• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

Ubwanditsi 07 Apr 2020 POLITIKI

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko uyu muryango wifatanyije n’u Rwanda muri iki gihe rwinjiyemo cyo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ko ibyakozwe n’iki gihugu mu kwivana mu bibazo byerekana ko bishoboka kuba abantu bava mu majye bakagera ku rwego rushimishije

Mu butumwa yageneye Isi, António Guterres yavuze ko uyu munsi Isi yibuka Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga Miliyoni imwe bishwe urw’agashinyaguro mu gihe cy’iminsi 100.

Avuga ko umunsi nk’uyu ari uwo guha agaciro izi nzirakarengane kandi bigaha imbaraga abarokotse bagaharanira kwiyubaka no kwiyunga n’ababahemukiye.

António Guterres avuga ko Isi idashobora kwemera ko ibikorwa nk’ibi bizongera kubaho ukundi.

Ati “Tugomba kuvuga oya ku mbwirwaruhame z’urwango n’iz’ivangura kandi tukanga imitwe igamije guhungabanya umutekano.”

Avuga ko aho Isi igeze ubu ikwiye guhora ishyize imbere ko abayituye bose ari ibiremwamuntu kandi bose bakaba bagize uwo muryango w’ikiremwamuntu kandi bakaba basangiye umubumbe.

Ati “Bizadufasha kwikura mu bibazo biduhangayikishije nk’Isi birimo na COVID-19 n’imihindakurikire y’ikirere.”

António Guterres avuga ko u Rwanda rwagaragaje ko ibi bishoboka kuko rwabashije kwikura mu majye akomeye.

Ati “Kuva Jenoside yaba, u Rwanda rwagaragaje ko kuva mu ivu ukabaho bundi bushya no kwibaka no kubaka umuryango ushikamye bishoboka.”

Avuga kandi ko u Rwanda n’ubu rukomeje kugaragaza intambwe ishimishije mu kwihuta mu kugera ku ntego z’Iterambere rirambye.

Ati “Mureke dukure isomo ku byo u Rwanda rukomeje gukora.”

Umuryango w’Abibumbye unengwa kuba utakoresheje ububasha bwawo mu gutabara Abatutsi bicwaga mu 1994.

Ubwo Jenoside yari iriho itegurwa inakorwa, ingabo zari zoherejwe mu butumwa bw’amahoro zizwi nka MINUAR n’uyu muryango zagaragaje imbaraga nke dore ko Lt Gen Romeo Dallaire yamenyesheje uriya muryango ko mu Rwanda hariho hategurwa Jenoside ariko bakamwima amatwi.

Na none izi ngabo zinengwa cyane ubwo zatereranaga Abatutsi bari bahungiye muri Eto-Kicukiro ku itariki ya 11 Mata 1994 ubwo zabasigaga mu menyo n’Interahamwe biza gutuma bicwa.

Src: Umuseke

 

2020-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Nta gihugu na kimwe ku Isi kimeze nk’u Rwanda- Rick Warren

Ubwanditsi 26 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi  ( AMAFOTO )
ITOHOZA

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 02 Dec 2016
Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018
RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba  yatangije mu Rwanda
ITOHOZA

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru