• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

EAPCCO na Polisi y’u Butaliyani basinye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 25 Feb 2017 Mu Mahanga

Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba (Eastern Africa Police Chief Cooperation Organization (EAPCCO)) na Polisi y’igihugu cy’u Butaliyani (Carabinieri), ejo tariki 22 Gashyantare basinye amasezerano y’ubufatanye.

Uwo muhango wabereye i Kigali muri Convention Center. Ku ruhande rwa Carabinieri hasinye Umuyobozi Mukuru wayo, Lt. Gen. Tullio Del Sette; naho ku ruhande rwa EAPCCO hasinye Umunyamabanga wayo Mukuru, IGP Emmanuel K. Gasana; akaba n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda.

Icyo gikorwa cyitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda; Johnston Busingye; akaba n’Umunyamabanga w’Akanama k’Abaminisiti bo mu bihugu bigize EAPCCO. Hari kandi Abayobozi Bakuru ba Polisi, n’ababahagarariye; baturuka mu bihugu bigize EAPCCO.

Ayo masezerano ashingiye ahanini ku kubaka ubushobozi; binyuze mu mahugurwa no gusangira ubunararibonye mu nzego zitandukanye; hashingiwe ku cyerekezo n’intego bya EAPCCO.

Mu bitabiriye uwo muhango w’isinya ry’amasezerano hagati ya EAPCCO na Carabinieri, harimo Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda, Gen. Kale Kayihura, Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Frank Mugambage, Uhagarariye u Butaliyani mu Rwanda, Domenico Fornara; akaba afite icyicaro Kampala muri Uganda.

Aya masezerano aje akurikira Inama Mpuzamahanga zitandukanye zabaye muri iki cyumweru. Muri zo harimo iy’Abayobozi b’Inzego za EAPCCO yahuje Abayobozi b’Amashami y’ubugenzacyaha, kurwanya iterabwoba, uburinganire n’amategeko.

Mu ijambo rye, Minisitiri Busingye yagize ati,”Ndashimira Umuyobozi Mukuru wa Carabinieri wiyemeje ; mu izina rya Leta y’u Butaliyani gukorana n’Ihuriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu bya Afurika y’i Burasirazuba, ndetse n’Ubunyamabanga Bukuru bw’iri Huriro. Aya masezerano azagira agaciro impande zayasinye nizishyira mu bikorwa ibiyakubiyemo.”

Yakomeje agira ati,”Inama nk’izi zigaragaza ko ibihugu bigize iri Huriro ry’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu by’aka karere bizirikana ko ubufatanye ari ishingiro ryo kubungabunga no gusigasira umutekano wako mu buryo burambye.

Minisitiri Busingye yagize kandi ati,”Mu nama tugirana na bagenzi bacu bo mu bihugu bigize aka karere ka Afurika y’i Burasirazuba tuzajya tuganira ndetse tunibukiranye aho ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano rigeze.”

Yongeyeho ko aya masezerano ari intambwe itewe mu gufatanya kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka; ibi bikaba byiyongera ku Bigo by’icyitegererezo byo muri aka karere bitangirwamo ubumenyi n’amahugurwa ku kurwanya ibyaha bitandukanye.

Muri ibyo Bigo by’icyitegererezo harimo icyo mu Rwanda cyo kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe Ikiranabuhanga, icyo muri Kenya cyo kurwanya iterabwoba, igitangirwamo ubumenyi ku mikoranire myiza ya Polisi n’abaturage cyo muri Uganda, n’icyo muri Sudani gitangirwamo amahugurwa ajyanye no gupima ibizamini by’ibimenyetso by’icyaha.

Nyuma y’isinywa ry’ayo masezerano, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yagize ati,”Aya masezerano agaragaza ko ahari ubushake haba hari n’ubushobozi; kandi ko abishyize hamwe bagera ku ntego bihaye iyo bubahirije ibyo bemeranyijwe.”

Lt. Gen. Tullio Del Sette yakomeje agira ati,”Polisi y’u Butaliyani (Carabinieri) imaze imyaka isaga 200; ikaba ikora gisirikare. Twifuza gusangira ubunararibonye dufite n’ibihugu byo muri aka karere.”

IGP Gasana yashimye mugenzi we wa Uganda, Gen. Kayihura ku ruhare rwe mu kugira ngo aya masezerano y’ubufatanye agerweho.

Yagize ati,” Aya masezerano ni intangiro y’urugendo rw’ubufatanye hagati ya Carabinieri na EAPCCO. Gufatanya na yo ni intambwe ikomeye mu kurwanya no gukumira ibyaha byugarije aka karere, ndetse n’isi muri rusange.”

EAPCCO yashyizweho mu 1998 i Kampala muri Uganda mu Nama y’Abayobozi Bakuru ba Polisi mu bihugu byo muri Afurika y’i Burasirazuba. Igizwe n’ibihugu 13, ari byo: Rwanda, Uganda, Burundi, Comoros, Ethiopia, Eritrea, Djibouti, Kenya, Sudan, South Sudan, Seychelles, Somalia na Tanzania.

Intego yayo ni ugusangira ubunararibonye, kubaka ubushobozi bw’inzego za Polisi zo mu bihugu byo muri aka karere binyuze mu mahugurwa atandukanye no gufatanya kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka birimo iterabwoba, ubujura bw’amatungo n’ibinyabiziga, kwangiza ibidukikije, ikwirakwizwa ry’intwaro ntoya, icuruzwa ry’abantu, itundwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ibyaha bikorwa hifashishijwe Ikoranabuhanga, no guhererekanya abacyekwaho ibyaha bafashwe.

-5920.jpg

Amasezerano y’ubufatanye

RNP

2017-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Byadogereye muri Afrika y’Epfo: Abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa baramusaba gucyura vuba ingabo z’icyo gihugu ziri muri Kongo.

Ubwanditsi 19 Jul 2024
ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?

ESE ABACIRA URUBANZA BAKANATUKA GITWAZA NI ABATAGATIFU?

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burera: Abaturage  baragurisha  amasambu  kugira ngo babone amashilingi  yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda
HIRYA NO HINO

Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye
POLITIKI

Samuel Eto’o yashyize hanze ifoto yifotozanyije na Perezida Kagame amuvugaho amagambo akomeye

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure
INKURU NYAMUKURU

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru