• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 25 Feb 2017 Mu Mahanga

Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba (Eastern Africa Police Chief Cooperation Organization (EAPCCO)) na Polisi y’igihugu cy’u Butaliyani (Carabinieri), ejo tariki 22 Gashyantare basinye amasezerano y’ubufatanye.

Uwo muhango wabereye i Kigali muri Convention Center. Ku ruhande rwa Carabinieri hasinye Umuyobozi Mukuru wayo, Lt. Gen. Tullio Del Sette; naho ku ruhande rwa EAPCCO hasinye Umunyamabanga wayo Mukuru, IGP Emmanuel K. Gasana; akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda.

Icyo gikorwa cyitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda; Johnston Busingye; akaba n’Umunyamabanga w’Akanama k’Abaminisiti bo mu bihugu bigize EAPCCO. Hari kandi Abayobozi Bakuru ba Polisi, n’ababahagarariye; baturuka mu bihugu bigize EAPCCO.

Ayo masezerano ashingiye ahanini ku kubaka ubushobozi; binyuze mu mahugurwa no gusangira ubunararibonye mu nzego zitandukanye; hashingiwe ku cyerekezo n’intego bya EAPCCO.

Mu bitabiriye uwo muhango w’isinya ry’amasezerano hagati ya EAPCCO na Carabinieri, harimo Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda, Gen. Kale Kayihura, Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, Uhagarariye u Butaliyani mu Rwanda, Domenico Fornara; akaba afite icyicaro Kampala muri Uganda.

Aya masezerano aje akurikira Inama Mpuzamahanga zitandukanye zabaye muri iki cyumweru. Muri zo harimo iy’Abayobozi b’Inzego za EAPCCO yahuje Abayobozi b’Amashami y’ubugenzacyaha, kurwanya iterabwoba, uburinganire n’amategeko.

Mu ijambo rye, Minisitiri Busingye yagize ati,”Ndashimira Umuyobozi Mukuru wa Carabinieri wiyemeje ; mu izina rya Leta y’u Butaliyani gukorana n’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba, ndetse n’Ubunyamabanga Bukuru bw’iri Huriro. Aya masezerano azagira agaciro impande zayasinye nizishyira mu bikorwa ibiyakubiyemo.”

Yakomeje agira ati,”Inama nk’izi zigaragaza ko ibihugu bigize iri Huriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu by’aka karere bizirikana ko ubufatanye ari ishingiro ryo kubungabunga no gusigasira umutekano wako mu buryo burambye.

Minisitiri Busingye yagize kandi ati,”Mu nama tugirana na bagenzi bacu bo mu bihugu bigize aka karere ka Afurika y’i Burasirazuba tuzajya tuganira ndetse tunibukiranye aho ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano rigeze.”

Yongeyeho ko aya masezerano ari intambwe itewe mu gufatanya kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka; ibi bikaba byiyongera ku Bigo by’icyitegererezo byo muri aka karere bitangirwamo ubumenyi n’amahugurwa ku kurwanya ibyaha bitandukanye.

Muri ibyo Bigo by’icyitegererezo harimo icyo mu Rwanda cyo kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe Ikiranabuhanga, icyo muri Kenya cyo kurwanya iterabwoba, igitangirwamo ubumenyi ku mikoranire myiza ya Polisi n’abaturage cyo muri Uganda, n’icyo muri Sudani gitangirwamo amahugurwa ajyanye no gupima ibizamini by’ibimenyetso by’icyaha.

Nyuma y’isinywa ry’ayo masezerano, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yagize ati,”Aya masezerano agaragaza ko ahari ubushake haba hari n’ubushobozi; kandi ko abishyize hamwe bagera ku ntego bihaye iyo bubahirije ibyo bemeranyijwe.”

Lt. Gen. Tullio Del Sette yakomeje agira ati,”Polisi y’u Butaliyani (Carabinieri) imaze imyaka isaga 200; ikaba ikora gisirikare. Twifuza gusangira ubunararibonye dufite n’ibihugu byo muri aka karere.”

IGP Gasana yashimye mugenzi we wa Uganda, Gen. Kayihura ku ruhare rwe mu kugira ngo aya masezerano y’ubufatanye agerweho.

Yagize ati,” Aya masezerano ni intangiro y’urugendo rw’ubufatanye hagati ya Carabinieri na EAPCCO. Gufatanya na yo ni intambwe ikomeye mu kurwanya no gukumira ibyaha byugarije aka karere, ndetse n’isi muri rusange.”

EAPCCO yashyizweho mu 1998 i Kampala muri Uganda mu Nama y’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu byo muri Afurika y’i Burasirazuba. Igizwe n’ibihugu 13, ari byo: Rwanda, Uganda, Burundi, Comoros, Ethiopia, Eritrea, Djibouti, Kenya, Sudan, South Sudan, Seychelles, Somalia na Tanzania.

Intego yayo ni ugusangira ubunararibonye, kubaka ubushobozi bw’inzego za Polisi zo mu bihugu byo muri aka karere binyuze mu mahugurwa atandukanye no gufatanya kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka birimo iterabwoba, ubujura bw’amatungo n’ibinyabiziga, kwangiza ibidukikije, ikwirakwizwa ry’intwaro ntoya, icuruzwa ry’abantu, itundwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ibyaha bikorwa hifashishijwe Ikoranabuhanga, no guhererekanya abacyekwaho ibyaha bafashwe.

-5920.jpg

Amasezerano y’ubufatanye

RNP

2017-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025
Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Ubwanditsi 21 Sep 2022
Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Abofisiye bakuru badacana uwaka na Gen Kayihura baragororerwa ubutitsa

Ubwanditsi 16 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC

Ubwanditsi 01 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru