• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Ubwanditsi 15 Mar 2017 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare iri mu gihugu cya Cameroun muri irushanwa ryo kuzenguruka iki gihugu ryatangiye kuwa 11 Werurwe 2017, ntawavuga ko ihagaze nabi kuko ku rutonde rusange (General Classification) ruheruka gusohoka barebeye hamwe uduce tune tumaze gukinwa, Ndayisenga Valens ahagaze ku mwanya wa karindwi (7).

Ubwo iri rushanwa ryatangiraga kuwa 11 Werurwe 2017, abasiganwa bakoze intera ya kilometro 121 (121 KM) bava mu mujyi wa Yaounde bagana Bafia. Icyo gihe Cisse Isiaka (Ivory Coast) ni we wahize abandi akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 38” (2h53’38”). Uyu yaje akurikiwe na Tybor Patrick umunya-Slovakia ukinira Dukla Banska Bystrica bakoresheje ibihe bingana.

Van Englen Adne Umuholandi ukinira Global Cycling Team yafashe umwanya wa gatatu akoresheje amasaha abiri, iminota 53 n’amasegonda 30’ (2h53’30”) imbere ya Jean Claude Uwizeye umunyarwanda waje ku mwanya wa 10 akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 45” (2h53’45”).

Ndayisenga Valens watwaye Tour du Rwanda iheruka (2016) yaje ku mwanya wa wa 13 (2h53’45”), Tuyishime Ephraim yafashe umwanya wa 18 (2h53’45”), Ukiniwabo Rene Jean Paul yafashe umwanya wa 23 (2h53’45”) mu gihe Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 26 (2h53’45”).

Mu gace ka kabiri abasiganwa bahagurutse Bafoussam bagana Dschang mbere yo kugaruka Bafoussam ku ntera ya kilometero 101, urugendo rwabaye rwiza kuri Holler Nikodemus (BikeAid/Germany) waje ku mwanya wa mbere akoresheje 2h24’9”. Muri aka gace, Kangangi Suleiman (BikeAid/Kenya) yatahanye umwanya wa gatanu (5) akoresheje 2h25’6”.

Ndayisenga Valens yafashe umwanya wa cyenda (9) akoresheje 2h25’12”, Uwizeye Jean Claude aza amukurikiye ku mwanya wa cumi (10) akoresheje 2h25’25”. Ukiniwabo Rene Jean Paul yabaje inyuma ku mwanya wa 11 akoresheje 2h26’17” imbere ya Uwizeyimana Bonaventure waje ku mwanya wa 12 akoresheje 2h26’17”.
Kuri uyu wa Kabiri ubwo iri siganwa ryari rigeze ku munsi waryo wa kane (Etape4), abasiganwa bavaga ahitwa Limbe bagana Kumba ku ntera ya kilometero 98 (98Km). Aka gace katwawe na Mraouni Salahedine (Maroc) akoresheje 2h28’39” wakurikiwe na Holler Nikodemus (BikeAid) banganyije ibihe.

Umunyarwanda wa hafi yabaye Ukiniwabo Rene Jean Paul waje ku mwanya wa gatatu akoresheje 2h28’44”, Uwizeye Jean Claude watwaye umwanya wa 17 akoresheje 2h29’52’ imbere ya Kangangi Suleiman (Kenya) waje ku mwanya wa 18 banganya ibihe.

Kamzong Clovis watwaye iri rushanwa mu 2015, yafashe umwanya wa 19 akoresheje 2h29’52”. Tuyishime Ephrem yabaye uwa 30 akoresheje 2h29’52”, Ndayisenga Valens aba uwa 31 akoresheje ibihe bingana n’ibya Nsengimana Jean Bosco (2h29’52”). Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 34 akoresheje 2h30’9”.
Ku rutonde rusange ruyobowe na Holler Nikodemus(BikeAid) umaze gukoreshe 10h30’36”, Mraouni Selahedine aza ku mwanya wa kabiri kuko amurusha umunota umwe n’amasegonda atanu. Ndayisenge Valens ni uwa karindwi (7) kuko amaze gukoresha 10h33’18”.

Kangangi Suleiman ujya anitabira Tour du Rwanda, ahagaze ku mwanya wa munani kuko amaze gukoresha 10h33’42”. Ukiniwabo Rene Jean Paul ni uwa cyenda (9) kuko amaze gukoresha 10h33’4”, Uwizeye Jean Claude ni uwa cumi (10) dore ko amaze gukoresha 10h34’4” mu gihe Uwizeyimana Bonaventure ari ku mwanya wa 12 kuko amaze gukoresha 10h34’40”.

-6104.jpg

Tour du Cameroun ni imwe mu masiganwa amaze kubaka izina muri Afurika kuva yakinwa bwa mbere mu 2003 kugeza magingo aya aho iri gukinwa ku nshuro ya 14 nubwo mu 2013 itabaye. Iri siganwa rigira uduce umunani (Etapes 8) rikaba kuri uyu wa kabiri ryari rigeze ku gace ka Kane kasize Ndayisenga Valens ari ku mwanya wa karindwi ku rutonde rusange (General Classification).

2017-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Ubwanditsi 11 May 2022
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Ubwanditsi 17 Nov 2023
Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Rutahizamu wa APR FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague arifuzwa na FC Zurich yo mu Busuwisi, biravugwa ko izamutangaho ibihumbi 265€.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ikipe y’u Rwanda y’umukino wa Volleyball mu bagabo yageze i Kigali itahanye umwanya wa 6

Ubwanditsi 16 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida
Mu Rwanda

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga
Mu Rwanda

Ukuri kubivugwa ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga wa Kenya yahawe hafi miliyoni 5 z’ amadorali akazanga

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter
Mu Rwanda

Kagame, Murekezi na Mushikiwabo baje mu bayobozi 10 ba mbere basubiza abaturage kuri twitter

Ubwanditsi 02 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru