• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 02 Dec 2016 ITOHOZA

Tariki ya 26/11/2016, inshuti n’abamenyanye na Feu Honorable Mucyo Jean de Dieu baba mu gihugu cya Belgique, bagize umunsi wo kubahiriza no kuragiza Imana iyi mfura yatabarutse amarabira.

Nk’uko bigaragazwa n’amwe mu mafoto, Misa yasomwe na Musenyeli Rubwejanga Frédéric uri mu kiruhuko cy’izabukuru mu mu mulyango wa abamonaki mu Bubiligi, afatanyije na padiri Kibanguka na padiri Ignace, bombi bayobora za paruwasi mu Bubiligi.

Ari inyigisho za Musenyeli ari n’ubuhamya bwayikurikiye bwatanzwe na bamwe mu nshuti za Feu Honorable Mucyo Jean de Dieu , bavuze mw’izina rya bagenzi babo, bose bibukije ubuzima n’ ibikorwa bye mu mulyango we, ku Gihugu no ku rugamba rwo kuzahura abarokotse genocide yakorewe abatutsi no kubaka ubutabera mu Rwanda.

Musenyeli kandi yanibutse ababyeyi ba Mucyo nk’ umuntu wari inshuti ya Mzee Mucyowintore. Yagize ati aba babyeyi bari inyangamugayo maze banita izina bifuza ko rizaba izinamuntu, none niko byagenze.

Abatanze ubuhamya basobanuye ko Mucyo yagiye ashinngwa guhanga ibisubizo by’ibazo twatewe na genocide no kuramvura intwaro zo guhashya abayipfobya n’abagifite ingengabitekerezo yayo, hakoreshejwe ubutabera na politiki. Bagize bati nguwo Mucyo ari ministri atangiza inkiko gacaca zagize akamaro gakomeye cyane mu buzima bw’uRwanda, bati nguwo ari umugenzacyaha mukuru w’uRwanda (Procureur Général), nimumurebe arema akanayobora “Commission Mucyo” yasuzumye ikaganaragaza uruhare rwa Leta y’ubufaransa muri iyi genocide, nguwo Mucyo ashingwa na Nyakubahwa Perezida w’uRwanda, guhanga CNLG; icyo gihe twese twabonaga ko ari nko gushingwa kurema ex nihilo. Nimurebe aho yasize igeze.

Bagarutse kandi ku kwiyoroshya kwe, urukundo yakunze abantu n’igihugu, imico myiza ye no kujya inama no kugira abantu inama byamuranze.

Bavuze ko atabarutse ari Senateri igihugu, umulyango we n’ umulyango mugali w’abacitse kw’icumu rya genocide yakorewe abatutsi, bakimutezeho ibindi bikorwa byinshi byingirakamaro. Hizewe ko ikivi cye kizuswa.

Basoje bizera ko tuzahora twibuka Mucyo Jean de Dieu nk’urugero (un modèle /a role model) ku barokotse genocide yakorewe abatutsi n’abanyarwanda muri rusange.

AMAFOTO

-4846.jpg

-4851.jpg

-4849.jpg

-4850.jpg

-4848.jpg

-4847.jpg

-4852.jpg

-4853.jpg

-4854.jpg

-4855.jpg

-4856.jpg

-4857.jpg

Umwanditsi wacu mu Bubiligi

2016-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Vital Kamerhe yamenye ibanga: Nubwo ari umujura kabombo, gutuka u Rwanda na Kagame bizamuha gutegeka Abakongomani ubuziraherezo

Ubwanditsi 09 Nov 2024
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020
U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye

U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye

Ubwanditsi 17 Apr 2017
RNC Ishaje m’uBwongereza  komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe

RNC Ishaje m’uBwongereza komite nshya itaramara n’ukwezi bararebana ayingwe

Ubwanditsi 28 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.
POLITIKI

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi
Mu Mahanga

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo
POLITIKI

Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Ubwanditsi 21 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru