• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Abaturarwanda barasabwa kuzizihiza iminsi mikuru isoza umwaka mu mutekano usesuye

Ubwanditsi 25 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB)bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru aho basabye abanyarwanda ariko by’umwihariko abakora ibikorwa by’ubucuruzi kugira uruhare mu migendekere myiza y’umutekano mu gihe bategura ndetse banizihiza iminsi mikuru y’impera z’umwaka.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere ry’abaturage Busabizwa Parfait yavuze ko umutekano n’isuku ari ibintu by’ingenzi ku buzima bwacu no ku gihugu by’umwihariko; asaba ko mu kwizihiza iminsi mikuru yo gusoza umwaka byakwitabwaho cyane buri wese akabigiramo uruhare..

Yagize ati:” Mu gihe twishima, buri wese akwiye guharanira umutekano we n’uwa mugenzi we, tuzishime uko bishobotse ariko kandi tunazirikana guha umutekano abandi kandi mu gihe hari aho umuntu aketse ko hari icyahungabanya umutekano azihutire kubimenyesha Polisi”.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe imikoranire myiza ya Polisi y’u Rwanda, abaturage n’izindi nzego Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, yavuze ko Polisi y’u Rwanda ihora iri maso mu kazi kayo ko gucunga umutekano ndetse ikaba inifuza ko ubufatanye isanzwe ifitanye n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha bwakomeza kurushaho.

Yagize ati:” Ibirori kimwe n’ibindi bikorwa byose bisaba ko hafatwa ingamba zijyanye n’umutekano birimo kubungabunga umutekano w’abagenzi n’abandi bakoresha umuhanda n’ibindi”.

ACP Twahirwa yakomeje agira ati:” umutekano w’abaturarwanda ureba buri wese; ibikorwa by’umuntu ku giti cye ntibigomba kubangamira iby’abandi”.

Yavuze kandi ati:”Kwizihiza iminsi mikuru bikorwa mu buryo butandukanye,bitewe n’imyemerere ya buri muntu, bamwe bajya gusenga, abandi bakajya kubyina mu bitaramo n’indi myidagaduro, abandi bakayizihiriza mu ngo zabo. Ibi byose bigomba gukorwa ku buryo buri muntu atabangamira umuturanyi.”

Yavuze ko ubusinzi bw’umuntu bubangamira umutekano wa mugenzi we butemewe, anongeraho ko uzafatwa atwaye ikinyabiziga yasinze, cyangwa aha inzoga umwana utarageza ku myaka y’ubukure ndetse n’uzamujyana mu bitaramo bya ninjoro azahura n’ingaruka zikomeye.

Kamurinda Serge ushinzwe ibikorwa mu kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB),abafite gahunda zo gutegura ibitaramo bitandukanye gushaka ibyangombwa bibemerera kandi bakabyamamaza hakiri kare,kugirango birinde ko abazabyitabira bazajarajara babuze aho byabereye kuko nabyo bishobora guteza umutekano mucye.

-5161.jpg

Yavuze kandi ko abatanga serivisi nabo bagomba gushyiraho ingamba zo kwakira neza ababagana dore ko bashobora kuzaba benshi, yongeraho ko Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere giteganya kuzashyira ahagaragara raporo yerekana uko inzego zitandukanye zatanze serivisi muri iyi minsi mikuru.

2016-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2022
Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Ubwanditsi 17 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18
IMIKINO

Handball 2017: Police yatsinze Nyakabanda 37- 18

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon  hakurikiyeho  uwari Manager
IMIKINO

Nyuma yo kwirukana abakinnyi 5 muri Rayon hakurikiyeho uwari Manager

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 
Amakuru

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Ubwanditsi 22 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru