• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Jun 2019 POLITIKI

Perezida Kagame yatangaje ko urubyiruko rwa Afurika rukeneye kugira uruhare mu gushakira umuti ibibazo byakunze kuzitira iterambere ry’umugabane kuva mu myaka yo hambere.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Kamena 2019, ubwo yatangizaga Inama y’iminsi itatu y’Umuryango wa Eisenhower Fellowships (EF) iteraniye i Kigali.

Iyi nama yiswe Eisenhower Fellowships Africa Regional Conference, u Rwanda rwabaye igihugu cya mbere kiyakiriye muri Afurika.

Yitabiriwe n’abarenga 200 barimo abayobozi bakuru muri guverinoma, abahagarariye sosiyete sivile, abafata ibyemezo n’urubyiruko higwa ku cyerekezo cya Afurika mu kwihuza n’amahanga mu guteganyiriza ahazaza heza.

Muri uyu mwaka, yahawe insanganyamatsiko ivuga ku kwihuza kwa Afurika n’Isi mu nzego zirimo ubucuruzi, ikoranabuhanga, imiyoborere n’imikoranire.

Yabereye kandi ahatangirijwe umushinga wo gushyiraho Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA) washyiriweho umukono n’ibihugu 44 mu Nteko rusange y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Kigali muri Werurwe 2018.

Ku wa 30 Gicurasi, nibwo amasezerano ashyiraho AfCFTA, yatangiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’iminsi 30 yemejwe n’ibihugu 22 byasabwaga ngo atangire kubahirizwa.

Perezida Kagame mu ijambo rye yavuze ko muri iki gihe Afurika izirikana inyungu zo gukorera hamwe.

Yagize ati “Ntekereza ko byabayeho kubera impamvu ebyiri zirimo ubushake bw’Abanyafurika ubwabo, n’ingufu zo hanze zagize uruhare mu gutatanya umugabane wa Afurika. Ntekereza ko bagenje make cyangwa byarangiye kubera ko ibyo bibazo byaturukaga hanze ariko ubu bari kwita ku byabo kurusha gutekereza ko buri kimwe cyabo kiri ku murongo ahubwo bakwiye gutangira guhindurira ibintu bahereye kuri Afurika.’’

Yakomeje agira ati “Ni igihe cyiza kuri Afurika cyo gukosora amakosa menshi twakoze. Rimwe na rimwe twabaga tuzi neza ibyo dukora kandi ko bigira ingaruka ku baturage n’ubukungu bwacu. Ntekereza ko Afurika iri kwihuta ngo ishake ibisubizo by’ibibazo byayo.’’

Abajijwe uruhare abona urubyiruko rwagira muri urwo rugamba, Umukuru w’Igihugu yatangaje ko rukwiye gufata iya mbere mu gukosora ibitaragenze neza.

Yakomeje avuga ko “Bigomba gutangirira ku rubyiruko rwa Afurika. Rukeneye kwiga amateka ya Afurika, rukabaza ibibazo. Iyo urebye muri Afurika, abaturage, umutungo kamere, ubukungu, abantu bakwiye kwibaza impamvu hari ibihugu byari ku rwego rumwe rw’ubukungu n’imibereho myiza na Afurika mu myaka nka 40-50 ishize ariko ubu bikaba byarayikubye inshuro zirenga 100.’’

“Ikibazo kigomba kuba, ni iki cyagenze nabi? Iki ni ikibazo buri wese utibagiwe n’urubyiruko akwiye gusubiza. Bitabaye ruzakosora amakosa gute mu gihe rutimbitse ubwarwo mu bibazo byabaye? Tugomba kumva ko rukwiye guhaguruka rugahangana n’ibibazo bihari.’’

Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko ari umutungo ukomeye mu rugendo rwo gukuraho imikoranire ya Afurika n’Isi iherera mu magambo gusa.

Ati “Ntidukwiye guhora dusobanura ibibazo, buri wese yumva igikenewe gukorwa ariko bake ni bo bakora ibikenewe.’’

Yifashishije urugero rw’u Rwanda yakomoje ku rugendo rw’ukwiyubaka kwarwo nyuma y’imyaka 25 ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho yagaragaje ko rushingiye ku guhuza kw’Abanyarwanda.

Perezida w’Umuryango wa Eisenhower Fellowships, George De Lama, yavuze ko intego y’uyu muryango udaharanira inyungu ari uguhuza abayobozi ku Isi.

Yagize ati “Turabona umusaruro w’uko guhura hano mu Rwanda, igihugu cyavuye mu bihe bikomeye kikiyubaka ndetse kikagarurira icyizere urubyiruko. Mu minsi tuzamara hano tuzaganira ku buryo bwo gutegura urubyiruko rw’ahazaza no gushyiraho gahunda zungukira bose.’’

Inama ya Eisenhower Fellowships igamije gushishikariza abayobozi mu mpande z’Isi gutekereza byisumbuyeho, kubera abandi ibyitegererezo, kubacira inzira y’ahazaza no kubafasha kugaragaza impano zihindura ubuzima bw’aho batuye.

EF yatangijwe mu 1953 mu kwizihiza isabukuru ya mbere ya Dwight D. Eisenhower wabaye Perezida wa 34 wa Amerika. Ifatwa nka gahunda ihuza abayobozi bakomeye ku Isi mu biganiro bigamije no kuzirikana uko Eisenhower yaharaniye amahoro ku Isi.

Perezida Kagame na Perezida w’Umuryango wa Eisenhower Fellowships, George De Lama, ubwo bageraga muri KCC ahabereye iyi nama

Iyi nama yiswe Eisenhower Fellowships Africa Regional Conference, u Rwanda rwabaye igihugu cya mbere kiyakiriye muri Afurika

Perezida Kagame akurikiye ibitekerezo byatanzwe n’abantu batandukanye muri iyi nama

Perezida Kagame mu ijambo rye yavuze ko muri iki gihe Afurika izirikana inyungu zo gukorera hamwe

Umukuru w’Igihugu yatangaje ko urubyiruko rukwiye gufata iya mbere mu gukosora ibitaragenze neza

Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi (ubanza iburyo) ni umwe mu bitabiriye iyi nama

Perezida w’Umuryango wa Eisenhower Fellowships, George De Lama, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye iyi nama

Abantu batandukanye bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo ku iterambere rya Afurika

Amafoto: Village Urugwiro

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Save: ishyaka Green Party  ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Ubwanditsi 23 Jun 2024
RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge  za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Joseph Kabila yahaye umukoro abatavuga rumwe na Felix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa
Mu Rwanda

Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Mu mafoto: Abahanzi baba mu mazu meza kandi ahenze ku isi
IMIKINO

Mu mafoto: Abahanzi baba mu mazu meza kandi ahenze ku isi

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino
Mu Mahanga

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Ubwanditsi 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru