• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Ubwanditsi 30 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda uba mu Bubiligi Rutayisire Boniface yagize icyo avuga kubiyita ko barwanya ubutegetsi mu Rwanda yagize ati : Muri  iyi minsi  haravugwa abanyarugomo b’amashyaka arwanya leta y’u Rwanda baba  hanze yarwo  bafite ibyifuzo bishaka kubuza umutekano abanyarwanda.

Mbyise ibyifuzo kuko mungiro ibyo bavuga ko barwanya leta siko biri, kuko ntambaraga bafite zahungabanya leta n’umutekano w’igihugu.

Njye  rero icyo nabwira buri munyarwanda uri imbere mugihugu cyangwa hanze, ndagirango nkubwire nti  witega amatwi ibyo bigambo birwanya leta y’u Rwanda kuko bigirango bikurangaze bikubuze gahunda yo gukomeza kwiteza imbere.

Abavuga ibyo bose bitwa ko barwanya leta y’u Rwanda nta shingiro bafite.

He kugira uwo batesha igihe cyangwa ngo bamutere impungenge. He no kugira uwabashyiraho ikizere yibaza ko hari icyo bazamugezaho.

Kugeza ubu, nta shyaka na rimwe rya opposition  riba hanze y’u Rwanda rifite ubushobozi bwo kuba ryabangamira umutekano w’ u Rwanda.

Ntihagire umuturage urangazwa n’amagambo y’abatavuga rumwe na leta y’u Rwanda kuko nta shingiro ryabo.

Njye inama naha buri munyarwanda, nuko buri wese yashyira imbere ubunyarwanda butavangura kandi butagira umupaka  noneho  tugasenya urukuta rubuza abanyarwanda gusabana, maze tukegera abo bahitamo gukomeza kurwanya leta y’u Rwanda, baba abo muturanye cyangwa muhurira mubindi by’ubuzima busanzwe cyangwa kuri za social media n’ibindi.

Nimureke tubegere tubigishe bayoboke inzira nziza. Uramutse ubihoreye nkaho waba uvuze ko bazakwiza urwo rwango rwabo noneho abo bamaze kurukwizamo bakagusanga aho uri . Ibyiza rero nuko wabasanga aho bari ukabigisha maze ibitekerezo bibi bikabavamo ntawe biranduza wundi.

Igihe ushyize imbere ubunyarwanda butavangura kandi butagira umupaka, nta n’umwe watinya kwegera kuko nibwo umuhanduramo bya bitekerezo bibi. Iyo uteye iyo ntambwe yo kubakuramo ibyo bitekerezo byanze bikunze bigira umusaruro kuribo cyangwa ababegereye.

Muri wa muco nyarwanda wacu wo gusabana, hari aho natashye  ubukwe bw’umuturanyi,  noneho hahubuka umuntu ufite ibitekerezo bya opposition mbisi cyane,  igihe abantu bari barindiriye kwinjizwa mucyumba cy’ahabera ubukwe  ati uziko leta y’u Rwanda muri iyi minsi yamaze abaturage, ngo ubu yatanze itegeko ryo gutsembaho abaturage, leta y’u Rwanda yirirwa ishonjesha abaturage irandura imyaka yabo, leta yashyizeho inzego z’akavuyo zo kubuza amahwemo abaturage, n’ibindi n’ibindi bidafite ishingiro.

Uwo muntu yari yarundanije abantu benshi bagwiriyemo  urubyiruko rw’inkumi  n’abasore.

Maze kumwumva aho nari hirya gato  narabegereye mvugira  hejuru nti wibeshya aba bantu njye niviriye mu Rwanda. Ati wavuyeyo ryari, nti navuyeyo mukwezi kwa gatandatu 2018. Ati se wasanze ibyo maze kuvuga atari ari ukuri ? Nti oya rwose ibyo uvuze si ukuri ni ibinyoma gusa gusa nta nakimwe kizima kirimo.

Abari bamukikije bose bahise bashishikarira kuntega amatwi.  Narakomeje rero nti jye nasanze igihugu cy’u Rwanda cyacu gifite umutekano uhagije kuburyo ugenda amanywa n’ijoro nta mpungenge kandi buri muturage afite ubwisanzure buhagije.

Ati se noneho ibyinzego ziyoboye abaturage zikababuza umutekano n’ubwisanzure.  Aho naho naramushubije nti nabyo urabeshye  kuko ahubwo abayobozi baba bato cyangwa bakuru batinya kandi bakubaha abaturage.  Nta muyobozi urenganya umuturage ngo bimugwe neza kuko umuturage  ahaguruka muri Njyanama akabivugiraho noneho izindi nzego zigahita zifatira wa muyobozi  ibyemezo.

Ndetse kugirango nanamwereke ko amakuru mfite y’inzego za leta y’u Rwanda rwacu  zikora neza ariyo, naramubwiye nti ntabwo wasomye mubinyamakuru cyane cyane muri social media  ko kwicara mu ntebe ya Meya basigaye babyita yigere uyimpe? Ati yego. Kubera iki bayita gutyo? Ati si mbizi. Nahise rero mubwira nti biterwa n’uko inzego zihagarariye abaturage zikora neza kuburyo iyo Meya akora nabi baterana bakamuvanaho. Nti kandi ibyo ntibyigeze bibaho kungoma ya Habyarimana.

Ubwo wawundi wiyitaga uri muri opposition wakwizaga ibinyoma, yatangiye  kuvugishwa ngo eeeh ngo Meya abaturage bamuvanaho  !! Nti yego rwose.  Noneho abari batuzengurutse  aho  hanze bahita bamwanjama bati uheruka mu Rwanda ryari. Undi ati mbere ya 1994. Ba basore n’inkumi  noneho bariyamirira bati ubwo rero wari utworosheho ikinyoma. Ubwo nawe kwivana mu isoni yaratangiye ngo harya wowe (yavugaga jye) uri umuyobozi w’ibiki muri leta yanyu. Nti ntabwo kuvuga ibyiza by’igihugu bigombera kuba umuyobozi.

Muguhindukira ntitwamenye aho anyuze. Kuva ubwo abandi bantu nka batatu bari  aho bahuje imyumvire nawe ntawongeye kuzamura amagambo yo gucengeza urwango mu banyarwanda. Ndetse mbonye ukuntu bari  bahahamutse batinya ko ibinyoma byabo bijya ahagaragara hari abo nagiye kwicara iruhande mbashishikariza gusura u Rwanda kugirango bahindure ibitekerezo bavuge amakuru y’ukuri adasebya leta y’u Rwanda.

Ubwo nabo  noneho  bahise batangira guhangana ubwabo bamwe babwirana ko koko bikwiye kurusura kuko hari byinshi bavuga basebya u Rwanda abaturage bakabaseka kuko bazi ukuri maze bakabahindura umuti w’amenyo  cyane cyane ko  byanze bikunze aho abanyarwanda bateraniye haba harimo abafite amakuru y’ukuri.

Igihe kandi wiyumvamo ubunyarwanda bwuzuye busabana na bose ndetse  ukaba wiyizeyemo urukundo rw’igihigu cyawe na leta yawe, witinya kwegera wa munyarwanda w’ibitekerezo bibi ugamije kumwigisha kuko ni umunyarwanda.

Iyo utamwegereye uba umuhaye amahirwe yo gukomeza gukwiza ingengabitekerezo  y’urwango no kwanduza abandi.  Icyo gihe rero iyo utakoresheje ubunyarwanda bwawe ngo umusange aho ari umuvanemo bya bitekerezo, iyo akwije bya bitekerezo bikugiraho ingaruka zikagusanga aho uri. Kumusanga aho ari rero ukabimuvanamo nibyo biguze make. Nta kurambirwa kandi kuko kwigisha ni uguhozaho. Niyo abantu baba ari abantu  bakuru, iyo utarambiwe bagera aho bakagororoka.

Witinya rero ngo baravuga ngo iki. Ahubwo gira uti kuki ntacyo ndimo gukora mukwigisha abandi ibyiza by’igihugu na leta yacu.   Rwose  witinya kuko  iyo wakoze neza leta irabimenya nayo ifite amaso n’amatwi.  Abanyarwanda rero mukunda igihugu mwaba abagisura cyangwa abakirimo hamwe n’abafite amakuru yacyo meza, aho muri hose  nimuhaguruke muganirize abafite ibitekerezo bibi mubibakuremo kuko muzaba mukemuye byinshi mbere y’uko byigaragaza mubikorwa. Aho uri ukunda igihugu, jya uzirikana ko uri ijisho n’amaboko  bya leta y’u Rwanda kandi wirindira kubwirizwa kuko ufite uburenganzira busesuye igiye ugamije ibyiza no gushyigikira gahunda za leta.

2018-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2018
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ubwanditsi 05 Dec 2019
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020
“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Ubwanditsi 20 Feb 2025

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 30, 201812:13 pm -

    MURI KWICINYA ICYARA KO UWO YAVUZEKO NTA MUNTU ARIHO ARWANYA INGOMA TA KAGAME?

    NONESE IYO MVUGO YE NIYO IZABUZA IMPALA GUCURANGA? UBWO NI UBWANA KOKO!!!

    Subiza
  2. Ikibasumba
    July 31, 20188:52 pm -

    Wowe Rutayisire watwibwiriye ko “wapfuye ukazuka” mugihe utarasubira ku Ikondera ngo utubwire ko ibyo wavugaga wabeshyaga abanyarwanda n’ubundi tuzakomeza tugufate uko uri keretse abarezi nibo batakyzi naho twe twakinnye umukino w’Ikiryabareze tukawikuramo tutaraba Abareze nkawe duhita twumva uburyo bwawe bwo guhimba inkuru kugirango ucinye inkoro neza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye
ITOHOZA

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye

Ubwanditsi 13 May 2018
Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi
ITOHOZA

Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Ubwanditsi 10 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru