• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Tumenye abarwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 6)

Ubwanditsi 19 Mar 2016 ITOHOZA

Mu itohoza dukomeje gukora tubagezaho urutonde rwa bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda . Abakorana n’abatera inkunga abanzi b’Igihugu cy’u Rwanda. Ubu turakomeza tubagezaho abanyamahanga ndetse n’abanyarwanda banga u Rwanda urunuka.

Jean claude Monzueto Ngenge : Uwitwa Jean Claude Manzueto niyo aryamye arota avuga ubutegetsi bw’u Rwanda nabi n’abayobozi barwo ntahwema kwandika no gusohora articles zisebya u Rwanda ni umunyekongo usa n’umumetis yavutse taliki 4 zukwezi kwagatatu umwaka wa 1959 mubitaro Kintambo muri Repubulika iharanira democarasi ya Congo.

-89.png

Jean claude Monzueto Ngenge

Yize ishuli ritoya i Saint Georges ubu ni muri Bondeko muri Kintembo, ishuli rya abihaye Imana baba chretiens rya Catolica.

Mu 1971 yajyanywe mw’ishuli rya Montagne, ubu ni mu karere ka kilimani muri Commune Ngaliema, nyuma yokujya kuri Athenee ya la Gombe yakomeje amashuli yisumbuye mugisata cy’indimi zanone mubyi kilatini na philosophie. Arangiza ayisumbuye abona Diplome kuri college Nsona Nkulu muri Bas Congo muri Mbanza-Ngugu ajya gukomeza ibirebana n’amategeko muri kaminuza y,iKinshasa.

Yanditse igitabo Pro Archia kuba umwunganizi wimanza mubyerekeye ubutunzi, umubano na politiki. Nyuma ajya kwiga muri Universities Saint Louis yo mu bubuligi.
Kubera ubutegetsi bubi bwa Congo, amakuru avuga ko yaretse politiki ajya mu byerekeye ubucuruzi bw’amamodoka, aha akaba yaragurishaga amamodoka y’amibano hagati y,uburayi nigihugu akomokamo cya Congo.

Mumwaka 1994, ubuzima bwiwe bwagiye mu kaga kubera ubwo bujura bw’amamodoka amaze gufatwa kenshi yahisemo kwiyegurira christu, aba umukizwa byo kujijisha kugirango arebe ko yagarurirwa ikizere muri rubanda ndetse ashyiraho ishyirahamwe rya baringa rifasha abatishoboye , nyuma yimyaka myishi aguma yiruka hagati ya Congo n,uburayi.

Akaba ari umucuruzi w’amabuye y’agaciro aho bivugwa ko afatanya na FDR kuyacuruza no kuyacukura.

DR. Mupenzi Jean de la Paix : ni umuyobozi w’ingabo za CFCR Imvejuru uyu ngo ukaba ari umutwe w’ingabo za Gasana Anastse n’ Ishyaka rye (Parti Rwandais des Moderes/Moderate Rwanda Party, PRM/MRP-ABASANGIZI ) Ibya Gasana Anastase tuzabibagezaho neza mu minsi iri imbere. Uwiyita Gen. DR. Mupenzi Jean de la yatawe muri yombi na polisi y’Ubuganda taliki ya 26/10/2014.

-2493.jpg

DR. Mupenzi Jean de la Paix

Mupenzi yafatiwe muri Uganda ku mupaka wa Busi ; afatanwa n’abantu batanu biyita aba congomani bafatanwe imbunda ebyiri zo mu bwoko bwa Pistole.

Mu byangombwa yafatanywe harimo passports ebyiri, imwe yo mu gihugu cya UGANDA numero B1089834 mu mazina ya MPENZI JEAN, wavukiye i Kampala ; indi passport numero 2387620 yo muri Kenya yanditseho ngo MUPENZI J P, bivugwa ko ngo yari afite urugendo yagombaga kugirira mu gihugu cya Turukiya kuko yasanganywe itike y’ indege Nairobi-Istambul, yagombaga guhaguruka taliki ya 27/10/2014, saa tanu z ijoro.

Dr Mupenzi kandi yasanganywe amadolari ya Amerika 15.000 ,amashiringi ya Kenya 46. 000, imitwaro 15 y’amafaranga ya Uganda n’ibihumbi 200,000 by’amafaranga yo muri Congo . Umupolisi utashatse kwivuga izina yabwiye Rushyashya ko bari bamaze iminsi bakurikirana ingendo z’uyu mugabo bivugwako ngo yari ari kwibanda cyane mu gihugu cya Sudan na Repubulika iharanira Démocratie ya Congo, ngo bikaba bishoboka ko yaba yakoranaga bya hafi n’abantu bo muri ADF NALU.

Uwaduhaye aya makuru avuga ko muri LAPTOP yari afite, skype ye yari ifunguye, ngo bishoboka ko yari gukorana inama n’abantu batandukanye bari mu Rwanda kuko ibimenyetso byafatiwe muri machine ye birerekana ko yavuganaga n’abantu bo muri RNC baba muri AFRIKA Y’EPFO, Amerika mu Rwanda ndetse n’abantu bo muri FDLR, nkuko na za telefone yakoreshaga zabigaragaje.

-2491.jpg
Dr Mupenzi Jean de la Croix yatahutse mu myaka ya za 2003 avuye muri FDLR aho yari afite ipeti rya Kapiteni. Ageze mu Rwanda yahise ajya kwigisha muri Kaminuza ya INILAK. Nyuma yaje gukekwaho kugira uruhare muri Jenoside y’abatutsi mu 1994.
Inkiko gacaca zo muri Huye zaje kumuhamya ibyaha bya Jenoside ajya gufungirwa kuri gereza nkuru ya Karubanda aho yaje gutoroka hamwe na bagenzi be ahungira muri Zambiya.

Nyuma y’igihe gito nibwo yinjiye mu gisirikare cya Dr Gasana Anastase cya CFCR Imvejuru.

Cyiza Davidson

2016-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Ubwanditsi 20 Jun 2018
Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Ubwanditsi 13 Apr 2017
Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Nyuma yo gutsindwa urugamba rw’amasasu na Politiki, Paul Rusesabagina yayobotse inzira ya propaganda nyuma yo kubona ko ariyo ntwaro yonyine asigaranye.

Ubwanditsi 10 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni
Mu Mahanga

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Karegeya Alfred w’i Remera yateye agahinda gakomeye Ababyeyi
Mu Rwanda

Karegeya Alfred w’i Remera yateye agahinda gakomeye Ababyeyi

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia
Mu Mahanga

Irobo yitwa Sophie yahuye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia

Ubwanditsi 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru