• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Ubwanditsi 10 Mar 2016 Mu Mahanga

Charity Misago (izina ry’irihimbano), ni umuturage wo mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma . Umugoroba umwe yaratashye asanga umwana we w’umukobwa w’imyaka 4 yasambanyijwe n’umuturanyi we.

Yahise ajyana umwana kwa muganga ariko ahita amenyesha na Polisi ko umwana we yasambanyijwe, ariko ubwo inkuru yari yakwiye umudugudu wose.

Umwana bamutwaye ku kigo cya Isange one stop centre, ahabwa ubufasha mu by’ubuvuzi, ibijyanye n’amategeko ndetse ahabwa n’ubujyanama.

Misago yahise atanga n’ikirego hanyuma uwo muturanyi wari wamusambanyirije umwana arafatwa, arakatirwa, arafungwa.

Nyuma y’aho umwana aviriye kwa muganga, Polisi y’u Rwanda yahaye inka umuryango wa Misago, mu rwego rwo kuwufasha gukomeza kubaho neza, ndetse no kuwukura mu bwigunge, cyangwa se ngo ukomeze kumva ko ibyo wakorewe biwuteye ikinegu.

Kuri ubu Isange One Stop Center zimaze kuba 27 zikaba ziri hirya no hino mu gihugu aho zitanga ubufasha butandukanye kandi zigakorana n’inzego z’ubuyobozi kugira ngo zimenye neza niba ubufasha bwahawe abagezweho n’ingaruka zo gufatwa ku ngufu cyangwa gusambanywa bubagirira akamaro gakwiye.

Mu ikurikiranabikorwa riherutse mu karere ka Ngoma, aho Polisi y’u Rwanda yatanze ubufasha ku bahohotewe bagera kuri 22, Misago yashimiye Polisi ku bufasha bwahawe umwana we kwa muganga kandi igakomeza no gukurikirana imibereho ye mu muryango..

Ashimira kandi abajyanama b’ikigo Isange ku bufasha batanga ku bantu baba bahuye n’ibibazo by’ihohoterwa.

Yagize ati”Siniyumvishaga uburyo umuryango wanjye uzifata nyuma y’uko ibiganiro by’abaturanyi nta kindi byibandagaho usibye ihohoterwa ryakorewe umwana wanjye w’umukobwa. Ariko ubu hasigaye haganirwa uko umuryango wanjye urimo kwiteza imbere kuko inka twahawe iduha amata ndetse ikanafumbira amasambu yacu.”

Inspector of Police (IP) Beatrice Uwizeyimana uyobora Isange One Stop Centre, ishami rya Ngoma, yemeza ko abantu 22 amaze kwakira ku bibazo by’ihohoterwa ritandukanye bose bahawe ubufasha nk’ubwo ndetse hari n’abashakiwe ubwisungane mu kwivuza mu rwego rwo gufasha abahuye n’ibyo bibazo kongera kwiyumva mu muryango nyarwanda

Inspector of Police (IP) Jean Pierre Ndayisaba ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage mu kwicungira umutekano hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha, avuga ko ubu bujyanama no kubakurikirana mu miryango nyuma yo kuvurwa byatanze umusaruro ko ahubwo ubu babakangurira kujyana na gahunda za Leta biyubaka kandi bakajyana n’iterambere Igihugu kirimo.

Isange One Stop Centre ni ikigo gicungwa n’Ibitaro bya Polisi ku Kacyiru kikaba gitanga ubufasha butandukanye ku bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nta kiguzi na kimwe batanze.

Iki kigo gikora amasaha 24 kuri 24, iminsi 7 kuri 7 kandi gitanga ubufasha mu bushishozi bwinshi.

Polisi y’u Rwanda irateganya kuba yagejeje ibigo nk’ibi mu turere 23 tw’u Rwanda mu mpera z’uyu mwaka wa 2016.

RNP

2016-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 25 Jan 2023
CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

CIA yemeje ko Khashoggi yicishijwe n’Igikomangoma cya Arabie Saoudite

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara  gufungwa imyaka 22

Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara gufungwa imyaka 22

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC
Amakuru

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC

Ubwanditsi 20 Apr 2025
Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko
Mu Mahanga

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ubwanditsi 30 Mar 2016
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Ubwanditsi 03 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru