• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

Ubwanditsi 07 Apr 2020 POLITIKI

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko uyu muryango wifatanyije n’u Rwanda muri iki gihe rwinjiyemo cyo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ko ibyakozwe n’iki gihugu mu kwivana mu bibazo byerekana ko bishoboka kuba abantu bava mu majye bakagera ku rwego rushimishije

Mu butumwa yageneye Isi, António Guterres yavuze ko uyu munsi Isi yibuka Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga Miliyoni imwe bishwe urw’agashinyaguro mu gihe cy’iminsi 100.

Avuga ko umunsi nk’uyu ari uwo guha agaciro izi nzirakarengane kandi bigaha imbaraga abarokotse bagaharanira kwiyubaka no kwiyunga n’ababahemukiye.

António Guterres avuga ko Isi idashobora kwemera ko ibikorwa nk’ibi bizongera kubaho ukundi.

Ati “Tugomba kuvuga oya ku mbwirwaruhame z’urwango n’iz’ivangura kandi tukanga imitwe igamije guhungabanya umutekano.”

Avuga ko aho Isi igeze ubu ikwiye guhora ishyize imbere ko abayituye bose ari ibiremwamuntu kandi bose bakaba bagize uwo muryango w’ikiremwamuntu kandi bakaba basangiye umubumbe.

Ati “Bizadufasha kwikura mu bibazo biduhangayikishije nk’Isi birimo na COVID-19 n’imihindakurikire y’ikirere.”

António Guterres avuga ko u Rwanda rwagaragaje ko ibi bishoboka kuko rwabashije kwikura mu majye akomeye.

Ati “Kuva Jenoside yaba, u Rwanda rwagaragaje ko kuva mu ivu ukabaho bundi bushya no kwibaka no kubaka umuryango ushikamye bishoboka.”

Avuga kandi ko u Rwanda n’ubu rukomeje kugaragaza intambwe ishimishije mu kwihuta mu kugera ku ntego z’Iterambere rirambye.

Ati “Mureke dukure isomo ku byo u Rwanda rukomeje gukora.”

Umuryango w’Abibumbye unengwa kuba utakoresheje ububasha bwawo mu gutabara Abatutsi bicwaga mu 1994.

Ubwo Jenoside yari iriho itegurwa inakorwa, ingabo zari zoherejwe mu butumwa bw’amahoro zizwi nka MINUAR n’uyu muryango zagaragaje imbaraga nke dore ko Lt Gen Romeo Dallaire yamenyesheje uriya muryango ko mu Rwanda hariho hategurwa Jenoside ariko bakamwima amatwi.

Na none izi ngabo zinengwa cyane ubwo zatereranaga Abatutsi bari bahungiye muri Eto-Kicukiro ku itariki ya 11 Mata 1994 ubwo zabasigaga mu menyo n’Interahamwe biza gutuma bicwa.

Src: Umuseke

 

2020-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

RUSHYASHYA 29 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika

Ubwanditsi 07 Jul 2017
Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza
Amakuru

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG
Amakuru

Robert Lewandowski azamara ukwezi adakina kubera imvune, ibi bikaba bitumye atazakina umukino ubanza n’uwo kwishyura wa 1/4 wa Champions League bazahura na PSG

Ubwanditsi 31 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru