• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Ubwanditsi 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

I Kibeho mu karere ka Nyaruguru ni ahantu nyaburanga hasurwa cyane n’abakirisitu Gatolika bitewe n’uko Bikila Mariya yahabonekeye kuwa 28 Ugushyingo 1981.

Uhere icyo gihe aha hantu hafatwa nk’ubutaka butagatifu kuburyo ibihumbi by’abakirisitu Gatolika n’inshuti zabo baza kuhizihiriza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya buri mwaka ndetse akeshi bakaza no kuhasengera mu bihe bitandukanye.

Taliki ya 15 Kanama 2018 ibihumbi by’abantu bateraniye i Kibeho muri Nyaruguru mu kwizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya bishimiye ukuntu basanga Kibeho yarateye imbere buri mwaka. N’ubwo abakirisitu Gatolika baza kwizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya baba cyane cyane baje gusenga no kwiyegereza Imana kuburyo bw’umwihariko, ariko banakenera byinshi bibafasha nk’amacumbi, ibyo kurya ndetse n’uburyo bw’itumanaho.

Icyabashimishije rero ni uko i Kibeho hakomeje gutera imbere ku buryo bavuga ko bashimishwa n’uko basanga ibikorwa by’iterambere byariyongereye buri mwaka.

Mu byo bishimira harimo amacumbi meza, interineti y’ubuntu kandi igera kuri buri wese, Umutuzo n’umutekano birangwa aho hantu bituma barushaho kwegerana n’Imana.

Ibi byose basanga ari iterambere rikomeza kwiyongera, bikaba bituma abarwanya ibyiza barushaho kugaragara ko ari abanyabinyoma kuko ibyo abakirisitu Gatolika biboneye i Kibeho bihabanye cyane n’ibyo bumvaga bakanasoma ku mbuga nkoranyambaga.

I Kibeho muri Nyaruguru hari hateraniye abanyarwanda n’abanyamahanga baturutse ku migabane itandukanye y’isi nka Amerika, Uburayi, Aziya na Afurika baje kwizihiza uyu munsi mukuru w’izamurwa mu ijuru rya Bikira Mariya bakaba bishimira uburyo Nyaruguru irushaho gutera imbere uko ibihe bihaye ibindi.

Bamwe mubaganiriye n’ikinyamakuru Rushyashya bagira bati “Kibeho ni ubutaka butagatifu. Iyo twahaje dusabana n’Imana kandi tukumva ko twegeranye nayo neza. Ikindi twishimira ni ukuntu harushaho gutera imbere. Hari wifi y’umuntu ndetse n’ amacumbi n’ubwo atarabasha gucumbikira ibihumbi byinshi by’abantu baba bahari, ariko twizera ko azakomeza kwiyongera kuko uko tuje dusanga hari icyahindutse.”

Aba bakirisitu batangajwe cyane uburyo bakirwa neza, ukuntu umutekano wabo n’uw’ibintu byabo uba urinzwe ntakiwuhungabanya, bikaba bihabanye n’ibyo bumvaga bivugwa i Nyaruguru. Ariko n’ubwo byabatangaje ndetse bakanabyishimira, ku Banyarwanda si igitangaza kuko iterambere ryihuse, kwakira neza abasura u Rwanda, serivise nziza no gusigasira ibyagezweho ni intego yabo ihoraho.

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’

Perezida Kagame azitabira ihuriro ry’abakuru b’ibihugu bigize ’Commonwealth’

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025
Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Itwikwa ry’urugo rwa Kabila ni ukumugaragariza yuko ubuze inda yica umujyi

Ubwanditsi 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro
POLITIKI

Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Rayon Sports inganyije na Yanga African, Gor Mahia yihagararaho mu rugo
IMIKINO

Rayon Sports inganyije na Yanga African, Gor Mahia yihagararaho mu rugo

Ubwanditsi 17 May 2018
Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare
Mu Rwanda

Kwibuka, Ibyaranze itariki ya 20 Mata 1994: Abatutsi basaga 26000 biciwe muri Kiliziya ya Paruwasi Mugombwa muri Butare

Ubwanditsi 20 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru