• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016 Mu Mahanga

Bwambere agezwa imbere y’Urukiko ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kuri uyu wa Mbere, Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, yavuze ko ntacyo yavuga ku byo aregwa no ku bijyanye n’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ntangazwa winjijwe mu cyumba cy’iburanisha atuje, umucamanza mu Rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga yatangiye amusomera ibyaha bitanu akurikiranyweho n’ubushinjacyaha birimo jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, gushishikariza abantu gukora Jenoside, ubwicanyi, kurimbura imbaga no gusambanya abagore ku ngufu.

Ubushinjacyaha bwagaragaje inama zinyuranye yakoresheje ngo agamije guhuza ibikorwa by’umugambi w’ibyaha akurikiranyweho, hamwe n’ibyitso bye.

Ingero n’iyo ngo yatumije yabereye ku biro bya Komini Nyakizu, yitabiriwe n’interahamwe zo muri iyo Komini no mu tundi duce, abasirikari, abapolisi n’abajandarume ba Komini, ndetse n’impunzi z’Abarundi zari zahungiye muri Nyakizu, aho ngo yatangiye amabwiriza yo kugaba ibitero kuri paroisse ya Cyahinda yari yahungiyemo abatutsi benshi baturutse ku Gikongoro na Butare.

Iyi ngo yakurikiwe n’iyabereye iwe mu rugo muri serire Nyagisozi, segiteri Nyagisozi, yatangiwemo imbunda zagombaga gukoreshwa mu kwica abatutsi.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko tariki ya 15 Mata 1994, Ntaganzwa we ubwe yafashe imbunda apakira abajandarume mu modoka ya komini, ategeka interahamwe n’Abarundi bari muri Nyakizu kugota inyubako zari zizengurutse paruwasi ya Cyahinda kandi ko yabikoze akoresheje indangururamajwi. Icyo gihe ngo yari yashyizeho abagombaga kuyobora buri ruhande neza ngo hatagira umututsi ubasha gucika, ahaguye abatutsi barenga ibihumbi 20.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hagati ya tariki eshanu n’eshashatu Gicurasi, uregwa afatanyije n’abandi yageze muri segiteri Maraba, ategeka ko batsemba abo basanze muri centre ya Bukarama.

Ku bijyanye no gusambanya abagore ku ngufu, ngo mu ntangiriro za Mata, ageze kuri bariyeri ya Ryabidandi muri Nyakizu, uregwa yategetse abajandarume bagera ku munani, interahamwe n’abandi baturage gusambanya abagore b’abatutsikazi ku ngufu. Icyo gihe ngo hari umugore basimburanyeho barangije baramwica.

Bushingiye ku buremere bw’ibyo aregwa no kuba yarabanje gushakishwa n’ubutabera, ubushinjacyaha bwamusabiye kuburana afunze.

Abajijwe n’umucamanza icyo abivugaho ndetse n’ibyo aregwa niba abyemera cyangwa abihakana, yagize ati ″ Ntacyo mbivugaho, ahubwo nazanywe mu Rukiko ntabimenyeshejwe, kandi sinigeze mvugana n’umwunganizi.”

Yavuze ko atigeze amenyeshwa dosiye ikubiyemo ibyo aregwa, ariko ubushinjacyaha bwo buvuga ko yabimenyeshejwe kuva mu bugenzacyaha, kandi n’umucamanza yamubwiye ko iyo dosiye ari yo yoherejwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, ICTR.

Ku ruhande rw’ubushinjacyaha, ngo igisubizo cy’uregwa kigaragaza ko adashaka kugaragaza ukuri dore ko yagiye agitanga mu bugenzacyaha no mu bushinjacyaha ubwo yabazwaga, akemera ko azavugira imbere y’urukiko none akaba atabikoze. Gusa ngo ni uburenganzira bwe nubwo bitabuza urubanza gukomeza.

Naho ku bijyanye n’Abatutsi biciwe i Cyahinda yicecekeye yanga kuvuga.

Umwunganizi we Maitre Bugabo Laurent, yasabye urukiko ko hatangwa ukwezi ngo hashakwe ibimenyetso bishinjura umukiliya we kuko avuga ko atigeze agira uruhare mu ikorwa rya dosiye y’ibyo aregwa.

Icyemezo ku ifunga n’ifungurwa cyizasomwa tariki ya 6 Mata 2016.
Ladislas Ntaganzwa yatawe muri yombi ku wa 7 Ukuboza 2015 ahitwa Nyanzale muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, agezwa mu Rwanda ku wa 20 werurwe 2016.

2016-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Ubwanditsi 27 Aug 2019
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari  umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Umutoni Gatsinzi Nadine yasimbuye Kamanzi Jackline wari umaze iminsi 41 ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango

Ubwanditsi 03 May 2016
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 01 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi
Mu Rwanda

Nta kibazo cy’umutekano muke cyangwa cy’iterabwoba kiri mu Mujyi wa Kigali – Polisi

Ubwanditsi 25 Mar 2017
Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi
Amakuru

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.
Amakuru

Djihad Bizimana yatandukanye n’ikipe ya Waasland Beveren yo mu Bubiligi.

Ubwanditsi 25 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru