• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Kibeho: Agace k’Amateka n’Ibitangaza ku Bakirisitu ba Kiliziya Gatolika gakomeje gukurura ba mukerarugendo

Ubwanditsi 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

I Kibeho mu karere ka Nyaruguru ni ahantu nyaburanga hasurwa cyane n’abakirisitu Gatolika bitewe n’uko Bikila Mariya yahabonekeye kuwa 28 Ugushyingo 1981.

Uhere icyo gihe aha hantu hafatwa nk’ubutaka butagatifu kuburyo ibihumbi by’abakirisitu Gatolika n’inshuti zabo baza kuhizihiriza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya buri mwaka ndetse akeshi bakaza no kuhasengera mu bihe bitandukanye.

Taliki ya 15 Kanama 2018 ibihumbi by’abantu bateraniye i Kibeho muri Nyaruguru mu kwizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya bishimiye ukuntu basanga Kibeho yarateye imbere buri mwaka. N’ubwo abakirisitu Gatolika baza kwizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikila Mariya baba cyane cyane baje gusenga no kwiyegereza Imana kuburyo bw’umwihariko, ariko banakenera byinshi bibafasha nk’amacumbi, ibyo kurya ndetse n’uburyo bw’itumanaho.

Icyabashimishije rero ni uko i Kibeho hakomeje gutera imbere ku buryo bavuga ko bashimishwa n’uko basanga ibikorwa by’iterambere byariyongereye buri mwaka.

Mu byo bishimira harimo amacumbi meza, interineti y’ubuntu kandi igera kuri buri wese, Umutuzo n’umutekano birangwa aho hantu bituma barushaho kwegerana n’Imana.

Ibi byose basanga ari iterambere rikomeza kwiyongera, bikaba bituma abarwanya ibyiza barushaho kugaragara ko ari abanyabinyoma kuko ibyo abakirisitu Gatolika biboneye i Kibeho bihabanye cyane n’ibyo bumvaga bakanasoma ku mbuga nkoranyambaga.

I Kibeho muri Nyaruguru hari hateraniye abanyarwanda n’abanyamahanga baturutse ku migabane itandukanye y’isi nka Amerika, Uburayi, Aziya na Afurika baje kwizihiza uyu munsi mukuru w’izamurwa mu ijuru rya Bikira Mariya bakaba bishimira uburyo Nyaruguru irushaho gutera imbere uko ibihe bihaye ibindi.

Bamwe mubaganiriye n’ikinyamakuru Rushyashya bagira bati “Kibeho ni ubutaka butagatifu. Iyo twahaje dusabana n’Imana kandi tukumva ko twegeranye nayo neza. Ikindi twishimira ni ukuntu harushaho gutera imbere. Hari wifi y’umuntu ndetse n’ amacumbi n’ubwo atarabasha gucumbikira ibihumbi byinshi by’abantu baba bahari, ariko twizera ko azakomeza kwiyongera kuko uko tuje dusanga hari icyahindutse.”

Aba bakirisitu batangajwe cyane uburyo bakirwa neza, ukuntu umutekano wabo n’uw’ibintu byabo uba urinzwe ntakiwuhungabanya, bikaba bihabanye n’ibyo bumvaga bivugwa i Nyaruguru. Ariko n’ubwo byabatangaje ndetse bakanabyishimira, ku Banyarwanda si igitangaza kuko iterambere ryihuse, kwakira neza abasura u Rwanda, serivise nziza no gusigasira ibyagezweho ni intego yabo ihoraho.

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Uko  Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Ubwanditsi 21 Oct 2018
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Ubwanditsi 02 May 2018
Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Ubwanditsi 03 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi,  nyuma y’iminsi itatu gusa  Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]
ITOHOZA

Umuriro watse hagati ya Parfine na Safi, nyuma y’iminsi itatu gusa Safi ashyingiranwe na Niyonizera Judith. [ VIDEO ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda
Mu Mahanga

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

Ubwanditsi 26 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru