• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe

Perezida Kagame yishimiye ko mugenzi we Ali Bongo wa Gabon yorohewe

Ubwanditsi 11 Jun 2019 HIRYA NO HINO, POLITIKI

Perezida Paul Kagame yishimiye ko Perezida wa Gabon, Ali Bongo Ondimba yorohewe akongera gusubira mu nshingano zo kuyobora igihugu nyuma y’igihe arwaye.

Perezida Kagame yabigaragaje kuri uyu wa Mbere ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe rw’iminsi ibiri i Libreville muri Gabon.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo muri Gabon, Perezida Kagame yavuze ko yaje gukomeza gutsura umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi no gusura mugenzi we Ali Bongo uri koroherwa nyuma y’igihe arwaye.

Mu Ukwakira umwaka ushize nibwo Perezida Bongo yajyanywe mu bitaro i Riyadh muri Arabie Saoudite nyuma yo gufatwa n’indwara yo kwangirika kw’imitsi y’ubwonko.

Muri Mutarama yasubiye mu gihugu cye amaze koroherwa, akomeza gukurikiranirwa hafi n’abaganga.

Perezida Kagame yavuze ko bishimishije kuba Bongo yarorohewe akanasubira mu nshingano ze.

Yagize ati “Nishimiye kuza hano muri Gabon gukomeza inzira yo kwimakaza umubano uri hagati ya Gabon n’u Rwanda. Ni n’umwanya kuri njye wo gusura mugenzi wanjye wari umaze igihe arwaye. Nishimiye ko yorohewe akanakomeza inshingano ze.”

Yakomeje agira ati “Mu muco w’abanyafurika, inshuti dusurana mu bihe byiza no mu bibi.”

Perezida Kagame yavuze ko Gabon, by’umwihariko Perezida Bongo yagiye agira uruhare runini mu gushyigikira intego zigamije guteza imbere Afurika.

Ati “Gabon yagiye iharanira inyungu za Afurika, icyerecyezo n’ingamba zigamije kugera kuri icyo cyerecyezo. Perezida Bongo yagize uruhare runini mu gukorana n’abandi bayobozi ku mugabane wacu, mu kuzamura urwego rw’iterambere ryacu”.

Mu kwezi gutaha nibwo byitezwe ko muri Afurika hazatangizwa ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika.

Gabon iri mu bihugu 44 byashyize umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange ry’ibihugu bihurira mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, azwi nka AfCFTA.

Ibihugu 22 bisabwa kuyemeza burundu ngo ashyirwe mu bikorwa byarabonetse ndetse biteganyijwe ko mu kwezi gutaha azatangizwa ku mugaragaro.

Agaruka kuri ayo masezerano, Perezida Kagame yabwiye abanyamakuru ko ibihugu byose bya Afurika bizi akamaro kayo ku buryo n’ibitarayasinya bizabikora.

Ati “N’ibihugu bitarayemeza burundu si uko bitabona inyungu cyangwa ngo bibone ko ari ngombwa ahubwo biracyafite ingorane mu bijyanye n’amategeko n’ibindi bya tekiniki bagomba kubanza gukemura mbere yo kuyashyira mu bikorwa.”

Yagarutse kandi ku muti watuma amakimbirane ahora agaragara hirya no hino muri Afurika acika, avuga ko bisaba ubufatanye bw’ibihugu bigize uwo mugabane.

U Rwanda na Gabon bisanzwe bifitanye umubano mwiza. Byombi bihuriye mu Muryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati, CEEAC.

U Rwanda na Gabon basinyanye amasezerano y’imikoranire mu 1976, aza kuvugururwa mu 2010. Bifitanye ubuhahirane buhagaze neza dore ko indege ya RwandAir ikorera ingendo mu Mujyi wa Libreville.

Muri Kamena 2016 ibihugu byombi byakuyeho amafaranga yacibwaga umuntu ukoresheje umurongo wa telefoni mu guhamagara hagati yabyo.

Perezida Kagame yasuye Ali Bongo ukomeje koroherwa

Perezida Kagame yagaragaje ko uru ruzinduko rugamije gukomeza inzira yo kwimakaza umubano uri hagati ya Gabon n’u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko inshuti zisurana mu byiza n’ibibi

Perezida Kagame yaganiriye n’itangazamakuru ku ngingo zirimo isoko rusange rya Afurika rizatangizwa ku mugaragaro muri Nyakanga

2019-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Ifoto y’agahinda ka Mugabe n’umufasha we mbere y’uko yegura yasakaye

Ifoto y’agahinda ka Mugabe n’umufasha we mbere y’uko yegura yasakaye

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Ubwanditsi 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”
Amakuru

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Ubwanditsi 28 Feb 2025
Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ubwanditsi 18 Oct 2020
Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru