• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

RNC yagize icyo ivuga ku bikorwa by’iterabwoba yatangije mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2016 ITOHOZA

Mu ijoro rishyira kuwa 2 Gashyantare 2016, abaturage ba Ndera baraye batewe n’ abantu bitwaje intwaro za gakondo ndetse n’ ibitoroshi bihuma abantu amaso .

Kugeza ubu haravugwa abantu icyenda bakomerekejwe n’ icyo gitero. Inzego z’ Umutekano ntizivuga rumwe kuri iki gitero aho Ingabo zivuga ko u Rwanda rwatewe n’ Umwanzi kubera ubuhanga ibyo bitero bwakoranwe, naho Polisi ikavuga ko ari ibisambo.

Mu itangazo rya RNC rigaragara k’urubuga rwa The Rwandan yasohoye nyuma gato y’ubu bugizi bwanabi, rirasa niryigiza nkana rikanateza ubwega muri ibi bikorwa by’iterabwoba bisa nko kwihorera k’urupfu rwa Mugemangango Muhamed wakoranaga n’imitwe y’iterabwoba ya ki islam, RNC ndetse na FDLR. Abandi bakavuga ko bifitanye isano n’ Urubanza rwa Gen. Frank Rusagara na Col. Tom Byabagamba.

-2005.jpg

Gen. Frank Rusagara Na Col. Byabagamba

Uko iryo temwa ry’abantu aho muri Ndera ryakozwe rigaragaza neza yuko ryari iryo kwangisha abaturage ubutegetsi ku mpamvu nk’eshatu zigaragaza. Iya mbere n’uko ahantu hose abo bantu bagabye ibitero nta kintu bigeze biba, bamwe mu bo twanaganiriye bakavuga yuko basabaga abo bari babateye ngo babahe amafaranga ntibabice, bakayanga bagatema ahubwo bakabambura indangamuntu !

Impamvu ya kabiri n’uko mu by’ukuri abo bantu usanga bari batagambiriye kwica ahubwo gukomeretsa gusa kuko basangaga abantu mu inzu bagatema ntibice kandi iyo baza kuba ari ukwica bifuzaga nta cyari ku bibabuza !

-2002.jpg

Gen. Kayumba Nyamwasa

Ibi byabanjirijwe n’ ihunga rya bamwe mu bayoboke mu idini rya Islam, kugeza ubu bikekwa ko byaba bifitanye isano n’ibitero ku Rwanda bitegurirwa mu Burundi. Nyuma y’urupfu rwa Muhamed Mugemangango, Polisi yatangaje ko ifite ibimenyetso byinshi by’ uko Mugemangango yakoranaga n’ Intagondwa za ki islam, harimo no kwibasira ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu bice bitandukanye muri Afrika.

-1999.jpg

Muhamed Mugemangango

Iyo usesenguye neza ibi bikorwa usanga bifitanye isano n’ibimenyetso byinshi byagiye bigaragara mu Ntara y’Amajyaruguru mu mwaka w’2014, aribwo uwahoze ari Executif(Gitifu wa Cyuve) Nsengimana Alfred, yishwe ashaka gutoroka nyuma y’ibikorwa by’ubucengezi bya muvugwagaho.

-2000.jpg

Uwari Executif(Gitifu wa Cyuve) Nsengimana Alfred

Uyu Alfred n’ubwo yari umukozi wa Leta, ariko nijoro yajyaga ajya mu manama za FDLR muri Congo, akabwira inzego bakorana ko aba yagiye kwiga muri Kaminuza kuri Goma, Alfred yamaraga kwambuka umupaka, akambara imyenda ya gisilikare ya FARDC, iriho n’amapeti ngo hatazagira umuca iryera, yarangiza akajya munama za FDLR. Yishwe amaze kwinjiza intwaro n’ibikoresho byinshi byagisikare mu Ntara y’amajyaruguru.

Muri iryo tangazo ihuriro Nyarwanda, RNC rirasa niryerura intambara ku Rwanda. Abakurikirana iby’umutekano muri aka karere bakavuga ko iri terabwoba ari igeragezwa ry’ inzego z’ Umutekano ariko hari n’umugambi wo gukwirakwiza ibi bikorwa mugihugu hose.

Igitangaje ariko n’uko nyuma y’ibibikorwa by’ubugizi bwa nabi Leta z’ Unze ubumwe z’ amerika (USA) ikaba yavuze ko iyi mikorere isanzwe igaragara mu banyagitugu. Kirby, umuvugizi wa Ministeri Ishinzwe ububanyi n’ Amahanga yasobanuye ko “mu bihugu bitari bike byo ku isi abategetsi bitwaza ibikorwa by’iterabwoba mu kumvisha no kubuza abanyagihugu gutangaza ibitekerezo byabo”.

Ibi biratangaje kubona Amerika ishyigikira ibikorwa by’iterabwoba nk’ibi kandi ivuga ko ariyo irwanya iterabwoba ku isi.

-2001.jpg

Gen. Byiringiro Victor wa FDLR

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko u Rwanda rushobora guterwa na FDLR. Aya makuru avugako bazinjirira kuri Ruhwa kumupaka w’u Burundi n’u Rwanda ngo benshi bamaze kwinjira mu Rwanda. Andi makuru akavuga ko bazigabanyamo ibice bibiri, abandi bazinjirira i Bukavu ku ijwi mu Rwanda, kugirango bafatanye na bagenzi babo bo muri FDLR, Nkurunziza avugako atazava kubutegetsi adatwitse u Rwanda.

Umwanditsi wacu

2016-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Umusomyi: SISI reka gusaza wanduranije cyane

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo  yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Ubwanditsi 11 Oct 2021
Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Ubwanditsi 05 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021
Perezida Kagame  aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane
UBUKUNGU

Perezida Kagame aherutse guhabwa igihembo cy’umunyafurika w’umwaka wateje imbere ubukungu kuri uyu mugabane

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia
Amakuru

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru