• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 02 Dec 2016 ITOHOZA

Tariki ya 26/11/2016, inshuti n’abamenyanye na Feu Honorable Mucyo Jean de Dieu baba mu gihugu cya Belgique, bagize umunsi wo kubahiriza no kuragiza Imana iyi mfura yatabarutse amarabira.

Nk’uko bigaragazwa n’amwe mu mafoto, Misa yasomwe na Musenyeli Rubwejanga Frédéric uri mu kiruhuko cy’izabukuru mu mu mulyango wa abamonaki mu Bubiligi, afatanyije na padiri Kibanguka na padiri Ignace, bombi bayobora za paruwasi mu Bubiligi.

Ari inyigisho za Musenyeli ari n’ubuhamya bwayikurikiye bwatanzwe na bamwe mu nshuti za Feu Honorable Mucyo Jean de Dieu , bavuze mw’izina rya bagenzi babo, bose bibukije ubuzima n’ ibikorwa bye mu mulyango we, ku Gihugu no ku rugamba rwo kuzahura abarokotse genocide yakorewe abatutsi no kubaka ubutabera mu Rwanda.

Musenyeli kandi yanibutse ababyeyi ba Mucyo nk’ umuntu wari inshuti ya Mzee Mucyowintore. Yagize ati aba babyeyi bari inyangamugayo maze banita izina bifuza ko rizaba izinamuntu, none niko byagenze.

Abatanze ubuhamya basobanuye ko Mucyo yagiye ashinngwa guhanga ibisubizo by’ibazo twatewe na genocide no kuramvura intwaro zo guhashya abayipfobya n’abagifite ingengabitekerezo yayo, hakoreshejwe ubutabera na politiki. Bagize bati nguwo Mucyo ari ministri atangiza inkiko gacaca zagize akamaro gakomeye cyane mu buzima bw’uRwanda, bati nguwo ari umugenzacyaha mukuru w’uRwanda (Procureur Général), nimumurebe arema akanayobora “Commission Mucyo” yasuzumye ikaganaragaza uruhare rwa Leta y’ubufaransa muri iyi genocide, nguwo Mucyo ashingwa na Nyakubahwa Perezida w’uRwanda, guhanga CNLG; icyo gihe twese twabonaga ko ari nko gushingwa kurema ex nihilo. Nimurebe aho yasize igeze.

Bagarutse kandi ku kwiyoroshya kwe, urukundo yakunze abantu n’igihugu, imico myiza ye no kujya inama no kugira abantu inama byamuranze.

Bavuze ko atabarutse ari Senateri igihugu, umulyango we n’ umulyango mugali w’abacitse kw’icumu rya genocide yakorewe abatutsi, bakimutezeho ibindi bikorwa byinshi byingirakamaro. Hizewe ko ikivi cye kizuswa.

Basoje bizera ko tuzahora twibuka Mucyo Jean de Dieu nk’urugero (un modèle /a role model) ku barokotse genocide yakorewe abatutsi n’abanyarwanda muri rusange.

AMAFOTO

-4846.jpg

-4851.jpg

-4849.jpg

-4850.jpg

-4848.jpg

-4847.jpg

-4852.jpg

-4853.jpg

-4854.jpg

-4855.jpg

-4856.jpg

-4857.jpg

Umwanditsi wacu mu Bubiligi

2016-12-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Ubwanditsi 12 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu
Mu Rwanda

EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

Ubwanditsi 18 Jul 2016
CNLG irasaba Abanyarwanda kwitabira ibiganiro byo kwibuka
POLITIKI

CNLG irasaba Abanyarwanda kwitabira ibiganiro byo kwibuka

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13
Amakuru

Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13

Ubwanditsi 08 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru