• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya
Col. Karegeya [ RIP ] na David Batenga mu byara we

Imizinga ishobora kuvamo imyibano ku uwishe Col. Patrick  Karegeya

Ubwanditsi 16 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hakomeje kwibazwa uwagize uruhare mu rupfu rwa Karegeya Patrick wari ufite ipeti rya Koloneli mu gisirikare cy’u Rwanda, akaza gufungwa aregwa ibyaha byo kwigomeka mu kazi no gusuzugura abamukuriye ndetse nyuma y’ibihano yari yahawe akaza guhunga  igihugu, akajya  muri Afrika y’epfo, aho yaje kwicirwa  n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo ku wa 31 Ukuboza, rishyira iryo ku wa 1 Mutarama 2014, muri hotel ya Mischelangelo, nyuma yo gushinga  umutwe w’iterabwoba [ RNC ] yari afatanije na Kayumba Nyamwasa, Rudasingwa na mukuru we Gahima.

Amakuru avuga ko muri uku kwezi kwa Mbere, Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwashyize ku mugaragaro ibyavuye mu iperereza ku rupfu rwa Patrick Karegeya.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’umuryango we, David Batenga  mu kiganiro yagiranye na radiyo yo mu Bufaransa, Yagize ati “Njyewe ndabizi, ni umuntu tuzi wabaga no mu rugo iwacu hirya no hino, ni we wabikoze nta wundi, kuko niwe wabaga muri icyo cyumba, ni we wakibagamo, n’undi niho yahotorewe, ni ugukeka, mba ntekereza, ni izi nkiko kubanza kujya guca hirya no hino nta n’icyo binatanze kuko umuntu wamwishe arazwi, turabizi na njye ndamuzi ku giti cyanjye, yaramugambaniye rwose”.

Mu myaka ibiri ishize nyuma yo gutandukana na Kayumba Nyamwasa, Rudasingwa Theogene yatangaje ko ngo yiteguye gushyira ahagaragara iby’urupfu rwa Col. Patrick Karegeya, n’uburyo yagambaniwe na bamwe mubayobozi bakuru ba RNC, kugeza yishwe.

Rudasingwa , Col. Karegeya [ RIP ] na Kayumba Nyamwasa
Dore ibyo Rudasingwa theogeye yandikiye Kayumba Nyamwasa [ Twabashije kuvumbura ] aho avuga ko adashira amakenga uwo bita mu mvugo zabo KP, ariko twaje gusanga ari ( Patrick Karegeya) . Uyu KP agaragara nk’intasi yabo nkuru, ariko bakeka ko ifite abandi bayikoresha! Imizinga rero ishobora kuvamo imyibano.

Rudasingwa “Afande, murakomeye muraho ?

Mpereye kubyo twaganiriye, namenye izindi nkuru zidashimishije. Navuganye na KB ku wa gatanu w’icyumweru gishize, ndangije mvugana na Doctor uwo mugoroba.

Bwana White, kuri contact z’ubutaha, twavuganye kuwa gatandatu. Navuganye kandi na Diplomat. Naho kuwa mbere navuganye na Mzee. Afande Details ntizishimishije na gato.

White yambwiye ko KB yahamagaye ashaka Passeport mu kwezi kwa 3. Nyuma y’amezi abiri yamugezeho inyuze muri DHL. White ariko aravugako nta details azi z’urugendo rwe rwa Saint –Petersbourg. Nashoboye kuvugana na Schilinger ( Fixer), nawe ampa izindi details. Ngo bishoboka ko bamenye aho KP aherereye mu Burusiya. Kuri twe, ngo KP atekereza ko batashoboye kumukurikira kuko atanyuze kubutaka bwabo. Ikindi yavuzeko yabonye amakuru ku mwanzi, abantu bakomeye hano.

Ariko Muzee we, burya akunda ibisobanuro biri ku murongo. ( Rujugiro Tribert ) Ngo KP yaramuhamagaye amusaba kumwoherereza amadolari 80,000, Muzee amwoherereza 43,000, abwira Muzee, ko hari deal nini azamugezaho. Urazi Muzee ntakunda kubaza byinshi. Ariko ngo hari inshuti ye yamubwiye ko itazi icyo KP ari gukora muri Russia. Akandi gakuru namenye nkabwiwe na Monica, ngo nuko Mama Portia ngo yamubwiye ko agiye gushaka umugati w’abana ahandi.

Monica amubajije icyo ashatse kuvuka ku “ahandi” , ngo yamubwiye ko wa muntu atamubwira byose. Ngo nicyo amubwiye, akimubwira yarangije mission.

Ikigaragara Afande n’uko hari ibyo KP akora kandi umwanzi akurikira Mouvements ze zose.

Umwanzi yamushyizeho uburyo bwose bwo kuneka ibyo akora. Ngirango uribuka case ya Frank. Kandi si ubwa mbere KP ajya muri mission atatubwiye. Nagerageje kumubwira kenshi ko atariko bigomba kugenda, akikiriza ariko ntibimubuze kongera kubikora.

Ikindi nabwiwe na Stanley, n’uko KP yohereje Major Dar es Salam, Maputo na Kiev guhura n’abantu. Kandi uribuka ko twavuze ko aho hantu nidukenerayo abantu, tuzajya dutuma Joseph.

Jyewe uko mbibona, KP ashobora kuba atanga raporo habiri. Ngirango Afande uribuka igihe tuvugana kuri Skype conference, uko yabwiye Frank. Nta kintu na kimwe yubahaga cyavugagwa na Frank. We avuga ko Frank ari intumwa yawe yihariye n’umuryango wawe bwite, ariko atari intumwa y’ihuriro ryacu.

Uribuka kandi igihe nari Bruxelles, Doctor yari yarakaye. Yavuze ko ibintu bikomeje gutya, yafata inzira ye.

Afande, kuko wambwiye ngo nzakore ka Anketi gato kuri ibyo bintu, hanyuma nkore rapporo kuburyo burambuye, ndasanga KP, tutakimufite mu biganza. Ndetse murangaye, yatujyana mu bintu bibi.

Urabona uko Doctor yavugaga i JBG mu nama. Ubona asa n’utishimye kandi ari KP, ubitera.

Les commentaires du procureur utilisé en parlant de l’affaire et le rôle du KP, devraient être un autre appel au réveil.

Commentaires za Procureur yakoresheje avugakuri ya affaire n’uruhare rwa KP, zagombaga kudukebura. Procureur we ntiyashakaga ko uriya akwiyegereza, kuko nta securite we afite.

Jye icyo mbona n’ukumureka agakore ibye ariko tugashyiraho izindi structurew, n’aho ubundi dushobora gutungurwa.

Afande, FYI: ndi mu ruzinduko Dayton , ku wambere w’icyumweru gitaha, nzahura na ya groupe nakubwiye.

Bariya baturage bakeneye mobilisation ikomeye mbere y’uko Umwanzi abigarurira. Urabona ko Hano arahahora. Nzakumenyeshe nkoresheje bwa buryo busanzwe.

Nsuhuriza Rose na fille. Nzareba uko tuvugana ningaruka mu rugo, ngirango bashobora no kuvugana na Kadada, we yashobora kumvugisha.

Imana ikureinde”

Iki kiganiro cyaje gikurikirana bidatinze n’urupfu rw’uwigeze kuba umukuru w’urwego rw’ubutasi bwo hanze y’igihugu Patrick Karegeya, ku buryo byari byatumye amaso ya benshi bayahanga Perezida w’u Rwanda, benshi bagaragaza ko Leta y’u Rwanda yaba iri inyuma y’uru rupfu. [ Atari ukuri ].

Mu kiganiro Parezida Kagame yagiranye na Jeune Afrique, Tariki ya 10 Mutarama 2014, umunyamakuru yagarutse kuri iki kibazo.

Jeune Afrique: Ngarutse ku kibazo cyanjye cy’ibanze: Ni nde wishe Patrick Karegeya?

Paul Kagame: Ku babaza icyo kibazo, bazi neza ko bene uriya muntu yihaye kwigira umuvugizi w’ubugizi bwa nabi n’iterabwoba, nsubiza ntya: Iterabwoba rigira ikiguzi, ubugambanyi bugira ikiguzi. Umuntu yicwa nk’uko nawe yishe. Buri wese agira urupfu rumukwiriye.

Ni ubwo bimeze gutyo Umunyamategeko w’umuryango wa Col. Patrick Karegeya, Gihana Kennedy yasabiwe gutabwa muri yombi n’ubushinjacyaha bw’URwanda ashinjwa kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba.

Kennedy Gihana uburanira umuryango wa Col Karegeya

Amakuru yizewe avuga ko imyiteguro yo kohereza inyandiko zisaba Guverinoma ya Afurika y’Epfo guta muri yombi no kohereza mu Rwanda uyu mugabo bivugwa ko ashinzwe igenabikorwa muri RNC, ishyaka ritavuga rumwe na Leta y’U Rwanda.

Bivugwa kandi ko izindi nyandiko nk’izi zizoherezwa no mu bindi bihugu..

Izi nyandiko kandi zisaba ko abarimo Kayumba Nyamwasa, Umuhuzabikorwa wa Mbere wa RNC; muramu we Frank Ntwali bose baba muri Afurika y’Epfo na bo batabwa muri yombi.

Izi nyandiko kandi zirasaba ko  abayobozi ba Afurika y’Epfo kubata muri yombi bakohereza mu Rwanda kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera  ku bwo gukekwaho ibikorwa by’iterabwoba.

2019-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ubwanditsi 04 Aug 2022
U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Ubwanditsi 28 Aug 2018
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Mar 2024
Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022

3 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    January 16, 201911:52 am -

    MURAKOZE KUTUGEZAHO
    AYAMAKURU. TUTARI TUZI
    GUSA ICYO NIBAZA
    IYO AFRIKA YEPFO ITABYUTSA
    URUBANZA RWA COL KAREGEYA
    NTAGO IYINKURU TWARI KUZAYIMENYA?
    NDIBAZA YUKO HASHIZE
    IMYAKA 5 cg 6 KAREGEYA APFUYE
    IKINDI. NIBAZA! IGIHE. KAGAME
    YAVUGAGA BARI MUMASENGESHO
    NGO KUKI MUTABIKORA YONGERAHO
    NGO JYE NTA DIPLOMASI NDABIVUZE
    BURIYA YASHAKAGA KUVUGIKI??
    ABANYAPOLITIKE. BAGIRANGO
    NTAWUNDI MUNTU. UTEKEREZA!!!
    KAYUMBA. KAGAME. FDLR. NABANDI BA RUKOKOMA BA PADIRI
    NABANDI NTIBUTSE

    MWAHAYE RUBANDA RUGUFI
    AMAHORO. KOKO????

    Subiza
  2. kalimunda
    January 17, 20199:06 am -

    Uwitwa Apollo nawe mumubaze atubwire uko yavuye muli South Africa Karegeya akimara gupfa.
    Muliya masengesho twita ngo ni breakfast prayers, ibyivugo byavugiwemo nabatuyobora kuli icyo gitego cyo kwica Karegeya, ninde utabyibuka. Tuzigamba kwica abantu izuba liva ni bucya twandike ibitabapfu. Ikiza ni uko ali inzira ya twese kandi ntawuzi uko azava hano kuli ino si. Ababikoze barazwi.

    Subiza
  3. Gruec
    January 18, 20198:04 am -

    Simburanira abishwe kandi nubu bagikomeza kwicwa ahubwo ndabasabire ngo “IYABAHANZE IBAHORE HAFI IBOROHEREZE BARUKIRE MU MAHORO” FPR yabyaye RNC ntanumwe urimo utarahawe amahirwe ye akananirwa kumvikana na President Paul Kagame.

    Je pèse mes mots: URUPFU RWA KAREGEYA NTIRWARI GUSHOBOKA IYO NYAMWASA KAYUMBA ATABIGIRAMO URUHARE.

    PLEASE PLEASE STOP KILLING YOUR CITIZENS.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 24 Mar 2025
Impinduka  zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero  ‘ZION TEMPLE’
Mu Mahanga

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’Itorero ‘ZION TEMPLE’

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 03 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru