• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Ubwanditsi 15 Mar 2017 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino w’amagare iri mu gihugu cya Cameroun muri irushanwa ryo kuzenguruka iki gihugu ryatangiye kuwa 11 Werurwe 2017, ntawavuga ko ihagaze nabi kuko ku rutonde rusange (General Classification) ruheruka gusohoka barebeye hamwe uduce tune tumaze gukinwa, Ndayisenga Valens ahagaze ku mwanya wa karindwi (7).

Ubwo iri rushanwa ryatangiraga kuwa 11 Werurwe 2017, abasiganwa bakoze intera ya kilometro 121 (121 KM) bava mu mujyi wa Yaounde bagana Bafia. Icyo gihe Cisse Isiaka (Ivory Coast) ni we wahize abandi akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 38” (2h53’38”). Uyu yaje akurikiwe na Tybor Patrick umunya-Slovakia ukinira Dukla Banska Bystrica bakoresheje ibihe bingana.

Van Englen Adne Umuholandi ukinira Global Cycling Team yafashe umwanya wa gatatu akoresheje amasaha abiri, iminota 53 n’amasegonda 30’ (2h53’30”) imbere ya Jean Claude Uwizeye umunyarwanda waje ku mwanya wa 10 akoresheje amasaha abiri, iminota 53’ n’amasegonda 45” (2h53’45”).

Ndayisenga Valens watwaye Tour du Rwanda iheruka (2016) yaje ku mwanya wa wa 13 (2h53’45”), Tuyishime Ephraim yafashe umwanya wa 18 (2h53’45”), Ukiniwabo Rene Jean Paul yafashe umwanya wa 23 (2h53’45”) mu gihe Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 26 (2h53’45”).

Mu gace ka kabiri abasiganwa bahagurutse Bafoussam bagana Dschang mbere yo kugaruka Bafoussam ku ntera ya kilometero 101, urugendo rwabaye rwiza kuri Holler Nikodemus (BikeAid/Germany) waje ku mwanya wa mbere akoresheje 2h24’9”. Muri aka gace, Kangangi Suleiman (BikeAid/Kenya) yatahanye umwanya wa gatanu (5) akoresheje 2h25’6”.

Ndayisenga Valens yafashe umwanya wa cyenda (9) akoresheje 2h25’12”, Uwizeye Jean Claude aza amukurikiye ku mwanya wa cumi (10) akoresheje 2h25’25”. Ukiniwabo Rene Jean Paul yabaje inyuma ku mwanya wa 11 akoresheje 2h26’17” imbere ya Uwizeyimana Bonaventure waje ku mwanya wa 12 akoresheje 2h26’17”.
Kuri uyu wa Kabiri ubwo iri siganwa ryari rigeze ku munsi waryo wa kane (Etape4), abasiganwa bavaga ahitwa Limbe bagana Kumba ku ntera ya kilometero 98 (98Km). Aka gace katwawe na Mraouni Salahedine (Maroc) akoresheje 2h28’39” wakurikiwe na Holler Nikodemus (BikeAid) banganyije ibihe.

Umunyarwanda wa hafi yabaye Ukiniwabo Rene Jean Paul waje ku mwanya wa gatatu akoresheje 2h28’44”, Uwizeye Jean Claude watwaye umwanya wa 17 akoresheje 2h29’52’ imbere ya Kangangi Suleiman (Kenya) waje ku mwanya wa 18 banganya ibihe.

Kamzong Clovis watwaye iri rushanwa mu 2015, yafashe umwanya wa 19 akoresheje 2h29’52”. Tuyishime Ephrem yabaye uwa 30 akoresheje 2h29’52”, Ndayisenga Valens aba uwa 31 akoresheje ibihe bingana n’ibya Nsengimana Jean Bosco (2h29’52”). Uwizeyimana Bonaventure yafashe umwanya wa 34 akoresheje 2h30’9”.
Ku rutonde rusange ruyobowe na Holler Nikodemus(BikeAid) umaze gukoreshe 10h30’36”, Mraouni Selahedine aza ku mwanya wa kabiri kuko amurusha umunota umwe n’amasegonda atanu. Ndayisenge Valens ni uwa karindwi (7) kuko amaze gukoresha 10h33’18”.

Kangangi Suleiman ujya anitabira Tour du Rwanda, ahagaze ku mwanya wa munani kuko amaze gukoresha 10h33’42”. Ukiniwabo Rene Jean Paul ni uwa cyenda (9) kuko amaze gukoresha 10h33’4”, Uwizeye Jean Claude ni uwa cumi (10) dore ko amaze gukoresha 10h34’4” mu gihe Uwizeyimana Bonaventure ari ku mwanya wa 12 kuko amaze gukoresha 10h34’40”.

-6104.jpg

Tour du Cameroun ni imwe mu masiganwa amaze kubaka izina muri Afurika kuva yakinwa bwa mbere mu 2003 kugeza magingo aya aho iri gukinwa ku nshuro ya 14 nubwo mu 2013 itabaye. Iri siganwa rigira uduce umunani (Etapes 8) rikaba kuri uyu wa kabiri ryari rigeze ku gace ka Kane kasize Ndayisenga Valens ari ku mwanya wa karindwi ku rutonde rusange (General Classification).

2017-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Mamelodi Sundowns FC 0-0

Ubwanditsi 07 Mar 2018
Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Ubwanditsi 30 May 2021
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwahuye n’abahagarariye abafana mbere y’umukino ubanza wa CAF Champions League na Pyramids

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwahuye n’abahagarariye abafana mbere y’umukino ubanza wa CAF Champions League na Pyramids

Ubwanditsi 25 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Kizito Mihigo uramagana abakwirakwiza impuha kumbuga nkoranyambaga bitwaje urupfu rwa Kizito

Ubwanditsi 19 Feb 2020
Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo
HIRYA NO HINO

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.
Amakuru

Hamenyekanye amakipe 7 muri buri kiciro cy’abarwanira igikombe ndetse n’ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri, ibyaranze umunsi wa nyuma w’amatsinda abura umukino umwe.

Ubwanditsi 18 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru