• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiriye inama abayobozi yo gukorera mu mucyo, bakirinda kurangwa n’ikimenyane aho usanga hari abafite abantu b’inshuti zabo n’abo bita abanzi mu kazi, ahubwo umuyobozi akaba uwa bose aho kurobanura.

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018 nibwo Perezida Kagame yabigarutse atangiza Umwiherero w’Abayobozi b’Inzego z’ibanze ugiye kumara iminsi itatu ubera mu ishuri rya FAWE mu Karere ka Gasabo.

Uyu mwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze uri muri gahunda yiswe ‘Umuturage ku isonga’, watangirijwe kuri Petit Stade i Remera. Uhurije hamwe abayobozi barenga 1300 barimo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge, abajyanama b’uturere n’Umujyi wa Kigali; Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’uturere ndetse n’abakuriye inzego zitandukanye mu turere.

Mu kuwutangiza, Umukuru w’Igihugu yaganiriye n’abayobozi bawitabiriye abagira inama ku bijyanye n’uburyo bakwiriye kunoza inshingano zabo.

Perezida Kagame yavuze ko hari ikibazo gikunze kugaruka cyane aho abayobozi badashyira mu bikorwa inshingano zabo uko bikwiye ariko nyuma hakabura n’umuntu ubibaryozwa.

Ibi ahanini ngo biterwa n’uko n’umuyobozi ukwiye gusaba uwo ayobora ibisobanuro ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda runaka, nawe aba afite intege nke mu mikorere.

Ati “Uzajya guhana uwo mwibana? Ibyo byashoboka se? Uzamugezayo akuvuge. Ati nimubanze mubaze uri hejuru hariya. Iyo bimeze bityo, buri wese araceceka agasahura ibyo ashoboye.”

Yakomoje kandi ku bayobozi usanga bafite abo bita inshuti zabo mu kazi ku buryo babibonamo kurusha abandi. Kuri we, ngo nta kibazo gikwiye kubaho mu kugira inshuti ariko izo mu kazi zikwiye gucika burundu.

Ati “Nta muntu usumba inzego kandi sinzi impamvu umuntu ahora abivuga bigahora biba. Ugasanga mufite abantu mugenda mukaramya mukagira ibitangaza, n’uwo amakosa yagizeho ingaruka imvugo ikaba buriya hari abamugambaniye, nta muntu utagira abanzi […] ngo buriya nta mugabo utagira abanzi sinzi! Niba hari n’abanzi icya mbere ni ugusuzuma ko atari wowe wabiteye […] iyo uri umuyobozi, ujya kugira abantu ugira abanzi n’abandi ugira inshuti gute? Ntabwo ushobora kugira abantu inshuti n’abandi ugira abanzi. “

Yakomeje agira ati “Umuyobozi yagira abantu be n’abandi batari abe gute? Ni abantu ugiye kuyobora, urabifuriza ineza. Ntabwo wajya mu bantu uyobora ngo utangire ubarememo ibice. Ntabwo ari ubuyobozi. Ntabwo ubuyobozi bushinzwe ngo mfite abanzi, niba ari abanzi bakuziza ko ukora ibintu bizima abo ntabwo ukwiye kubatekereza. Ugiye kuvuga ngo uranyaga ngo ni uko nakubujije ko ukora amafuti, ninabimenya birakugirira nabi; uratuma ibyo wita umwanzi ubyumva, ndakugerekaho urusyo.”

Perezida Kagame yagiriye abayobozi inama yo gukorera mu mucyo, bakirinda kurangwa n’ikimenyane

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye uyu mwiherero ko abantu bayobora bakagira abanzi n’inshuti bakwiye kuba babikorera hanze y’akazi ariko bagera mu biro bigahagarara burundu.

Ati “Nzagutumira iwanjye dusabane, tunywe inzoga ariko nibigera mu kazi, bihagarare. Iby’akazi ni iby’akazi. Waza tukarara inkera, tukaririmba ariko nibirenga aho […] iyo bikomeje uba wapfuye n’akazi kaba kapfuye. Bigira ingaruka ku bantu, ku bo uyobora, bishobora kutagira ingaruka kuri ba bandi wita inshuti kuko aribo uhora ugwizaho ibyiza ariko icyo ni icyaha.”

Umukuru w’Igihugu yaburiye kandi abayobozi badatinyuka kureba umuntu mu maso ngo bamubwire bati ‘sigaho’ n’ababaye imbata y’ikimenyane, ababwira ko bikwiye gucika kuko byoreka igihugu.

Ati “Wajya muri minisiteri runaka, minisitiri n’abamukurikiye bose bakaba abantu yitoranyirije ari abavandimwe, ari inshuti, baturuka mu cyaro kimwe; byashoboka? Ikintu kiganisha aho mucyemera mute? Kuki ntawe uvamo ngo avuge ati ibintu dufite hano ntabwo ari byiza. Ntibishobora kuba ahantu ngo byihishire kandi n’imikorere yabyo iraboneka.”

Abitabiriye uyu mwiherero bahawe umwanya wo kubaza ibibazo bitandukanye aho nk’Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, yasabye ko abayobozi bari ku rwego rw’akarere n’imirenge bagabanywa hakongererwa ubushobozi utugari.

Perezida Kagame yashyigikiye iki giterezo avuga ko nta mpamvu yo kugira abantu benshi hejuru hasi nta bahari, ndetse Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko iyo gahunda ihari mu gihe cya vuba hazaba impinduka.

Ikindi kibazo cyabajijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, wavuze ko hari ibibazo biri kugaragara muri iki gihe byo kurangiza imanza ku bantu bari barahunze ariko batahuka bagasanga amasambu yabo yaratujwemo abandi.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko iki kibazo kidakwiye kujya mu nkiko kuko ibyakozwe hatuzwa abatari bafite aho kuba, byari umwanzuro wa politiki. Yashimangiye ko mu gihe iki kibazo cyagera mu nkiko, cyasenya ibyakozwe byose bigatera akavuyo gakomeye mu gihugu.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko mu mwiherero uheruka kubera i Rubavu; abakora mu nzego z’ubutabera bemeje ko iki kibazo kigiye gufatirwa umuti wa burundu.

Kagame yaganiriye n’abayobozi abagira inama y’uburyo bakwiriye kunoza inshingano zabo

Perezida Kagame yatangije ku mugaragaro Umwiherero w’Abayobozi b’Inzego z’ibanze uzamara iminsi itatu

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François atanga igitekerezo cyo kongera abakozi ku rwego rw’akagari

Bamwe mu bitabiriye umwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze

Perezida Kagame yakira ibitekerezo by’abitabiriye Umwiherero

Perezida Kagame yabwiye abayobozi ko bakwiye kumenya ibibazo igihugu gifite

Perezida Kagame yaburiye abayobozi bahora basaba imbabazi ku makosa amwe

Umwiherero w’iminsi itatu witabiriwe n’abayobozi 1300 b’inzego z’ibanze

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yavuze ko ikibazo cyo kurangiza imanza ku bantu bari barahunze ariko batahuka bagasanga amasambu yabo yaratujwemo abandi kigiye gufatirwa umuti wa burundu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yavuze ko umwiherero ugamije gusuzuma aho abayobozi bagize intege n’aho batashoboye gutanga serivisi nziza ku baturage

Bari bafite akanyamuneza mu itangizwa ry’umwiherero

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Nyamurinda Pascal mu bitabiriye itangizwa ry’umwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Marie Rose Mureshyankwano (hagati) mu gutangiza umwiherero

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney (ibumoso) n’uw’Intara y’Uburasirazuba, Mufulukye Fred

Umwiherero w’abayobozi b’inzego z’ibanze uri muri gahunda yiswe ‘Umuturage ku isonga’

Amafoto: Village Urugwiro

2018-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Ubwanditsi 06 Jan 2020
Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Minisitiri Musoni James yakuwe muri guverinoma

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Rujugiro, yatamaje  Museveni wabwiye Perezida Kagame ko atamuzi !

Ubwanditsi 18 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo
Mu Rwanda

EAC ishobora kuzisanga mu bibazo itakwikuramo

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”
INKURU NYAMUKURU

Burera : Perezida Kagame yavuze ko “Ababuza u Rwanda umutekano bakina n’umuriro nibawegera uzabotsa”

Ubwanditsi 08 May 2019
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro
UBUKUNGU

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Ubwanditsi 20 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru