• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Ubwanditsi 08 Apr 2017 ITOHOZA

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza ku munsi w’ejo kuwa 7 Mata 2017, yatanze ikiganiro mu mihango yo Kwibuka Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, .

Iyi mihango hari Abanyarwanda benshi bayikurikiye LIVE kuri interineti http://webtv.un.org/ ikaba yarabereye ku cyicaro gikuru cy’uyu muryango i New York ku isaha ya saa kumi z’umugoroba (4PM) zo mu Rwanda.

Iyi mihango, yamaze igihe cy’isaha imwe, yatangijwe no gucana urumuri rw’icyizere, habayeho kandi gufata umunota umwe wo kwibuka no kuzirikana abazize Jenoside.

António Guterres, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, yavuze ijambo, hamwe na Visi Perezida w’uyu muryango Durga Prasad Bhattarai bavuze ahanini kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyo Isi yagombye kuyigiraho.

Valentine Rugwabiza nka Ambasaderi uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yagaragaje ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu guhangana n’ingaruka z’icyaha cya Jenoside haharanirwa Ubumwe n’Ubwiyunge, n’iterambere rirambye mu kwishakamo ibisubizo.

-6252.jpg

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Valentine Rugwabiza (i bumoso)

-6251.jpg

Umunyarwandakazi Sonia Mugabo, nawe yatanze ubuhamya bwe nk’uwarokotse Jenoside ariko uharanira kubaho, ubu ibikorwa bye bikaba bimufashije kwibeshaho no kwiteza imbere.

Malaika Uwamahoro, nawe w’umunyeshuri wiga muri Fordham University, i New York yifashishije inganzo ye nk’umusizi n’umwanditsi w’imivugo, yahawe umwanya nawe avuga kuri Jenoside.

Undi n’ umwanya ni Carl Wilkens, Umunyamerika rukumbi wemeye gusigara mu Rwanda mu gihe cya Jenoside. Wilkens mu kiganiro yatanze yavuze uko muri Jenoside yasigaye aho yari atuye i Kigali akiyemeza kurokora Abanyarwanda basaga 400 bahigwaga n’abicanyi muri icyo gihe.

Wilkens, usanzwe ufite ibikorwa akorera mu gihugu cya Somalia aho yita ku bantu babana n’ingaruka z’intambara ya Darfur, yatanze ubuhamya bw’uko nyuma ya Jenoside yaje gusubira muri Amerika, ariko mu 1995 akaza kugaruka gukorana n’Itorero ry’Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi mu bikorwa byo gusana igihugu, abinyujije mu muryango yashinze wa ‘World Outside My Shoes’.

Nyuma umunyamakuru w’umushakashatsi w’Umwongerezakazi witwa Linda Melvern wakoreye igihe kinini Ikinyamakuru The Sunday Times, nawe yasangije abaraho iby’igitabo yanditse cyitwa ‘A People Betrayed. The Role of the West in Rwanda’s Genocide’.

Ibi biganiro byayobowe na Maher Nasser ukora mu biro bishinzwe itangazamakuru mu Muryango w’Abibumbye, afatanyaje n’Abanyarwanda bari mu itsinda ry’Abaserukiye igihugu muri uyu muryango.

2017-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Ubwanditsi 26 May 2019
Perezida  KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Ubwanditsi 31 Dec 2016
RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke  na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

Ubwanditsi 09 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup
Amakuru

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 19 Nov 2021
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!
Amakuru

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12
Amakuru

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Ubwanditsi 04 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru