abasanzwe bari no mumurimo itandukanye mu bigo bya leta n’ibyigenga, ariko cyane cyane ubu buraya bukaba buri kugaragara cyane mu bagore bibana batandukanye n’abagabo babo.

Hotel ya Kicukiro irerura

Hari Hotel iherereye mu Karere ka Kicukiro, ivuga ko umugore cyangwa umugabo ugiye kuyiruhukiramo atajyanye uwo bari buruhukane, babimufashamo bakamumushakira.

Umuyobozi w’iyi Hotel yemeza atari umwihariko wabo kuko n’ahandi hose ibi bintu bihaba. Ati “Si umwihariko kuri twe, ngira ngo n’abandi barabikora […]Si ibintu bishya cyane no mu zindi hotel ujyayo ukababwira uti niba hari umuntu muziranye mumumpamagarire aze amfashe kuruhuka neza.”

Gusa uyu muyobozi ntiyemeranya n’abavuga ko ibi bikorwa ari uburaya aho yagize ati “Si iriya hotel yonyine ibikora n’izindi zirabikora, si n’uburaya […] ahubwo njyewe nshobora kuruhuka ari uko ndi kumwe n’undi muntu tutavuze ngo tugiye gukorana uburaya cyangwa ngo turakora ibintu bibi. Ushobora kuvuga uti kugira ngo nduhuke neza ni uko nshobora kuba ndi kumwe n’undi muntu tutanahuje igitsina.”

Akomeza avuga ko icyo bashyira imbere ari ugucunga umutekano w’abakiliya babo ku buryo uwo muntu wo hanze iyo yinjiye muri hotel adashobora kugira icyo yiba cyangwa ngo agire ikindi yangiza, naho ibindi bakora ‘ntabwo twebwe tuba twemerewe gukurikirana abantu mu byo bagiyemo mu gihe bidahunganya umutekano wa hotel’.

Umwe mu bakozi b’iyi Hotel nawe yashimangiye ibyavuzwe na sebuja maze avuga ko ‘haje umwe, babiri, batatu, bakeneye uwo baruhukana batimwizaniye, ubwo natwe twashaka igituma umukiriya abona serivise imunogeye’.

-153.png

Abayobora amahoteli barabizi

Umunyamabanga Uhoraho w’urwego rw’amahoteli mu Rwanda, Butera Seth yabwiye iki kinyamakuru ko amakuru y’uko amahoteli afasha abakiliya kubona abakobwa bararana atari mashya, nubwo nta gihamya barabibonera.

Ati “Turabyumva ko baba bafite nimero z’abakobwa aho bakirira abakiliya, ariko ni amagambo gusa ntabwo turabona gihamya kuko tuyibonye nibwo twagira icyo dukora. Simpamya ko ndi mu mwanya nyawo wo kuvuga ko byaba ari icuruzwa ry’abantu, ariko biramutse bikorwa byaba binyuranije n’amahame y’ubucuruzi bwacu kuko uburaya ntibwemewe.’’

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu igiye gukora iperereza

Visi Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, Karemera Pierre, yavuze ko nta makuru ahagije bafite ku buraya bugizwemo uruhare na za hotel ariko bateganya gutangira iperereza ku bantu baba bajyana abandi mu buraya ngo babone amaronko.

Ati ‘‘Twebwe turabizi ko bihari ariko nta kintu umuntu yashingiraho avuga ko bimeze gutya na gutya. Twebwe turapanga kuzakora icyo kintu, ndetse n’uburyo imirimo itangwa mu nzego z’abikorera.’’

‘‘Kugeza ubu nta makuru afitiwe gihamya turabona, biravugwa ariko ntiturabikoraho anketi ngo tumenye ngo birangana gute, baba bashingiye ku muntu umwe ubacuruza cyangwa se ni ukwijyana ubwabo… Ashobora kuba acuruza abantu bakuru abaha abagabo, ashobora noneho kuba anatanga abana batarageza ku myaka. Ni impungenge zikomeye kuko ‘Proxénétisme [gukura inyungu mu buraya bwakozwe n’abandi] mu Rwanda irahanwa nubwo abo bakobwa baba ari bakuru.’’

Uhuje n’amategeko u Rwanda rugenderaho, ibikorwa n’amahoteli bishobora gusa no gushyigikira uburaya, nubwo inzego zinyuranye zisanga bishobora no kuba icyuho cyo gucuruza abantu cyangwa gushora abana mu buraya.

Igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda gisobanura uburaya nk ‘ukugira umwuga igikorwa cyo guhuza ibitsina hatanzwe ikiguzi, byaba bikozwe n’umugabo cyangwa umugore’.

Ingingo ya 212 y’icyo gitabo ivuga ko ‘umuntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ufasha, uhagarikira cyangwa urengera abizi uburaya bw’undi cyangwa ureshya abo ashaka gushyira mu buraya, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku 500.000 Frw kugeza kuri 3 000 000 Frw, cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Mu ngingo ya 213 ho hateganwa ko ‘Umuntu wese utanga abizi ahantu hose hakodeshwa hagakorerwa uburaya, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu n’ihazabu kuva kuri 1 000 000 Frw kugeza kuri 3 000 000 Frw.

2016-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BURUSELI :  RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

BURUSELI : RNC irimo gucuruza urupfu rwa Col Patrick Karegeya mu gihe umuryango umaze imyaka 5 usaba ubuhungiro uhakanirwa

Ubwanditsi 22 Feb 2017
Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ubwanditsi 17 May 2021
Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Abanyamategeko bayobowe na Eron Kiiza, Basabye guverinoma ya Uganda guhagarika guta muri yombi abanyarwanda no kubakorera iyica rubozo

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi
Mu Rwanda

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi
Amakuru

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Ubwanditsi 28 Feb 2022
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye
INKURU NYAMUKURU

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Ubwanditsi 20 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru