• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson

Inama ya Dar Es Salaam ni andi mahirwe Tshisekedi abonye yo kurangiza intambara, ntazayatere inyoni atunga abandi urutoki”- Senateri Joe Wilson

Ubwanditsi 06 Feb 2025 Uncategorized

Kuri uyu wa gatanu, tariki 08 Mutarama 2025, i Dar Es Salaam muri Tanzaniya hateganyijwe inama idasanzwe, y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, EAC, na bagenzi babo bo mu Muryango w’Ibihugu by’Afrika y’Amajyepfo, SADC.

Ni inama yifujwe mu rwego rwo gushakira hamwe uko amahoro yaboneka muri Kongo binyuze mu nzira y’ibiganiro, aho gushyira imbere intambara.

Ibihugu byo muri SADC byohereje ingabo muri Kongo, bikagaragara nk’aho bishyigikiye ubutegetsi bw’icyo gihugu mu nzira y’imirwano, mu gihe ibyo muri EAC byo bisanga umuti urambye uzava ku meza y’ibiganiro hagati y’impande zihanganye muri Kongo.

SADC kandi inengwa kuba yaravogereye akarere ka EAC, ubwo yoherezaga ingabo imiryango yombi itabigiyeho inama, zijya gukorana n’abajenosideri ba FDLR, bafatanya n’igisirikari cya Kongo guhohotera Abakongomani bo mu beoko bw’Abatutsi.

Ibihugu byinshi, birimo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nabyo bishyigikiye inzira y’imishyikirano, Abanyekongo bagashaka umuti bahereye mu mizi y’ikibazo.

Ni muri urwo rwego Senateri Joe Wilson unafite ijambo rikomeye muri politiki y’Amerika, yagiriye inama Perezida Tshisekedi kubyaza umusaruro uyu mwanya uzamuhuza na mugenzi we w’uRwanda Paul Kagame, kuko ngo ari andi mahirwe abonye yo kugarura amahoro muri Kongo.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa”X”, Senateri Joe Wilson ati: “Inama ya Dar Es ni andi mahirwe Kongo ibonye yo guhura no gukorana na Perezida Kagame. Uyu ntuzamubere umwanya wo gutunga abandi urutoki, kuko byarushaho kuzambya ibintu. Ibibazo bya Goma biri mu biganza bya Tshisekedi”.

URwanda rwakokeje kuvuga ko ruzagira uruhare mu bikorwa byose bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Kongo binyuze mu nzira y’imishyikirano, ndetse Perezida Kagame akaba yaramaze gutangaza ko azitabira iyo nama ya Dar Es Salaam.

Perezida Tshisekedi we avuga ko atazigera agirana ibiganiro na M23, we yita igikoresho uRwanda rwifashisha ngo rusahure umutungo wa Kongo.

Inama ya Dar Es Salaam isanze M23 idahisha ko yariye karungu. Nyuma yo kwigarurira intara yose ya Kivu y’Amajyaruguru, ubu abarwanyi bayo baranasatira Bukavu, umurwa mukuru wa Kivu y’Amajyepfo.

Uwo muvuduko wa M23 watumye zimwe mu ntagondwa zo mu butegetsi bwa Tshisekedi zitangira kuva ku izima. Dore nk’ubu, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe, arasaba Tshisekedi kwemera gushyikirana na M23 “amazi atararenga inkombe”.

Igitutu kuri Leta ya Tshisekedi kandi kirarushaho gukara kubera bimwe mu bihugu bya SADC byatangiye gahunda yo gucyura abasirikari babyo bari muri Kongo. Urugero ni Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi, wahaye itegeko Umugaba Mukuru w’ingabo z’icyo gihugu gutangira gutahura abasirikari ba Malawi barwaniriraga uruhande rwa Leta ya Kongo.

Hari kandi induru y’abaturage b’Afrika y’Epfo, bababajwe cyane n’urupfu rw’abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo, abandi n’ubu bakaba bakiri ingwate z’umutwe wa M23. Abadepite b’icyo gihugu ubu bakaba bamereye nabi Perezida Cyril Ramaphosa, bamusaba gucyura vuba na bwangu ingabo z’Afrika y’Epfo, aho gukomeza gupfa ku bwinshi.

Abarundi nabo ntibaha amahwemo Perezida Ndayishimiye, bamubaza igituma abana babo yohereje muri Kongo, bakomeza gupfa nk’ibimonyo, ku nyungu ze bwite.

Ese ko amajwi asaba Tshisekedi kwicarana na M23 ku meza y’ibiganiro akomeza kuba menshi, kandi no ku rugamba akaba akubitwa iz’akabwana,Tshisekedi arava ku izima yemere gushyikirana n’abo yita “umutwe w’iterabwoba”? Arakomeza yinangire se, kandi n’abari bamushyigikiye batangiye kubona ko amazi atakiri ya yandi? Ngaha rero aho Senateri Joe Wilson ahera avuga ko ibibazo bya Kongo biri mu biganza bya Tshisekedi.

Abasesenguzi muri politiki y’aka karere bemeza ko nta kabuza inama ya Dar Es Salaam nayo izashimangira ko amahoro ya Kongo adashobora kuva mu rusaku rw’imbunda. Basanga rero uyu ari umwanya mwiza kuri Tshisekedi ngo yumve impanuro, aho gukomeza gutera iyaharurutswe atunga urutoki uRwanda. Ngo uko aseta ibirenge, ni ko ingoma ye irushaho kujya aharindimuka, kuko bigaragara ko igihe kitari ku ruhande rwe.

2025-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi bamaganye ibitekerezo bya Museveni na Magufuli

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Nyuma yo kwica abaturage 14 mu Kinigi umwaka ushize, FDLR yishe abarinzi ba Pariki muri Kongo bagera kuri 12

Nyuma yo kwica abaturage 14 mu Kinigi umwaka ushize, FDLR yishe abarinzi ba Pariki muri Kongo bagera kuri 12

Ubwanditsi 25 Apr 2020
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yemeje ko azitabira Tour du Rwanda isiganwa rizazenguruka igihugu muri Gashyantare 2023

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Ubwanditsi 28 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano
Amakuru

Kigali : Umugabo yafatanwe inoti z’impimbano

Ubwanditsi 16 Oct 2016
Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru  ryo mu Rwanda
Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru