• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Ubwanditsi 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

I Kibeho mu karere ka Nyaruguru ni ahantu nyaburanga hasurwa cyane n’abakirisitu Gatolika bitewe n’uko Bikila Mariya yahabonekeye kuwa 28 Ugushyingo 1981.

Uhere icyo gihe aha hantu hafatwa nk’ubutaka butagatifu kuburyo ibihumbi by’abakirisitu Gatolika n’inshuti zabo baza kuhizihiriza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya buri mwaka ndetse akeshi bakaza no kuhasengera mu bihe bitandukanye.

Taliki ya 15 Kanama 2018 ibihumbi by’abantu bateraniye i Kibeho muri Nyaruguru mu kwizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya bishimiye ukuntu basanga Kibeho yarateye imbere buri mwaka. N’ubwo abakirisitu Gatolika baza kwizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya baba cyane cyane baje gusenga no kwiyegereza Imana kuburyo bw’umwihariko, ariko banakenera byinshi bibafasha nk’amacumbi, ibyo kurya ndetse n’uburyo bw’itumanaho.

Icyabashimishije rero ni uko i Kibeho hakomeje gutera imbere ku buryo bavuga ko bashimishwa n’uko basanga ibikorwa by’iterambere byariyongereye buri mwaka.

Mu byo bishimira harimo amacumbi meza, interineti y’ubuntu kandi igera kuri buri wese, Umutuzo n’umutekano birangwa aho hantu bituma barushaho kwegerana n’Imana.

Ibi byose basanga ari iterambere rikomeza kwiyongera, bikaba bituma abarwanya ibyiza barushaho kugaragara ko ari abanyabinyoma kuko ibyo abakirisitu Gatolika biboneye i Kibeho bihabanye cyane n’ibyo bumvaga bakanasoma ku mbuga nkoranyambaga.

I Kibeho muri Nyaruguru hari hateraniye abanyarwanda n’abanyamahanga baturutse ku migabane itandukanye y’isi nka Amerika, Uburayi, Aziya na Afurika baje kwizihiza uyu munsi mukuru w’izamurwa mu ijuru rya Bikira Mariya bakaba bishimira uburyo Nyaruguru irushaho gutera imbere uko ibihe bihaye ibindi.

Bamwe mubaganiriye n’ikinyamakuru Rushyashya bagira bati “Kibeho ni ubutaka butagatifu. Iyo twahaje dusabana n’Imana kandi tukumva ko twegeranye nayo neza. Ikindi twishimira ni ukuntu harushaho gutera imbere. Hari wifi y’umuntu ndetse n’ amacumbi n’ubwo atarabasha gucumbikira ibihumbi byinshi by’abantu baba bahari, ariko twizera ko azakomeza kwiyongera kuko uko tuje dusanga hari icyahindutse.”

Aba bakirisitu batangajwe cyane uburyo bakirwa neza, ukuntu umutekano wabo n’uw’ibintu byabo uba urinzwe ntakiwuhungabanya, bikaba bihabanye n’ibyo bumvaga bivugwa i Nyaruguru. Ariko n’ubwo byabatangaje ndetse bakanabyishimira, ku Banyarwanda si igitangaza kuko iterambere ryihuse, kwakira neza abasura u Rwanda, serivise nziza no gusigasira ibyagezweho ni intego yabo ihoraho.

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ubwanditsi 31 Oct 2024
Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Perezida Kagame ari muri Namibia aho yitabiriye inama ya SADC [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 17 Aug 2018
Uganda yavuye ku izima  yahagaritse pasiporo ya Mukankusi  Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Uganda yavuye ku izima yahagaritse pasiporo ya Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC

Ubwanditsi 21 Feb 2020
Niba Guverinoma y’uRwanda yibasira abayigometseho, ninde wibasira inshuti zayo n’abasangirangendo?

Niba Guverinoma y’uRwanda yibasira abayigometseho, ninde wibasira inshuti zayo n’abasangirangendo?

Ubwanditsi 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler
INKURU NYAMUKURU

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ubwanditsi 21 Sep 2019
Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika  nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba
Mu Mahanga

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru