• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Ubwanditsi 07 Mar 2016 IMIKINO

Umuyobozi wa R. Sport Promoters atangaza ko guhagarikirwa amasezerano yo gukata abanyamuryango amafaranga binyuze mu ikoranabuhanga rya MTN byahombeje ikipe miliyoni 264 mu gihe cy’amezi atageze ku icyenda.

-2390.jpg

R. Sport Promoters ndetse n’umuryango wa Rayon Sports bari bafitanye amasezerano y’ubufatanye, aho abanyamuryango b’iyi kipe bakurikije ubushobozi bwabo, bakurwagaho amafaranga buri kwezi na sosiyete ya MTN, maze igice kinini cy’aya mafaranga kikajya mu ikipe ya Rayon Sports.

-2391.jpg
Habisnhuti Olivier, Umuyobozi wa R. Sports Promoters uvuga ko bahombye hafi miliyoni 50 FRW umushinga uhagaritswe

Mugihe benshi mu bakunzi b’iyi kipe bumvaga ko ubu ari bumwe mu buryo bwo gufasha ikipe yabo kuzihaza mu bushobozi, tariki ya 9/6/2015, ni bwo ubuyobozi bw’umuryango wa Rayon Sports bwashyize itangazo hanze rihagarika amasezerano bari bafitanye na R. Sport Promoters.

Nkuku bigaragara mu ibaruwa bandikikiye R. Sports promoters ndetse kopi igahabwa polisi y’igihugu n’urwego rushinzwe iperereza, ubuyobozi bw’umuryango butangaza ko aba batigeze bubahiriza amasezerano bagiranye, ndetse bakaba barakomeje gukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

-2393.jpg

Ibaruwa bandikikiye R. Sports promoters ndetse kopi igahabwa polisi y’igihugu

Nubwo amatora yari yasubitswe, mu nama y’inteko rusange yabaga kuri iki cyumweru tariki ya 6/3/2016, abakunzi b’iyi kipe bari bitabiriye iyi nama ntabwo bagendeye aho kuko baganiriye kuri bimwe mu bibazo byari biyirimo. Mu byagombaga kuvugwamo harimo ihagarikwa ry’umufatanyabikorwa R. Sport Promoters nyamara yarashoboraga kwinjiriza ikipe amafaranga atari make.

Habinshuti Olivier, ukuriye R.Sport Promoters, yaje gufata ijambo ni ko gutangaza ko yiteguye kuvugisha ukuri, akabwira abakunzi ba Rayon Sports ibyo kwamburwa isoko rye. Ubwo yatangiraga kuvuga ibi, uwari ushinzwe gutanga ijambo uwo munsi yashatse kumwambura “Micro” ndetse na bamwe mu bayobozi ba Rayon Sports bazira rimwe ngo bamubuze kugira icyo atangaza. Abari mu cyumba cy’inama baje gusaba ko bamureka akavuga.

-2389.jpg
Umuryango wa Rayon Sports wasabye ko igikorwa gisubukurwa ntibyamenyeshwa abari babwiwe ko kitubahirije amategeko

Nkuko yaje no kubitangariza itangazamakuru nyuma, Habinshuti Olivier yavuze ko yari yakoze umushinga neza gusa ko akaza kunanizwa n’ubuyobozi bw’umuryango inshuro nyinshi ku mpamvu na we atasobanukiwe.

Bandikiye MTN ibaruwa iduhagarika nyuma y’iminsi icyenda gusa dukora. Nyuma yaho twabandikiye amabaruwa arenga icyenda tubasaba ibisobanuro ariko ayo badusubije ni mbarwa.

Badusabye ko twabwira MTN kubandikira ibizeza ko koko tuzakorana neza, gusa MTN yabohereje email nanubu ntabwo bari bayisubiza.

Twari twashoboye gukusanya abanyamuryango barenga 288 731 bari bemeye gukatwa amafaranga buri kwezi(amake yari 100). Mu minsi icyenda gusa twakoze twari tumaze kubona miliyoni 10. Kugeza ubu amafaranga make twateganyaga kuba tubonye ni 250 000 000 Frw.

Rayon Sports imaranye iminsi ikibazo cy’amikoro aho abakunzi b’iyi kipe bibumbiye muri Fan Club ya Gikundiro Forever banaherutse gusura abakinnyi babagenera amafaranga agera ku bihumbi 850 kugirango bagire uko bakwigenza.

Muri “Fundraising” yo gufasha iyi kipe guhemba, abari bitabiriye inama y’inteko rusange bashoboye gukusanya ibihumbi 264 by’amanyarwanda nubwo umubitsi w’iyi kipe yari yatangaje ko abakinnyi bavuze ko batazasubira mu kibuga badahembwe.

M.FILS

2016-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Ubwanditsi 10 Feb 2020
Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Ubwanditsi 03 Mar 2016
Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Moïse Katumbi yamaganye icyemezo cya Perezida Tshisekedi cyo guterera inkunga amakipe y’i Burayi mu gihe abaturage bishwe n’inzara

Ubwanditsi 18 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23
Mu Mahanga

FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23

Ubwanditsi 29 May 2018
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.6% mu 2018

Ubwanditsi 18 Mar 2019
Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa
Mu Rwanda

Burundi: Leta irasaba ko Gen Niyombare na bagenzi be bashakaga guhirika Nkurunziza bafatwa

Ubwanditsi 14 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru