• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Ubwanditsi 07 Mar 2016 IMIKINO

Umuyobozi wa R. Sport Promoters atangaza ko guhagarikirwa amasezerano yo gukata abanyamuryango amafaranga binyuze mu ikoranabuhanga rya MTN byahombeje ikipe miliyoni 264 mu gihe cy’amezi atageze ku icyenda.

-2390.jpg

R. Sport Promoters ndetse n’umuryango wa Rayon Sports bari bafitanye amasezerano y’ubufatanye, aho abanyamuryango b’iyi kipe bakurikije ubushobozi bwabo, bakurwagaho amafaranga buri kwezi na sosiyete ya MTN, maze igice kinini cy’aya mafaranga kikajya mu ikipe ya Rayon Sports.

-2391.jpg
Habisnhuti Olivier, Umuyobozi wa R. Sports Promoters uvuga ko bahombye hafi miliyoni 50 FRW umushinga uhagaritswe

Mugihe benshi mu bakunzi b’iyi kipe bumvaga ko ubu ari bumwe mu buryo bwo gufasha ikipe yabo kuzihaza mu bushobozi, tariki ya 9/6/2015, ni bwo ubuyobozi bw’umuryango wa Rayon Sports bwashyize itangazo hanze rihagarika amasezerano bari bafitanye na R. Sport Promoters.

Nkuku bigaragara mu ibaruwa bandikikiye R. Sports promoters ndetse kopi igahabwa polisi y’igihugu n’urwego rushinzwe iperereza, ubuyobozi bw’umuryango butangaza ko aba batigeze bubahiriza amasezerano bagiranye, ndetse bakaba barakomeje gukora mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

-2393.jpg

Ibaruwa bandikikiye R. Sports promoters ndetse kopi igahabwa polisi y’igihugu

Nubwo amatora yari yasubitswe, mu nama y’inteko rusange yabaga kuri iki cyumweru tariki ya 6/3/2016, abakunzi b’iyi kipe bari bitabiriye iyi nama ntabwo bagendeye aho kuko baganiriye kuri bimwe mu bibazo byari biyirimo. Mu byagombaga kuvugwamo harimo ihagarikwa ry’umufatanyabikorwa R. Sport Promoters nyamara yarashoboraga kwinjiriza ikipe amafaranga atari make.

Habinshuti Olivier, ukuriye R.Sport Promoters, yaje gufata ijambo ni ko gutangaza ko yiteguye kuvugisha ukuri, akabwira abakunzi ba Rayon Sports ibyo kwamburwa isoko rye. Ubwo yatangiraga kuvuga ibi, uwari ushinzwe gutanga ijambo uwo munsi yashatse kumwambura “Micro” ndetse na bamwe mu bayobozi ba Rayon Sports bazira rimwe ngo bamubuze kugira icyo atangaza. Abari mu cyumba cy’inama baje gusaba ko bamureka akavuga.

-2389.jpg
Umuryango wa Rayon Sports wasabye ko igikorwa gisubukurwa ntibyamenyeshwa abari babwiwe ko kitubahirije amategeko

Nkuko yaje no kubitangariza itangazamakuru nyuma, Habinshuti Olivier yavuze ko yari yakoze umushinga neza gusa ko akaza kunanizwa n’ubuyobozi bw’umuryango inshuro nyinshi ku mpamvu na we atasobanukiwe.

Bandikiye MTN ibaruwa iduhagarika nyuma y’iminsi icyenda gusa dukora. Nyuma yaho twabandikiye amabaruwa arenga icyenda tubasaba ibisobanuro ariko ayo badusubije ni mbarwa.

Badusabye ko twabwira MTN kubandikira ibizeza ko koko tuzakorana neza, gusa MTN yabohereje email nanubu ntabwo bari bayisubiza.

Twari twashoboye gukusanya abanyamuryango barenga 288 731 bari bemeye gukatwa amafaranga buri kwezi(amake yari 100). Mu minsi icyenda gusa twakoze twari tumaze kubona miliyoni 10. Kugeza ubu amafaranga make twateganyaga kuba tubonye ni 250 000 000 Frw.

Rayon Sports imaranye iminsi ikibazo cy’amikoro aho abakunzi b’iyi kipe bibumbiye muri Fan Club ya Gikundiro Forever banaherutse gusura abakinnyi babagenera amafaranga agera ku bihumbi 850 kugirango bagire uko bakwigenza.

Muri “Fundraising” yo gufasha iyi kipe guhemba, abari bitabiriye inama y’inteko rusange bashoboye gukusanya ibihumbi 264 by’amanyarwanda nubwo umubitsi w’iyi kipe yari yatangaje ko abakinnyi bavuze ko batazasubira mu kibuga badahembwe.

M.FILS

2016-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 03 Jul 2025
Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Volleyball : Batatu barimo Nkurunziza Gustave wari Perezida bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC

Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC

Ubwanditsi 25 Jun 2025
APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

APR FC yasezereye Gaadiidka FC igera mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League

Ubwanditsi 24 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa
Amakuru

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Ubwanditsi 18 Dec 2022
Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League
Amakuru

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Ubwanditsi 03 Nov 2022
U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo
Mu Rwanda

U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

Ubwanditsi 31 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru