• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Ubwanditsi 03 Dec 2016 ITOHOZA

Ni ibintu bisa n’ibidasanzwe mu Rwanda kubona hotel yerura ikavuga ko yita ku bakiriya bayo bene aka kageni kugeza ubwo ibashakira abantu babafasha kuruhuka mu buryo bwihariye. Ibi bivuze ko umugore cyangwa umugabo uyigannye ashaka kuruhuka ariko ari wenyine, nta muntu badahuje igitsina bajyanye, bamushakira umufasha akamumara irungu.

-4896.jpg

Hanze aha, ntabwo iyi ari inkuru nshya kuko bisanzwe bivugwa ariko bikagorana kubibonera gihamya. Mu minsi ishize, hari umwe mu bakobwa bakora protocol mu birori n’inama zikomeye zibera muri Kigali, wabwiye ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru, uburyo hari bagenzi be bakorera amafaranga menshi avuye mu kuraza abakiriya baba bitabiriye ibikorwa byabereye i Kigali.

Ati “Wasangaga kenshi ugiye gukora none ho umuntu akakubwira ngo aragushaka. Njyewe umushoferi yampaye amadolari 150 ngo anjyane. Ndabyibuka hari mu nama ya … twari tugiye gusura … Uwo muntu wanshakaga yari uwo muri Senegal.”

“Baguriye umushoferi twari twajyanye, arambwira ngo bakuntumye. Njye naramubwiye nti I am not that chick [ntabwo ndi bene uwo mukobwa], nti shaka undi dusa ujyana. Njyewe yambuze gutyo, hari abo nzi twajyaga dukorana, ubu barakize bafite imodoka.”

Ku bibera muri Hotel, uyu mukobwa yabwiye iki kinyamakuru ati “Iyi hotel… urabona ko iri mu ziyubashye mu gihugu, ijyamo abantu bakomeye. Hariyo umuntu, afite nimero z’indaya. Baramubwira bati dushakire umuntu,agahita ahamagara. Hari n’ukuntu nka protocol iba irangiye ugasanga bamwe mu bayikoze bahise bishyiraho maquillage bakajya kwicara bategereje abantu.”

Kandi bene ubu buraya abenshi mu babukora ni abasanzwe bari no mumurimo itandukanye mu bigo bya leta n’ibyigenga, ariko cyane cyane ubu buraya bukaba buri kugaragara cyane mu bagore bibana batandukanye n’abagabo babo.

Hotel ya Kicukiro irerura

Hari Hotel iherereye mu Karere ka Kicukiro, ivuga ko umugore cyangwa umugabo ugiye kuyiruhukiramo atajyanye uwo bari buruhukane, babimufashamo bakamumushakira.

Umuyobozi w’iyi Hotel yemeza atari umwihariko wabo kuko n’ahandi hose ibi bintu bihaba. Ati “Si umwihariko kuri twe, ngira ngo n’abandi barabikora […]Si ibintu bishya cyane no mu zindi hotel ujyayo ukababwira uti niba hari umuntu muziranye mumumpamagarire aze amfashe kuruhuka neza.”

Gusa uyu muyobozi ntiyemeranya n’abavuga ko ibi bikorwa ari uburaya aho yagize ati “Si iriya hotel yonyine ibikora n’izindi zirabikora, si n’uburaya […] ahubwo njyewe nshobora kuruhuka ari uko ndi kumwe n’undi muntu tutavuze ngo tugiye gukorana uburaya cyangwa ngo turakora ibintu bibi. Ushobora kuvuga uti kugira ngo nduhuke neza ni uko nshobora kuba ndi kumwe n’undi muntu tutanahuje igitsina.”

Akomeza avuga ko icyo bashyira imbere ari ugucunga umutekano w’abakiliya babo ku buryo uwo muntu wo hanze iyo yinjiye muri hotel adashobora kugira icyo yiba cyangwa ngo agire ikindi yangiza, naho ibindi bakora ‘ntabwo twebwe tuba twemerewe gukurikirana abantu mu byo bagiyemo mu gihe bidahunganya umutekano wa hotel’.

Umwe mu bakozi b’iyi Hotel nawe yashimangiye ibyavuzwe na sebuja maze avuga ko ‘haje umwe, babiri, batatu, bakeneye uwo baruhukana batimwizaniye, ubwo natwe twashaka igituma umukiriya abona serivise imunogeye’.

-153.png

Abayobora amahoteli barabizi

Umunyamabanga Uhoraho w’urwego rw’amahoteli mu Rwanda, Butera Seth yabwiye iki kinyamakuru ko amakuru y’uko amahoteli afasha abakiliya kubona abakobwa bararana atari mashya, nubwo nta gihamya barabibonera.

Ati “Turabyumva ko baba bafite nimero z’abakobwa aho bakirira abakiliya, ariko ni amagambo gusa ntabwo turabona gihamya kuko tuyibonye nibwo twagira icyo dukora. Simpamya ko ndi mu mwanya nyawo wo kuvuga ko byaba ari icuruzwa ry’abantu, ariko biramutse bikorwa byaba binyuranije n’amahame y’ubucuruzi bwacu kuko uburaya ntibwemewe.’’

Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu igiye gukora iperereza

Visi Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu, Karemera Pierre, yavuze ko nta makuru ahagije bafite ku buraya bugizwemo uruhare na za hotel ariko bateganya gutangira iperereza ku bantu baba bajyana abandi mu buraya ngo babone amaronko.

Ati ‘‘Twebwe turabizi ko bihari ariko nta kintu umuntu yashingiraho avuga ko bimeze gutya na gutya. Twebwe turapanga kuzakora icyo kintu, ndetse n’uburyo imirimo itangwa mu nzego z’abikorera.’’

‘‘Kugeza ubu nta makuru afitiwe gihamya turabona, biravugwa ariko ntiturabikoraho anketi ngo tumenye ngo birangana gute, baba bashingiye ku muntu umwe ubacuruza cyangwa se ni ukwijyana ubwabo… Ashobora kuba acuruza abantu bakuru abaha abagabo, ashobora noneho kuba anatanga abana batarageza ku myaka. Ni impungenge zikomeye kuko ‘Proxénétisme [gukura inyungu mu buraya bwakozwe n’abandi] mu Rwanda irahanwa nubwo abo bakobwa baba ari bakuru.’’

Uhuje n’amategeko u Rwanda rugenderaho, ibikorwa n’amahoteli bishobora gusa no gushyigikira uburaya, nubwo inzego zinyuranye zisanga bishobora no kuba icyuho cyo gucuruza abantu cyangwa gushora abana mu buraya.

Igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda gisobanura uburaya nk ‘ukugira umwuga igikorwa cyo guhuza ibitsina hatanzwe ikiguzi, byaba bikozwe n’umugabo cyangwa umugore’.

Ingingo ya 212 y’icyo gitabo ivuga ko ‘umuntu wese, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ufasha, uhagarikira cyangwa urengera abizi uburaya bw’undi cyangwa ureshya abo ashaka gushyira mu buraya, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku 500.000 Frw kugeza kuri 3 000 000 Frw, cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Mu ngingo ya 213 ho hateganwa ko ‘Umuntu wese utanga abizi ahantu hose hakodeshwa hagakorerwa uburaya, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu n’ihazabu kuva kuri 1 000 000 Frw kugeza kuri 3 000 000 Frw.

2016-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ikomeje guhata imyanya abatarifuje gufatanya nayo

Ubwanditsi 11 May 2018
Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Ubwanditsi 17 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Hafatiwe abasore 3 bakekwaho  kwiba moto i Kigali bakajya kuyigurishayo
Mu Mahanga

Nyaruguru: Hafatiwe abasore 3 bakekwaho kwiba moto i Kigali bakajya kuyigurishayo

Ubwanditsi 16 May 2016
EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia
Mu Rwanda

EU igiye guhagarika inkunga yageneraga abasirikare b’u Burundi bari muri Somalia

Ubwanditsi 31 Mar 2016
RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki
POLITIKI

RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

Ubwanditsi 16 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru