• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa   |   27 May 2022

  • Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.   |   27 May 2022

  • Uretse isoni nke, Tewojeni Rudasingwa atinyuka ate kuvuga mu bantu, azi ubujura yasize akoze mu Rwanda?    |   27 May 2022

  • FERWABA yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na NBA Africa agamije guteza imbere umukino w’intoki wa Basketball   |   26 May 2022

  • PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon   |   26 May 2022

  • Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   25 May 2022

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Editorial 08 Apr 2017 ITOHOZA

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza ku munsi w’ejo kuwa 7 Mata 2017, yatanze ikiganiro mu mihango yo Kwibuka Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, .

Iyi mihango hari Abanyarwanda benshi bayikurikiye LIVE kuri interineti http://webtv.un.org/ ikaba yarabereye ku cyicaro gikuru cy’uyu muryango i New York ku isaha ya saa kumi z’umugoroba (4PM) zo mu Rwanda.

Iyi mihango, yamaze igihe cy’isaha imwe, yatangijwe no gucana urumuri rw’icyizere, habayeho kandi gufata umunota umwe wo kwibuka no kuzirikana abazize Jenoside.

António Guterres, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, yavuze ijambo, hamwe na Visi Perezida w’uyu muryango Durga Prasad Bhattarai bavuze ahanini kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyo Isi yagombye kuyigiraho.

Valentine Rugwabiza nka Ambasaderi uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yagaragaje ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu guhangana n’ingaruka z’icyaha cya Jenoside haharanirwa Ubumwe n’Ubwiyunge, n’iterambere rirambye mu kwishakamo ibisubizo.

-6252.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza (i bumoso)

-6251.jpg

Umunyarwandakazi Sonia Mugabo, nawe yatanze ubuhamya bwe nk’uwarokotse Jenoside ariko uharanira kubaho, ubu ibikorwa bye bikaba bimufashije kwibeshaho no kwiteza imbere.

Malaika Uwamahoro, nawe w’umunyeshuri wiga muri Fordham University, i New York yifashishije inganzo ye nk’umusizi n’umwanditsi w’imivugo, yahawe umwanya nawe avuga kuri Jenoside.

Undi n’ umwanya ni Carl Wilkens, Umunyamerika rukumbi wemeye gusigara mu Rwanda mu gihe cya Jenoside. Wilkens mu kiganiro yatanze yavuze uko muri Jenoside yasigaye aho yari atuye i Kigali akiyemeza kurokora Abanyarwanda basaga 400 bahigwaga n’abicanyi muri icyo gihe.

Wilkens, usanzwe ufite ibikorwa akorera mu gihugu cya Somalia aho yita ku bantu babana n’ingaruka z’intambara ya Darfur, yatanze ubuhamya bw’uko nyuma ya Jenoside yaje gusubira muri Amerika, ariko mu 1995 akaza kugaruka gukorana n’Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi mu bikorwa byo gusana igihugu, abinyujije mu muryango yashinze wa ‘World Outside My Shoes’.

Nyuma umunyamakuru w’umushakashatsi w’Umwongerezakazi witwa Linda Melvern wakoreye igihe kinini Ikinyamakuru The Sunday Times, nawe yasangije abaraho iby’igitabo yanditse cyitwa ‘A People Betrayed. The Role of the West in Rwanda’s Genocide’.

Ibi biganiro byayobowe na Maher Nasser ukora mu biro bishinzwe itangazamakuru mu Muryango w’Abibumbye, afatanyaje n’Abanyarwanda bari mu itsinda ry’Abaserukiye igihugu muri uyu muryango.

2017-04-08
Editorial

IZINDI NKURU

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Editorial 24 Oct 2017
Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo  batawe muri yombi

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Editorial 10 May 2017
Iby’Umunyamakuru  Ndahayo Obed  wahunze Igihugu byamenyekanye

Iby’Umunyamakuru Ndahayo Obed wahunze Igihugu byamenyekanye

Editorial 05 Nov 2017
Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Editorial 21 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

Callixte Nsabimana yahaye ubutumwa bwihariye ibigarasha cyane cyane abizera igisambo Kayumba Nyamwasa

27 May 2022
Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

24 May 2022
U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

30 Mar 2022
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

01 Mar 2022
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

30 Nov 2021
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

21 Nov 2021
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

02 Oct 2021
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

09 Sep 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

31 Aug 2021
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

18 Aug 2021
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

13 Jul 2021

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru