• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Ubwanditsi 14 Jun 2019 POLITIKI

Perezida Kagame yatangaje ko urubyiruko rwa Afurika rukeneye kugira uruhare mu gushakira umuti ibibazo byakunze kuzitira iterambere ry’umugabane kuva mu myaka yo hambere.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Kamena 2019, ubwo yatangizaga Inama y’iminsi itatu y’Umuryango wa Eisenhower Fellowships (EF) iteraniye i Kigali.

Iyi nama yiswe Eisenhower Fellowships Africa Regional Conference, u Rwanda rwabaye igihugu cya mbere kiyakiriye muri Afurika.

Yitabiriwe n’abarenga 200 barimo abayobozi bakuru muri guverinoma, abahagarariye sosiyete sivile, abafata ibyemezo n’urubyiruko higwa ku cyerekezo cya Afurika mu kwihuza n’amahanga mu guteganyiriza ahazaza heza.

Muri uyu mwaka, yahawe insanganyamatsiko ivuga ku kwihuza kwa Afurika n’Isi mu nzego zirimo ubucuruzi, ikoranabuhanga, imiyoborere n’imikoranire.

Yabereye kandi ahatangirijwe umushinga wo gushyiraho Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA) washyiriweho umukono n’ibihugu 44 mu Nteko rusange y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye i Kigali muri Werurwe 2018.

Ku wa 30 Gicurasi, nibwo amasezerano ashyiraho AfCFTA, yatangiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’iminsi 30 yemejwe n’ibihugu 22 byasabwaga ngo atangire kubahirizwa.

Perezida Kagame mu ijambo rye yavuze ko muri iki gihe Afurika izirikana inyungu zo gukorera hamwe.

Yagize ati “Ntekereza ko byabayeho kubera impamvu ebyiri zirimo ubushake bw’Abanyafurika ubwabo, n’ingufu zo hanze zagize uruhare mu gutatanya umugabane wa Afurika. Ntekereza ko bagenje make cyangwa byarangiye kubera ko ibyo bibazo byaturukaga hanze ariko ubu bari kwita ku byabo kurusha gutekereza ko buri kimwe cyabo kiri ku murongo ahubwo bakwiye gutangira guhindurira ibintu bahereye kuri Afurika.’’

Yakomeje agira ati “Ni igihe cyiza kuri Afurika cyo gukosora amakosa menshi twakoze. Rimwe na rimwe twabaga tuzi neza ibyo dukora kandi ko bigira ingaruka ku baturage n’ubukungu bwacu. Ntekereza ko Afurika iri kwihuta ngo ishake ibisubizo by’ibibazo byayo.’’

Abajijwe uruhare abona urubyiruko rwagira muri urwo rugamba, Umukuru w’Igihugu yatangaje ko rukwiye gufata iya mbere mu gukosora ibitaragenze neza.

Yakomeje avuga ko “Bigomba gutangirira ku rubyiruko rwa Afurika. Rukeneye kwiga amateka ya Afurika, rukabaza ibibazo. Iyo urebye muri Afurika, abaturage, umutungo kamere, ubukungu, abantu bakwiye kwibaza impamvu hari ibihugu byari ku rwego rumwe rw’ubukungu n’imibereho myiza na Afurika mu myaka nka 40-50 ishize ariko ubu bikaba byarayikubye inshuro zirenga 100.’’

“Ikibazo kigomba kuba, ni iki cyagenze nabi? Iki ni ikibazo buri wese utibagiwe n’urubyiruko akwiye gusubiza. Bitabaye ruzakosora amakosa gute mu gihe rutimbitse ubwarwo mu bibazo byabaye? Tugomba kumva ko rukwiye guhaguruka rugahangana n’ibibazo bihari.’’

Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko ari umutungo ukomeye mu rugendo rwo gukuraho imikoranire ya Afurika n’Isi iherera mu magambo gusa.

Ati “Ntidukwiye guhora dusobanura ibibazo, buri wese yumva igikenewe gukorwa ariko bake ni bo bakora ibikenewe.’’

Yifashishije urugero rw’u Rwanda yakomoje ku rugendo rw’ukwiyubaka kwarwo nyuma y’imyaka 25 ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi aho yagaragaje ko rushingiye ku guhuza kw’Abanyarwanda.

Perezida w’Umuryango wa Eisenhower Fellowships, George De Lama, yavuze ko intego y’uyu muryango udaharanira inyungu ari uguhuza abayobozi ku Isi.

Yagize ati “Turabona umusaruro w’uko guhura hano mu Rwanda, igihugu cyavuye mu bihe bikomeye kikiyubaka ndetse kikagarurira icyizere urubyiruko. Mu minsi tuzamara hano tuzaganira ku buryo bwo gutegura urubyiruko rw’ahazaza no gushyiraho gahunda zungukira bose.’’

Inama ya Eisenhower Fellowships igamije gushishikariza abayobozi mu mpande z’Isi gutekereza byisumbuyeho, kubera abandi ibyitegererezo, kubacira inzira y’ahazaza no kubafasha kugaragaza impano zihindura ubuzima bw’aho batuye.

EF yatangijwe mu 1953 mu kwizihiza isabukuru ya mbere ya Dwight D. Eisenhower wabaye Perezida wa 34 wa Amerika. Ifatwa nka gahunda ihuza abayobozi bakomeye ku Isi mu biganiro bigamije no kuzirikana uko Eisenhower yaharaniye amahoro ku Isi.

Perezida Kagame na Perezida w’Umuryango wa Eisenhower Fellowships, George De Lama, ubwo bageraga muri KCC ahabereye iyi nama

Iyi nama yiswe Eisenhower Fellowships Africa Regional Conference, u Rwanda rwabaye igihugu cya mbere kiyakiriye muri Afurika

Perezida Kagame akurikiye ibitekerezo byatanzwe n’abantu batandukanye muri iyi nama

Perezida Kagame mu ijambo rye yavuze ko muri iki gihe Afurika izirikana inyungu zo gukorera hamwe

Umukuru w’Igihugu yatangaje ko urubyiruko rukwiye gufata iya mbere mu gukosora ibitaragenze neza

Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi (ubanza iburyo) ni umwe mu bitabiriye iyi nama

Perezida w’Umuryango wa Eisenhower Fellowships, George De Lama, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye iyi nama

Abantu batandukanye bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo ku iterambere rya Afurika

Amafoto: Village Urugwiro

2019-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere

Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere

Ubwanditsi 04 Jun 2018
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024
Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024
RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

RDC: Perezida Kabila Aravugwaho Kwanga Kwakira Umunyamabanga Mukuru Wa Loni

Ubwanditsi 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga
Amakuru

Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga

RUSHYASHYA 30 Jun 2026
Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza kwibuka Jenoside ku nshuro ya 24
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza kwibuka Jenoside ku nshuro ya 24

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge
Amakuru

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Ubwanditsi 26 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru