• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ubwanditsi 04 Apr 2016 Mu Mahanga

Bwambere agezwa imbere y’Urukiko ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo kuri uyu wa Mbere, Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi, yavuze ko ntacyo yavuga ku byo aregwa no ku bijyanye n’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ntangazwa winjijwe mu cyumba cy’iburanisha atuje, umucamanza mu Rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga yatangiye amusomera ibyaha bitanu akurikiranyweho n’ubushinjacyaha birimo jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, gushishikariza abantu gukora Jenoside, ubwicanyi, kurimbura imbaga no gusambanya abagore ku ngufu.

Ubushinjacyaha bwagaragaje inama zinyuranye yakoresheje ngo agamije guhuza ibikorwa by’umugambi w’ibyaha akurikiranyweho, hamwe n’ibyitso bye.

Ingero n’iyo ngo yatumije yabereye ku biro bya Komini Nyakizu, yitabiriwe n’interahamwe zo muri iyo Komini no mu tundi duce, abasirikari, abapolisi n’abajandarume ba Komini, ndetse n’impunzi z’Abarundi zari zahungiye muri Nyakizu, aho ngo yatangiye amabwiriza yo kugaba ibitero kuri paroisse ya Cyahinda yari yahungiyemo abatutsi benshi baturutse ku Gikongoro na Butare.

Iyi ngo yakurikiwe n’iyabereye iwe mu rugo muri serire Nyagisozi, segiteri Nyagisozi, yatangiwemo imbunda zagombaga gukoreshwa mu kwica abatutsi.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko tariki ya 15 Mata 1994, Ntaganzwa we ubwe yafashe imbunda apakira abajandarume mu modoka ya komini, ategeka interahamwe n’Abarundi bari muri Nyakizu kugota inyubako zari zizengurutse paruwasi ya Cyahinda kandi ko yabikoze akoresheje indangururamajwi. Icyo gihe ngo yari yashyizeho abagombaga kuyobora buri ruhande neza ngo hatagira umututsi ubasha gucika, ahaguye abatutsi barenga ibihumbi 20.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hagati ya tariki eshanu n’eshashatu Gicurasi, uregwa afatanyije n’abandi yageze muri segiteri Maraba, ategeka ko batsemba abo basanze muri centre ya Bukarama.

Ku bijyanye no gusambanya abagore ku ngufu, ngo mu ntangiriro za Mata, ageze kuri bariyeri ya Ryabidandi muri Nyakizu, uregwa yategetse abajandarume bagera ku munani, interahamwe n’abandi baturage gusambanya abagore b’abatutsikazi ku ngufu. Icyo gihe ngo hari umugore basimburanyeho barangije baramwica.

Bushingiye ku buremere bw’ibyo aregwa no kuba yarabanje gushakishwa n’ubutabera, ubushinjacyaha bwamusabiye kuburana afunze.

Abajijwe n’umucamanza icyo abivugaho ndetse n’ibyo aregwa niba abyemera cyangwa abihakana, yagize ati ″ Ntacyo mbivugaho, ahubwo nazanywe mu Rukiko ntabimenyeshejwe, kandi sinigeze mvugana n’umwunganizi.”

Yavuze ko atigeze amenyeshwa dosiye ikubiyemo ibyo aregwa, ariko ubushinjacyaha bwo buvuga ko yabimenyeshejwe kuva mu bugenzacyaha, kandi n’umucamanza yamubwiye ko iyo dosiye ari yo yoherejwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, ICTR.

Ku ruhande rw’ubushinjacyaha, ngo igisubizo cy’uregwa kigaragaza ko adashaka kugaragaza ukuri dore ko yagiye agitanga mu bugenzacyaha no mu bushinjacyaha ubwo yabazwaga, akemera ko azavugira imbere y’urukiko none akaba atabikoze. Gusa ngo ni uburenganzira bwe nubwo bitabuza urubanza gukomeza.

Naho ku bijyanye n’Abatutsi biciwe i Cyahinda yicecekeye yanga kuvuga.

Umwunganizi we Maitre Bugabo Laurent, yasabye urukiko ko hatangwa ukwezi ngo hashakwe ibimenyetso bishinjura umukiliya we kuko avuga ko atigeze agira uruhare mu ikorwa rya dosiye y’ibyo aregwa.

Icyemezo ku ifunga n’ifungurwa cyizasomwa tariki ya 6 Mata 2016.
Ladislas Ntaganzwa yatawe muri yombi ku wa 7 Ukuboza 2015 ahitwa Nyanzale muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, agezwa mu Rwanda ku wa 20 werurwe 2016.

2016-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 22 Oct 2016
RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

RHA irisegura kubo itarishyura muri Ndera

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ubwanditsi 14 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 
INKURU NYAMUKURU

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Ubwanditsi 21 May 2019
ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Rayon Sports, Kiyovu SC, Musanze FC na Mukura VS niyo makipe azitabira irushanwa ryateguwe na FERWAFA ifatanyije na RSB
Amakuru

Rayon Sports, Kiyovu SC, Musanze FC na Mukura VS niyo makipe azitabira irushanwa ryateguwe na FERWAFA ifatanyije na RSB

Ubwanditsi 27 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru